Duhe ibitekerezo

Urashaka gutanga ibitekerezo?twandikire kuri iranzinone@yahoo.fr/iranzinejo@gmail.com



Murakoze

samedi 8 octobre 2011

Iibshya kuri blog yacu ni uko twateye imbere nyuma yo kubona ko mukomeje gukunda inkuru ziba zanyujijwe kuri iyi blog twabafunguriye website yitwa www.akarere.com muri link yayo y'ubuzima akaba ariho tonton wanyu Jean Népo yimuriye inkuru ze.iri ni iterambere ryacu kandi ryanyu.mukomeze kuryoherwa n'inkuru zanyu kuri iyo website. Murakoze.

dimanche 11 septembre 2011

Dusobanukirwe n’amatembabuzi y’igitsina gore

Amatembabuzi ni amazi asohoka mu gitsina cy’umukobwa cyangwa umugore aba asa n’umweru cyangwa adafite ibara abonerana. Akorwa n’umura, inkondo y’umura cyangwa igitsina. Ese kugira amatembabuzi ni ibisanzwe cyangwa n’uburwayi? Umugore wese agira amatembabuzi ariko si ko amatembabuzi yose asanzwe; ni ukuvuga ko hari amatembabuzi azanwa n’uburwayi. Ingano y’ayo iratandukanye bitewe n’umuntu. Bamwe bayabona buri munsi abandi rimwe narimwe, bamwe menshi abandi make. Uko ayo matembabuzi aza bigenda bihinduka mu buzima bw’umuntu. Ese ngomba gusukura mu gitsina imbere nkakuramo amatembabuzi yose kugirango ngire isuku? Oya.singobwa ko usukura mu gitsina imbere ukoresha amasabuni kuko bishobora kwica uturemangigo tuba mu gitsina turinda umubiri .Bishobora no kugutera uburwayi (infection vaginal). Amatembabuzi y’umugore ntagomba gufatwa nkaho ari umwanda cyangwa uburwayi. Ndamutse mbonye amatembabuzi y’igitsina yanjye ahindutse bivuze ko mfite uburwayi? Birashoboka . iyo ayo matembabuzi ahinduye ibara kandi akaza afashe cyane cyangwa akagira impumuro yindi cyangwa se ukagira uburyaryate mu gitsina, bishobora kuba ari uburwayi cyangwa ataribwo, hari n’igihe byaterwa n’uko ari mbere cyangwa nyuma y’imihango y’umukobwa. Ni ryari amatembabuzi aza ari ikimenyetso cy’uburwayi? Amatembabuzi aba ikimenyetso cy’uburwayi igihe: * Hari uburyayate ,ukishima * Igitsina kikabyimba * Impumuro mbi * Guhindura ibara (icyatsi,umuhondo,…) * Haza ibimeze nk’ikivuguto cyangwa nk’ifuro ry’isabune Dore zimwe mu ndwara zituma amatembabuzi ahinduka Hari indwara nyinshi zibitera ,inyinshi murizo zandura iyo umuntu akoranye imibonano mpuzabitsina n’umuntu uyirwaye . reka turebe zimwe murizo: Infections a levures : Amatembabuzi aba ari umweru ufashe nk’ikivuguto Trichomonasi: amatembabuzi aba ari icyatsi , umuhondo ikijuju, bimeze nk’urufuro Bacterial vaginosis: Amatembabuzi aba ari umweru afite impumuro y’ifi. Imitezi: Amatembabuzi aba afite ibara ryijimye cyangwa umuhondo ,ariko kenshi nta bimenyetso umuntu aba afite. Iyo itavuwe uburwayi bushobora gukura bukagera no mu mura bigatera ububabare bwinshi. Chlamydia (Kla-mid-ee-ah): Kenshi nta bimenyetso bigaragara cyane, hari igihe umuntu agira ububabare mu nda .Iyo itavuwe ishobora gukura ikagera mu nda ibyara. Ni ryari wareba Muganga? Mu gihe ubonye amatembabuzi yawe yahinduye ibara, aremereye kurushaho, cyangwa afite impumuro mbi ndetse mu gihe ufite uburyaryate cyangwa kubyimba ku gitsina, mu gihe kandi ubabara mu nda, wakwihutira kujya kwa muganga. Dr Irakoze Ange

dimanche 24 juillet 2011

Ese inshuti zishobora kugwa mu “mutego” wo gukundana?

Iki kibazo ushobora kukibazaho cyane ukurikije ibyakubayeho, ibyo ugenda ubona mu buzima bwawe bwa buri munsi. Ariko uteze amatwi indirimbo D’Amour ou d’Amitie y’umuririmbyikazi w’umunyakanada Celine Dion ushobora kurushaho kubyibaza.

Reka nkureke uyisome, mbashije kuyibona mu ndimi ebyiri :Icyongereza n’Igifaransa ariko turagerageza kugenda tuyigarukaho no mu Kinyarwanda kugira ngo twese turusheho kuyisobanukirwa.

“Il pense a moi, je le vois je le sens je le sais

Et son sourire me ment pas quand il vient me chercher

Il aime bien me parler des choses qu’il a vues

Du chemin qu’il a fait et de tous ses projets

He thinks of me, I see it I feel it I know it

And his smile doesn’t lie when he comes to pick me up

He likes to talk to me about the things he saw

About the progress he made and of all his projects

Je crois pourtant qu’il est seul et qu’il voit d’autres filles

Je ne sais pas ce qu’elles veulent ni les phrases qu’il dit

Je ne sais pas ou je suis quelque part dans sa vie

Si je compte aujourd’hui plus qu’une autre pour lui

I believe however that he’s alone and that he hangs out with other girls

I don’t know what they want nor the sentences he says

I don’t know where I am somewhere in his life

If I count more than the others for him today

Il est si pres de moi pourtant je ne sais pas comment l’aimer

Lui seul peut decider qu’on se parle d’amour ou d’amitie

Moi je l’aime et je peux lui offrir ma vie

Meme s’il ne veut pas de ma vie

He is so close to me yet I don’t know how to love him

Only him can decide if we talk about love or about friendship

I love him and I want to offer him my life

Even if he doesn’t want my life

Je rêve de ses bras oui mais je ne sais pas comment l’aimer

Il a l’air d’hesiter entre une histoire d’amour ou d’amitie

Et je suis comme une ile en plein ocean

On dirait que mon coeur est trop grand

I dream of his arms but I don’t know how to love him

He seems to hesitate between a love story or a friendship story

And I’m like an island in the middle of the ocean

It seems my heart is too big


Rien a lui dire il sait bien que j’ai tout a donner

Rien qu’a sourire a l’attendre a vouloir le gagner

Mais qu’elles sont tristes les nuits le temps me parait long

Et je n’ai pas appris a me passer de lui

Nothing to tell him he knows well that I have all to give

Only to smile waiting for him wanting to have him

But they’re sad those nights and the time seems long

And I hadn’t learn to live without him

Il est si pres de moi pourtant je ne sais pas comment l’aimer

Lui seul peut decider qu’on se parle d’amour ou d’amitie

Moi je l’aime et je peux lui offrir ma vie

Meme s’il ne veut pas de ma vie

He is so close to me yet I don’t know how to love him

Only him can decide if we talk about love or about friendship

I love him and I want to offer him my life

Even if he doesn’t want my life

Je rêve de ses bras oui mais je ne sais pas comment l’aimer

Il a l’air d’hesiter entre une histoire d’amour ou d’amitie

Et je suis comme une ile en plein ocean

On dirait que mon coeur est trop grand

I dream of his arms but I don’t know how to love him

He seems to hesitate between a love story or a friendship story

And I’m like an island in the middle of the ocean

It seems my heart is too big”

Mwisomeye ku babasha kumva izo ndimi ebyiri, harabanza amagambo y’igifaransa hagakurikiraho ubusobanuro bwayo mu cyongereza. Naho kubatabashije kubyumva neza ni inkuru y’umukobwa wari ufite inshuti ye magara ariko kandi akumva hejuru y’urwo ‘rukundo’ rwa kivandimwe (ubwo bucuti) bafitanye byarushaho kuba byiza hiyongereyeho n’urundi rudasanzwe, uru rutuma wifuza ko mwabana akaramata, mwabishobora mukabyarana, mugasazana,...

Ati: “Ari hafi yanjye ariko sinzi uko nakora ngo mwereke urukundo, we wenyine ni we ushobora gufata icyemezo ko tuganira urukundo cyangwa ubucuti. Njye ndamukunda kandi nshaka kumuharira ubuzima bwanjye n’ubwo we mbona atabishaka”

Ese inshuti nyanshuti (best friends/ meilleurs amis) bashobora gukundana uru rukundo?

Ibi ntabwo tubivugaho byinshi cyane cyane ko byaba byiza cyane abakunzi ndeste n’abasomyi www.twimenye.blogspot.com, bafashe umwanya bagasubiza iki kibazo bagasa n’abagitanzeho ubuhamya ku bibabaho mu buzima bwabo bwa buri munsi, kubyo babona kuri bagenzi babo,...

Naho ubundi hano hari abakunzi b’Igitondo bagiye bagira icyo babivugaho ubwo namwe muze kutubwira:

Guy: “Njyewe rwose ndahamya cyane ko ibi bishoboka kuko nari mfite umukobwa w’inshuti yanjye twamenyanye kuva muri primaire, ubu narangije Kaminuza umwaka ushize, gusa byageze aho birananira ndabimubwira, mbabazwa n’uko atabyakiriye neza kuko yagiye anyicaho gahoro gahoro nshiduka byararangiye Bibaho ariko akenshi abakobwa ntibabikunda!”

Marthe: “Nanjye nziko iki kintu kibaho, ariko kenshi usanga buri wese agira ubwoba bwo kubwira undi icyo amutekerezaho bikarangira bamugutwaye. Ko bibabaza ra??!!!”

Ngabo: “Njyewe ntekereza ko binabaye mwaba mutatiriye igihango kuko urukundo rw’aba meilleurs amis ntabwo rugera aho,... ubwo icyo gihe muba mwarengereye”

Murabyumva rero uko abantu batandukanye babibona, ese wowe ubibona ute?
iyi nkuru tuyikesha igitondo.com

vendredi 22 juillet 2011

Ibibazo 30 bya ngombwa ukwiye kwibaza ku mukunzi wawe (Igice cya I)

Hari ibintu byinshi ushobora gukorera umukunzi wawe akaba yabona ko koko umukunda urwuzuye cyangwa se umukunda urumamo nka bya bindi bya Ndebe na Mutimura (Ku basomye igitabo cyo mu wa kane primaire, murabyibuka).

Muri iyi nkuru tugiye kubagezaho uruhererekane rw’ibibazo 30, nuramuka usanze byose wabisubiza umukunzi wawe cyangwa undi muntu wese ubikubajije urukundo rwanyu ruraba rugeze heza, ariko nanone mu gihe hari ibyo utasubiza haraba kakirimo akabazo.

Kuba nkubwira ibi sinyobewe ko wowe n’umukunzi wawe mwaba mumaranye iminsi itari mike, ariko n’ubwo yaba ari mike cyane. Ubundi iminsi irindwi nyuma y’uko umwe yemereye undi urukundo (mbese musezeranye gukundana), uba ukwiye kumenya mugenzi wawe uwo ariwe !

Niba witeguye, ngaho kenyera tujyane muri iyi interview, ndagirango nkwibutse ko ibyo nkubaza bireba umukunzi wawe ! Kandi uko usubiza biragaragaza urukundo mufitanye.

Twagiye !!

1. Ni uruhe rugingo ukunda ku mukunzi wawe ?

2. Ni irihe jambo umukunzi wawe akunda kukubwira ?

3. Ubwo muheruka gusohokana umukuzi wawe yagusezeranyije iki ?

4. Umukunzi wawe akunda kurya iki ? Naho iyo anyweye neza anywa iki ?

5. Ni ikihe kintu uzi kibabaza umukunzi wawe ?

6. Naho se ni ikihe kimunezeza kurushaho ?

7. Iyo urebanye n’umukunzi wawe mu maso bigenda gute ? Wumva umerewe ute ?

8. Imana ikubwiye iti ’sabira umukunzi wawe ibintu 3 by’ingenzi’ wamusabira iki ?

9. Ni ikihe kintu cy’agaciro ukunda kiri mu cyumba cy’umukunzi wawe ?

10. Umukunzi wawe yambara kangahe mu nda ? Mu kirenge ? Naho se yambara impeta ingana ite ?

Ese ibi bibazo byose uko ari icumi urabisubije ? Cyangwa birakunaniye ? Usubije bingahe ? Unaniwe bingahe ?

Byumvikane neza, mu kukugezaho iyi nkuru sinari ngamije kukwemeza ko ukundana n’umukunzi wawe cyangwa mudakundana by’ukuri, ariko nanone byaba bibabaje nkubajije ngo ukunda nde ukambwira ngo “Nkunda Linda” cyangwa "nkunda Landry", ariko nakubaza ngo Linda/Landry akunda kurya iki ? Kwambara iki ? Gusohokera hehe ? n’ibindi bikakunanira neza neza.

Reka nibwire ko nyuma yo gusoma iyi nkuru ugiye kwihinga cyane ndetse ugakora iyo bwabaga kugirango umenye byimbitse umukunzi wawe.

Murakoze cyane ; uretse urubuga dusanzwe dukoresha ruri hano hepfo, dushobora no kungurana ibitekerezo dukoresheje email ya iranzinone@yahoo.fr

lundi 18 juillet 2011

Telefone zigendanwa zishobora gutera kanseri ?

Itsinda ry’incabwenge n’abashakashatsi bamaze gutangaza ko telefoni zigendanwa zishobora guteza kanseri ku kigero kimwe n’umuti wica udukoko wa DDT uba waciwe ku masoko.

Izi mpuguke kandi telefone zigendanwa zifite ingaruka ku muntu nk’iz’ibyotsi bisohorwa n’imashini (CO2) ndetse n’ikawa.

Impuguke zo mu kigo mpuzamahanga gishinzwe gukora ubushakashatsi kuri kanseri (International Agency for Research on Cancer) zatangaje ubu bushakashatsi kuri uyu wa kabiri i Lyon mu Bufaransa. Iki kigo ni agashami k’umuryango ushinzwe ubuzima ku isi (OMS), ubu kikaba kigiye kohereza ubu bushakashatsi muri uyu muryango kugira ngo hafatwe ingamba.

Ubu bushakashatsi bwatangajwe nyuma ‘yo gusuzumana ubushishozi’ ubushakashatsi butandukanye bwakozwe n’abahanga mu myaka yashize.

Ikinyamakuru The Washington Post cyandika ko kuba bivugwa ko telefone ngendanwa zishobora gutera kanseri bitavuze ko bihita biyitera. Abahanga ngo bemeza ko ibi bidakwiye guhangayikisha abatuye isi ngo bitume bahita bahagarika gukoresha telefone.

Nyuma y’inama yamaze icyumweru, impuguke zo mu kigo mpuzamahanga gikora ubushakashatsi kuri kanseri zatangaje ko zifite ibimenyetso bike by’uko ikoreshwa rya telefoni zigendanwa zishobora guteza ubwoko bubiri bwa kanseri zo mu bwonko (zitatangajwe) ariko ngo nta bimenyetso simusiga by’uko hari izindi kanseri zaba ziterwa na telefone.



« Twabonye ibimenyetso bimwe bitwereka uko kanseri ishobora kuvuka ariko nanone ntabwo turabasha kubona ibimenyetso simusiga byose kandi haracyariho gushidikanya », niko Jonathan Samer wari uyoboye iyi nama yabwiye The Washington Post.

Ed Yong wo mu kigo cy’ubushakashatsi kuri Kanseri mu Bwongereza we yagize ati : « Umuryango mpuzamahanga wita ku buzima nturagaragaza ibimenyetso bifatika by’uko gukoresha telefoni zigendanwa byateza kanseri. Ariko n’iyo byaba bishoboka, byaba ari ibintu biba gake ».

Umwaka ushize, ubushakashatsi bwakozwe ntibwabashije kwerekana neza ihuriro ryo gukoresha telefone no kurwara kanseri. Gusa bamwe mu bahanga bavuga ko ubu bushakashatsi bugomba gutera amakenga kuko bwerekanye ko ibi ari ibintu bishoboka.

Mu bundi bushakashatsi busaga 30 bwakozwe mu myaka yashize mu Burayi, Amerika na Nouvelle Zelande ntabwo abashakashatsi babashije kwerekana neza uko telefoni ishobora guteza kanseri.

Gusa, kubera ko ikoreshwa rya telefoni zigendanwa rigenda ryiyongera ku isi, biragoye ko abashakashatsi babasha kwerekana ko bamwe mu barwayi ba Kanseri baba barabitewe no gukoresha telefone.

Kubera ko hari kanseri zimwe na zimwe zifata igihe kirekire kugira ngo zigaragare, abahanga bemeza ko bigoranye kwemeza ko nta ngaruka telefone zigira kubazikoresha.

Abashakashatsi bavuga ko byaba byiza abakoresha amatelefoni bagiye bifashisha ‘ecouteurs’ (headphones) zo mu matwi kugira ngo bikingire.
Inkuru dukesha igitondo.com

Wagira uti"ntibibaho"

Ubukwe budasanzwe I Ngoma: Icupa ryisatuyemo kabiri rijya gutema umusore wasabaga umugeni
Tuesday 5 July 2011


Kuri uyu wa gatandatu ku isaha ya saa saba n’igice z’amanywa i Burasirazuba mu karere ka Ngoma umurenge wa Kibungo akagari ka Karenge mu mudugudu wa Musamvu habaye ubukwe budasanzwe bwateye uwari uhibereye wese kwibaza byinshi.

Wakwibaza uti ese ubwo bukwe bwagenze bute?

Umusore yavuye I Rwamagana ajya gusaba no gukwa umugeni we mu murennge wa Kibungo, umudugudu ni Musamvu ahageze imisango y’ubukwe iratangira ,barasaba, umugeni baramwemererwa. Igihe cyo kumuhabwa kigeze nyamuhungu yagiye kwicara mu byicaro by’abakwe. Acyicara, intebe iba iramuzamuye mu birere imwesa hasi, imurenza umukingo wari hafi aho. Abari bahari babifashe nk’ibisanzwe, baraseka mbese nk’aho intebe yari iteretse nabi igahirima. Bamwe bahise bihutira kumubyutsa, bamugarura mu byicaro ategereje umugeni we.

Hashize akanya, bamuzaniye icyo kunywa cyo mu bwoko bwa fiesta (fanta). Twagiye kubona tubona icupa rihereye ku munwa waryo ryisatura rigera ku ndiba yaryo! Igisate kimwe cyaragiye gikata umukwe ku bibero hafi y’igitsina. Bahise bihutana uwo musore kwa muganga abaganga baramudoda. Icyateye agahinda ariko ni uko abo mu muryango w’umukobwa bakomeje bakinywera, bakarya ntakibazo mu gihe abo mu muryango w’umuhungu bo bariraga bamwe, abandi bahiye ubwoba ndetse bamwe bahita bitahira ubukwe butarangiye.

Gusa nyamusore we yanze kuvirira kuko yaje kugaruka mu masaha y’igicamunsi gusoza ibirori kugira ngo ahabwe umugeni we

Tubikesha Justin Mbonimpaye, umusomyi n’umukunzi w’Igitondo.com

Intara y’u Burasirazuba

Usohokanye bwa mbere n’umukobwa mukundana wakwitwara ute?

Hari gihe ushobora kuba uri umusore mwiza ariko ikintu cyo gutereta cyarakwihishe ndetse utajya unamenya uburyo wakwitwara mu gihe wasohokanye inkumi. Ugasanga niba umusohakanye rimwe ntazemere ko musubirayo kubera uburyo wabyitwayemo. Muri iyi nkuru uraza kubona bumwe mu buryo bwa gufasha kwitwara neza igihe wasohokanye umukobwa maze ukamusigira inyota yo guhora ashaka kuganira nawe no gusohokana nawe.

1. Ugomba kureka umukobwa akihitiramo ahantu ashaka gusohokera

Ni byiza ko mu gihe ugiye gusohokana umukobwa bwa mbere umuha amahirwe cyangwa se umwanya wo kwihitiramo ahantu heza yumva haza kumunyura mu gihe muba muri kuganira. Nutamuha umwanya rero ngo nawe yihitiremo aho ashaka, ashobora kutanyurwa dore ko ngo abagore cyangwa abakobwa baba bazi guhitamo ahantu hari buze gutuma baryoherwa n’ikiganiro. Urumva ko utabikoze intambwe ya mbere yaba yamaze kugutsinda.

2. Mu gihe muganira mureke nawe agire icyo avuga

Hari abasore basohokana abakobwa bakiharira ijambo nkaho barimo gutanga isomo cyangwa ikiganiro. Ibi sibyo kandi si byiza, habe na mba. Niba wa sohokanye umukobwa urimo gutereta ugomba kugerageza nawe ukamuha umwanya mu kiganiro akumva ko muri kumwe. Mu gihe bitabaye ibyo uzatuma arambirwa vuba ndetse n’ibyo urimo kuvuga nta gaciro azabiha.

3 . Ugomba kumuhanga amaso

Abasore benshi ntibazi kureba mu maso h’abakobwa batereta cyangwa barimo gutereta. Usanga ahubwo barimo guhuzagurika bareba hirya no hino aho kureba uwo bari kumwe. Menya ko uri mu ntangiriro zo gutereta umukobwa ntaragukunda neza icyongeyeho ni nabwo bwa mbere umusohokanye, ubwo rero nutangira ku mwereka ikinyabupfura gike no guhuzagurika utamureba mu maso azatangira kubona ko nta kigenda cyawe.

Ugomba kumwereka ko umwanya wose ari uwe , umureba umwitegereza , umusekeramo gake , umuganiriza, ukirinda kwitaba amatelefone ya buri kanya no kuyikandagura nk’aho utazi icyakuzanye. Ikindi irinde guhaguruka buri kanya no guhuragura amagambo cyangwa se ngo uvuge ibintu biterekeranye.

4. Mubaze ikintu ari bufate

Niba mugeze ahantu mwasohokeye nko muri hoteli, akabari cyangwa se ahantu hari ubusitani bwiza reka umukobwa yisabire icyo ashaka aho gutangira kumusabira icyo afata. Ni byo koko ushobora kuba wumva ibyo umusabiye biryoshye cyangwa ari byo abantu benshi bakunda, ariko menya ko hari igihe wabikora gutyo ugasanga we ntabikunda na gato kandi kubera ko ari bwo bwa mbere mu sohokanye ashobora kugira isoni zo kuvugako ibyumusabiye atabikunda. Ugomba kumureka rero akihitiramo ikintu ashaka yaba icyo kunywa cyangwa kurya kuko burya niwe uba azi icyo akunda na cyane ko wowe uba utaramenya ibyo akunda n’ibyo yanga.

5. Gerageza umuhindurire mu biganiro

Nta mpamvu yo kwibanda ku kintu kimwe mu gihe urimo kuganiriza umuntu. Shaka ingingo zitandukanye umuganirizaho. Ikindi kandi nta ni mpamvu yo gutinda ku kintu keretse iyo ubona icyo kiganiro cyamuryohoye. Aha ubibwirwa n’uko urimo kumureba mu maso, ukamenya uburyo arimo kwakira ibyo umubwira. Si byiza rero kumureka ngo abanze arambirwe ibyo urimo kuvuga.

Niba mwamaze kwibwirana nta mpamvu yo gukomeza kwivugaho uvuga ibigwi byawe. Ushobora kuba uri umugabo w’ibikorwa ariko si ngombwa ko ubimubwirira rimwe ku munsi wa mbere ashobora gutaha atekerezako washatse kumwiyemeraho no kumwereka ko ukomeye; mbese ko washatse “kumwemeza” kandi ibi si byiza na gato.
tubikesha igitondo.com

vendredi 24 juin 2011

Ibibazo 10 ugomba kwibaza mbere yo gutandukana n’umukunzi wawe (umugabo/ fiancé)

Gutandukana n’umukunzi wawe, umugabo/fiancé (e), si ibintu byoroshye na mba.Hari abatandukana babihubukiye, nyuma bakifuza kuba bakongera kubana cyangwa gukundana n’abo bashwanye, ugasanga ntibibashobokeye cyangwa bakabigeraho bibagoye cyane. Dore ibibazo 10 muba mugomba kwibaza mbere yo gufata umwanzuro wo gutandukana.

1- Ese nagerageje ibishoboka byose ngo twe gutandukana?

Mwagiranye ibihe byiza kenshi kandi igihe kirekire, none ubu, ntakinyikoza. Ahora ambwira ko akazi kabaye kenshi, hakaba nubwo muhamagara ntanyitabe. Ntabwo tukigirana ibihe byiza nka mbere. Mfashe umwanzuro, ngiye gutandukana na we nta nteguza. Oya ! banza ugerageze uko ushoboye, umenye impamvu aguha niba ari ukuri, ndetse unegere inkoramutima zawe zikugire inama. Mbere yo gufata icyemezo cyo gutandunana na we, banza ugerageze ibishoboka byose nibinanirana ube ari bwo ufata umwanzuro wo gutandukana.

2- Ese dufitanye imishinga yo mu gihe kizaza, dufite icyerekezo kimwe muri gahunda ziri imbere ?

Reba niba mufite imishinga imwe mu gihe kizaza. Tuzabyarana abana bangahe ? dufite kuzakora iki n’iki mu bihe biri imbere…Niba ubona mudafite icyerekezo kimwe, cyangwa hari ibintu byinshi mutumva kimwe kandi atava ku izima. Aho ushobora kurekana na we niba wumva udashobora kugendera ku murongo aguha cyangwa uwo wowe umuha, cyangwa se ngo mubashe kugirana ibiganiro kugira ngo mwumve ikiri ukuri muzakora cyangwa muzakurikiza mu buzima bwanyu buri imbere.

3- Ese nidutandukana nibwo nzagira ibihe n’ubuzima bwiza kuruta turi kumwe ?

Reba niba uko mubanye byibuze ari sawa ahubwo yenda akaba ari wowe udashobotse. Ushobora kurebera ku bandi bagenzi bawe nubwo mu rukundo buri wese akunda ukwe. Ariko gereranya urebe niba nimurekana ari bwo bizakugendekera neza kurushaho.

4- Ese simfashe icyemezo mpubutse cyangwa imburagihe ?

Reba neza niba icyemezo ufashe utagihubukiye. Reba niba waragerageje bihagije. Reba niba mu nama inkoramutima zawe zakugiriye waragerageje kuzikurikiza bikanga. Fata umwanya uhagije n’igihe gihagije cyo kubitekerezaho.

5- Ese mu by’ukuri kuba ngiye gutandukana na we ndi mu kuri cyangwa ni jye munyamafuti ?

Zirikana yuko niba ari wowe munyamafuti, n’undi muzahura uzongera ugongane na we. Ese kuba tugiye gutandukana aho nticyaba ari ikibazo gishingiye ku bijyanye no gutera akabariro gusa? Aho uzaba uyobye cyane. Gerageza gushaka ubundi buryo mwakemura ikibazo ubundi ibintu bigaruke mu buryo.

6- Ese niba ari we umpemukira njyewe nshobora kubyihanganira, kumubabarira no kumukosora tudatandukanye ?

Ashobora kuba akubeshya, aguca inyuma, muri make wumva akugambanira rwose. Niba wumva udashobora kubyihanganira, udashobora kumubabarira, kandi na we akaba atabivaho. Ushobora gufata umwanzuro rwose mugatandukana mu gihe ari wo muti usigaye wonyine.

7-Ese umuryango wange turabyumva kimwe ?

Mu kinyarwanda baravuga ngo umutwe umwe wifasha gusara ntiwifasha gutekereza. Banza urebe niba abo mu muryango wawe ba hafi babyumva kimwe nawe. Urugero, nka mama wawe, mwene nyoko wibonamo…ariko nanone ukabigiramo ubwenge kuko ushobora gusanga abo bakurusha cyangwa bamurusha amafuti.

8- Ese si jye nyirabayazana ?

Ni ngombwa rwose kwisuzuma ukongera ukisuzuma ukareba neza niba atari wowe uteza amahane. Mbese ko atari wowe nyiri amafuti no kutabana neza. Ubundi rero nuvumbura ko ari wowe nyirabayazana, wikosore, nusanga atari wowe…

9- Ese ubundi nzabasha kumureka neza neza ?

Abenshi bafata bene uyu mwanzuro, ariko ejo bagatangira kwirirwa barira cyangwa bagata umutwe bumva bashaka gusubirana na bo batandukanye. Mbese bakumva batabaho batabana na bo batandukanye. Ni ngombwa rero kureba niba ufite imbaraga zo gufata icyemezo ukanagishyira mu bikorwa.

10- Ese ubundi nubwo nshaka gutandukana na we ubundi ndacyamukunda cyangwa ntakimbamo ?

Niba wumva ukimukunda, ukifuza kumubona mu maso mubyutse, ukifuza kumupfumbata, nyamuneka itonde kurekana na we !! niba wumva ntacyo akikubwiye, wabona nawe utakimukunda, mbese utakimwibonamo, aho urumva iyo bijya.

Ngibyo ibibazo 10 uba ugomba kwibaza mbere yuko ufata umwanzuro wo gutandukana n’umukunzi wawe nkuko tubikesha Plurielles.fr.

Ibikorwa 20 by’urukundo mushobora gukora kugira ngo mushimishanye

Abantu benshi binjira mu rukundo bagakunda bakanakundwa ariko hakabaho igihe usanga urukundo rwabo rudakura cyangwa se ngo rubaryohere. Ugasanga rimwe na rimwe batumva ibyiza byo kuba mu rukundo, kutaryoherwa na rwo cyangwa se bikaba byanabaviramo no gutandukana (separation) bitewe n’uko bataba bitaye ku byo umwe ashobora gukorera undi kugira ngo bashimishanye ku mpande zombi bityo n’urukundo rwabo rurambe.

Ku bw’ibyo, waba umukobwa cyangwa muhungu, dore ibintu umuganga.com wagushakashakiye ushobora gukora kugira ngo ubagarire urukundo kandi unashimishe uwo ukunda( your boy friend/ girlfriend) bityo utavaho witesha amahirwe yo gukunda no gukundwa.

Urubuga rwa internet twifashishije tubitegura (www.anvari.org), rugaragaza ko hari ibikorwa by’urukundo (romantic things) bigera kuri 50 umuhungu cyangwa se umukobwa ashobora gukora kugira ngo ashimishe uwo akunda kandi binamufashe no kumva ibyiza byo kuba mu rukundo.

Muri ibyo 50 twabatoranirijemo 20 bishobora kubafasha kurunga/kuryoshya urukundo rwanyu.

Ibyo bikorwa ni ibi bikurikira:

1. Mu gihe uri kumwe n’uwo ukunda, jya ugerageza kumubwira mu ijwi ryoroheje ndetse akenshi nujya kumubwira akantu gasekeje cg se k’ibanga ujye ukoresha kumwongorera, ngo kuko ibi bituma yumva ibizongamubiri n’itandukaniro riri hagati yawe n’abandi.

2. Gerageza kumufata mu kiganza igihe muri kumwe mugendana, ngo kuko ibi bituma akwiyumvamo cyane, akanumva ko utamuri kure.

3. Niba kandi yagusuye, muhamagare umujyane mu gikoni mutegurane ifunguro. Urugero nk’umureti, agafiriti, gukaranga ubunyobwa n’ibindi. Ibi rero ngo biramushimisha kabone niyo mwateka ibitaryoshye.

4. Jya ukunda kumuha impano akenshi ndetse wibande kuzihendutse cyane rwose ngo kandi ujye ureba iyo atatekerezaga ko wamuha.

5. Kora ubushakashatsi umenye umwenda akunda muyo ufite hanyuma ube ari wo wambara igihe cyose muri kumwe.

6. Numuramutsa, jya umuhobera cyane kandi umwegereye kabone niyo mwaba muherukana vuba.

7. Fata igihe umubwire mutemberane mujye ahantu kure n’amaguru kandi hitaruye nko ku mucanga, mu ishyamba n’ahandi.

8. Jya ukunda kumubwira ko ari we wenyine wifuza kandi utamubeshya.

9. Fata akanya igihe muri kumwe umufate ku rutugu, umurebe mu maso na we akurebe, mumare nk’iminota ibiri mutavuga, ubone umubwire ko umukunda nibiba ngombwa unamusome utamuteguje.

10. Kora akantu kerekana ko mukundana igihe muri no mu bantu benshi.

11. Muririmbire kabone nubwo waba udafite ijwi ryiza ngo we biramshimisha

12. Mutumire aze musangire ifunguro haba mu rugo cyangwa se muri restora.

13.Mufate akaboko umurebe mumaso hanyuma umusome ku kiganza nurangiza uhite ugishyira mu gituza cyawe mu gice guherereyemo umutima (ibi biba byiza ngo iyo bikozwe n’umuhungu).

14. Jya umusaba uburenganzira bwo kumuhamagra kenshi.

15. Mu gihe wagize akazi kenshi, gerageza gushakisha byibura iminota mike ujye ahantu hatari urusaku hanyuma umuhamagare wibuke no kumubwira ijambo ngo “ndagukunda” (I love you).

16. Gerageza kumukorera ibintu bimwereka ko harimo ubwitange ariko wirinde kumubwira ko witanze. Wowe bikore, hanyuma we abibone utarinze kubimubwira.

17. Gerageza kumushushanyiriza ibyishimo byo kuba ari we muri kumwe mu rukundo.

18. Mufashe kwitoza kubwirana amagambo y’urukundo mu ndimi z’amahanga

19. Mujye mukorana gahunda zimwe na zimwe nko kujyana gusenga, kureba film, umupira n’ibindi bitandukanye ariko mwirinde kubana ahantu hamwe ( mu gipangu kimwe).

20. Jya wibuka amatariki afata nk’ingirakamaro mu buzima bwe nk’itariki ye y’amavuko, iy’umubatizo we, umunsi w’umutagatifu we n’izindi kandi umwereke ko wabyibutse.

Gukunda no gukundwa biba byiza ariko cyane cyane iyo hari icyo ubona bikumariye kuba mu rukundo. Mu gihe ufite uwo ukuunda rero ntugomba kugereka akaguru ku kandi ngo wumve ko cyakemutse ahubwo ngo ugomba guhora wita ku wo ukunda ushakisha icyo wamukorera, wibanda cyane cyane ku byamushimisha kugira ngo urukundo rwanyu ruhore rwaka. Mu gihe hari ibindi ushaka kumenya mu bijyanye n’ibyo wakora ngo ushimishe uwo ukunda ushobora gusura ururubuga http://www.anvari.org/ ubundi ukarushaho kuryohereza umukunzi.

lundi 13 juin 2011

Imibonano mpuzabitsina ni ngombwa ku mugore utwite ariko akabyitondamo

mpuza bitsina ni bimwe mu bintu bya mbere byubaka umubano mwiza hagati y’abakundanye; cyane rero ngo iyo umugore atwite birafasha ariko birushaho kuba byiza iyo hakurikijwe inama z’uko babikora ntibigire ingaruka mbi ku mwana no ku mugore.

Nk’uko tubikesha urubuga rwa internet: forum.doctissimo.fr, ngo hari ibintu 8 abantu baba bagomba kwitwararika igihe bategereje umwana.

1. Iyo murimo gukora imibonano mpuzabitsina, biba byiza iyo umugore agiye hejuru y'umugabo cyangwa akaryamira urubavu mu gihe inda itangiye kuba nkuru.

2. Ku nda itaraba nkuru ngo binogera umugore iyo umugabo we amwinjiramo bihagije.

3. Amazi cyangwa umuyaga (cyangwa ikindi kintu) ntibigomba kugaragara mu gihe cyose muri mu mibonano mpuzabitsina umugore atwite. Gukoresha intoki na byo ngo si byiza.

4. Kumva, gusetsa uwo muvugana ngo biba ibintu byiza mu kubaka urugo neza mu gihe umugore wawe atwite.

5. Umugore afite ubushobozi bwo kuba yavuga ngo "oya" mu gihe atiyumvamo gukora imibonano mpuzabitsina mu gihe atwite.

6. Niba umugore afite ikibazo cyo kutarangiza neza mu gihe mukora imibonano mpuzabitsina, biba byiza iyo ihagaritswe mukegera muganga akababwira icyo gukora.

7. Kwirinda gukora imibonano mpuzabitsina igihe cyose mugiriwe inama yo kutayikora na muganga umwitaho.

8. Imibonano mpuzabitsina igomba guhagarara igihe cyose umwe muri mwe yagaragaje ko afite uburwayi bwandurira mu myanya ndangagitsina nk'agakoko gatera SIDA n izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina ; kwifata byakwanga mugakoresha agakingirizo.

Kugira ububobere bucye mu gitsina ku bagore/abakobwa biterwa n'impamvu zitandukanye!

Kugira ububobere bucye mu gitsina ku bagore/abakobwa biterwa n'impamvu zitandukanye!Ubushakashatsi bwerekana ko umugore 1 kuri 6 (1/6) bagira ububabare mu gihe cyo gukora imibonano mpuzabitsina, ibi bikaba ahanini biterwa no kumagara mu gitsina aho usanga nta bubobere buhagije burimo. Haba ubwo rero usanga hari n’utundi tubazo tuvuka harimo nko kumva uburyaryate mu gitsina n’ibindi. Akenshi ngo ibi bikunda kuba ku bagore bakuze bacuze (bahejeje imbyaro), ariko n’abagore/abakobwa bakiri bato cyane rwose ibi bishobora kubabaho. Ibi kandi bigira ingaruka zikomeye nko kuba bakwandura izindi ndwara zifata mu gitsina cyangwa bakabihirwa mu gutera akabariro bikaba intandaro yo kutavuga rumwe na Bwana.

Ukumagara kw’igitsina ni ingaruka zo kutagira ububobere mu gitsina cy’umugore (Vagin). Ubusanzwe igitsina cy’umugore cyangwa umukobwa, kiba kifitemo ibisa n’amazi afashe cyangwa ururenda (imisemburo). Aya mazi cyangwa ururenda (Imisemburo) azanwa n’imvubura zibamo bigatuma habobera kubera imisemburo iba yavubuwe. Iyi misemburo hari n’iva mu mura, hamwe n’ahandi mu tunyangingo tw’igitsina cy’umugore, ituma mu mpande zose z’igitsina hahora hatose. Aya mazi kandi ni nayo atuma mu gitsina hahora hahindura ubushya n’itoto nkuko no ku mubiri w’umuntu hahora hahinduka. Muri make, iyo misemburo ni yo ituma mu gitsina hahora isuku n’isukurwa by’umwimerere.

Hari indi misemburo yitwa (Bartholin’s glands), iyi iba aho twavuga ko ari mu ndiba z’igitsina igatuma rero ingingo zacyo zifunga hamwe n’ukundi kunyeganyega cyangwa kunyeganyezwa bikorwa mu mutekano. Izi rero na zo zigira uruhare mu guha ubutote umwinjiro w’igitsina cy’umugore/umukobwa ndetse no ku bice bigaragara hanze h’igitsina.

Izi mvubura cyangwa imisemburo igenda ihinduka cyangwa ihindura akazi bitewe n’akazi kari gukorwa cyangwa kari gukorerwa mu gitsina hamwe n’imihindagurikire y’ibihe by’umugore. Mu yandi magambo, ibikorwa biri gukorwa n’igitsina cyangwa biri gukorerwa mu gitsina (Nko mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina), bishobora gutuma habaho ukumagara mu gitsina cyangwa se habaho gutota bihagije cyangwa kongera ya mazi cyangwa za mvubura.

Mu gihe rero umugore ageze mu gihe cyo guca imbyaro, ni bwo imwe muri iyo misemburo yose twavuze haruguru igabanuka cyangwa igashira burundu. Ariko kandi nanone, imiti imwe n’imwe ishobora gutera uku kumagara ko mu gitsina ku bagore/abakobwa, cyangwa ugasanga igize ingaruka ku bwonko ari na ho ibitekerezo byose n’imikorere ituma ya misemburo izamuka neza nta mususu ihagarara.

Dore impamvu zikomeye zishobora gutera ukumagara mu gitsina cy’umugore/umukobwa:

Impamvu zituruka kuri za horumones (hormones) : Kubura Hormones zimwe na zimwe: Kubura Ositorojene (oestrogènes) bishobra kuba impamvu itera ukumagara mu gitsina. Ibi bikunda kubaho mu gihe umugore ageze mu za bukuru atakibyara. Bishobora no kubaho mu gihe hari indi mpamvu. Nko mu gihe umugore afite umwana wonka cyangwa atwite inda ikiri ntoya na bwo izi Orumone zishobora kuba nke maze mu gitsina ntiharangwe utuzi.

Bishobora guterwa n’imiti : Amapilile amwe n’amwe abuza kubyara (pilules contraceptives), hamwe n’indi miti nk’iyo kurwanya kanseri y’ibere, ishobora kuba impamvu ikomeye itera ukumagara mu gitsina cy’abagore/abakobwa.

Impamvu zo kwandura indwara zo mu gitsina : Ukumagara mu gitsina kandi bishobora guterwa n’indwara zifata mu gitsina. Aha hari nubwo uretse kumagara mu gitsina usanga binavanze no kubabara cyane mu gitsina ndetse no kugira impumuro mbi.

Isuku nke : Hari n’igihe kumagara mu gitsina ku mugore biterwa nuko aba atitaye ku isuku yo mu mbere kandi ari ngombwa cyane. Ibi bikaba bishobora kuzana ukumagara mu gitsina kuko haba hitekeye imyanda itagira ingano.

Impamvu z’ibiyobyabwenge : Itabi, alukolo nyinshi (alcool) bishobora na byo gutera ukumagara mu gitsina biherekejwe no kunanirwa k’ubwonko, no kugira umunaniro umubiri wose.

Impamvu ziva mu bwonko: Ibi biterwa ahanini no kuba abakora imibonano mpuzabitsina batari bateguye neza bombi cyangwa umugore/umukobwa adateguye bihagije. Bishobora no guterwa no gukora imibonano mpuzabitsina hashize igihe, mbese adakunda kuyikora kenshi. Bishobora no guterwa no kuba umugore/umukobwa akoze imibonano mpuzabitsina atabishaka cyangwa se uyu mugore wumagaye mu gitsina akaba yakoze imibonano mpuzabitsina ariko mu mutwe we hibereyemo ubwoba busa.

Hanyuma rero nanone uku kumagara bishobora guterwa na Sendorome Gougerot-Sjögren (Gougerot-Sjögren Syndrom), banayita nanone Syndrome sec: Iyi ishobora gufata abantu bose ariko ubushakashatsi bwerekana ko 90 % by’abo igeraho ari abagore bari mu myaka ya 45 na 50. Iyi rero yibasira imvubura zitandukanye. Uretse imisemburo ibobeza mu gitsina, inibasira imvubura z’amacandwe akaba macye rwose ku buryo umugore yumagara mu kanwa emwe n’iminwa, akabura imvubura z’amarira ku buryo ashobora kubabara byo kurira ariko amarira ntuyamubaze. Gusa ngo imisemburo ibobeza mu gitsina ni yo igabanuka cyane ku buryo usanga harangwa ububobere bucye hafi ya ntabwo.

Hagati aho ariko, nkuko bigaragazwa n’urubuga rwa interineti france5.fr, ngo ukumagara mu gitsina birashira kuko hari imiti myinshi kandi igarura ububobere hatitawe ku myaka cyangwa izindi mpamvu. Upfa gusa kuba ufite icyo kibazo ubundi umuti ukakubera igisubizo. Wagana kwa muganga rero ukavuga ikibazo ufite ahasigaye akazi kakaba aka muganga n’umuti.
Ufite ibindi bibazo ushaka gusobanukirwa ku bijyanye no kumagara mu gitsina ku bagore/abakobwa watwandikira ku rubuga rwanyu umuganga.com ahagenewe guhanuza muganga ahasigaye tukakubariza abaganga b’inzobere mu bijyanye n’ikibazo ufite tukakubonera igisubizo bidatinze.

mardi 26 avril 2011

MENYA KUBARA UKWEZI K’UMUGORE BIRUSHIJEHO

Umwe mu basomyi b'iyi blog, yashyize commentaire ye ku kubara ukwezi k'umugore, yifuza ko twamwigisha uburyo yamenya iminsi igize ukwezi kwe.Iyi article nayanditse kugirango nawe ufite ikibazo nk'icye urebe ko hari icyo wakuramo:

Ukwezi kw’umugore gushingiye kuri ya mitere y’umugore, aho udusabo twe tw’intanga turekura intanga imwe gusa buri kwezi, hanyuma yabura intangangabo ngo bikore umwana iyo ntangangore yari yarekuwe igapfa. Hakaza kubaho imihango, hanyuma bigasubira gutangira, indi ntangangore ikongera igakura ikarekurwa, bityo bityo.

Formule tuza kwifashisha ikwereka neza iminsi y’uburumbuke y’umugore, ariko si iyo kwizerwa ngo ureke gukoresha ubundi buryo bwo kwirinda igihe ushatse gukora imibonano mpuzabitsina. Ibi bikaba ari ukubera impamvu zikurikira:

1. Kudasama ntibibuza umuntu kwandura izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina harimo na Sida.

2. Icya kabiri, ushobora kuba wiringiye ko utari busame, ugasanga ukwezi kwawe kwahindutse utabizi, bitewe n’uko watembereye ahantu kure, ugahindura ikirere cy’aho wari umenyereye bityo bigahindura imigendekere y’ukwezi kwawe, cyangwa se bitewe n’uko ufite ibyakubabaje cyane cyangwa se ibyagushimishije cyane.

3. Icya gatatu, hari abantu benshi bavuga ngo ukwezi kwabo kureshya n’iminsi iyi n’iyi, nyamara bibeshya batazi kubibara.

Formule wakoresha mu kubara ukwezi kwawe ukamenya iminsi y’uburumbuke:
Kugirango umenye ukwezi kwawe bityo ubashe gukoresha formule, uba ugomba kumara nibura amezi atandatu ubara indeshyo y’ukwezi kwawe, kandi udataruka n’umunsi n’umwe, kugirango uzabashe kumenya niba ukwezi kwe kugira iminsi ingana cyangwa se niba guhindagurika. Kwaba kugira iminsi ingana, ukamenya ngo iyo minsi ni ingahe. Yaba itangana, ukamenya ngo imyinshi ni ingahe, kandi imike ni ingahe.

Iyo rero umaze kumenya ukwezi kwawe uko kungana, urugero, ukaba utagira iminsi ingana buri gihe, icyo gihe formule ukoresha ni iyi: ufata iminsi igize ukwezi kwawe kugufi (cyangwa se ukugira iminsi mike mu yandi magambo) ugakuramo 18. Hanyuma ugafata iminsi igize ukwezi kwawe kurekure (cyangwa se ugufite iminsi myinshi mu yandi magambo) ugakuramo 11. Niba dufashe urugero rw’ukwezi kw’iminsi 26 imikeya, uyu mukobwa akaba ajya agira n’ukwezi kw’iminsi 30 imyinshi, turafata 26-18=8; hanyuma dufate30-11=19.

Ibi bikaba bivuga ko uyu mugore iminsi ye y’uburumbuke ihera ku munsi wa 8, ikarangira ku munsi wa 19. Ibuka ko umunsi wa mbere ari uwo umugore yaboneyeho imihango.


Ku mugore ugira ukwezi kudahindagurika na rimwe:

Niba ariko umugore agira ukwezi kutajya guhinduka, buri gihe akaba yagira nk’ukwezi kw’iminsi 30, we formule ye itandukanye n’iriya, we afata iminsi ye agakuramo 14, hanyuma iminsi ye yo gusamamo ikaba ihereye imbere y’umunsi yabonye ho 3, na nyuma y’iyo minsi ho 3, akongeraho umunsi umwe umwe wo kwiteganyiriza. Ni ukuvuga ngo afata 30-14=16, noneho iminsi y’uburumbuke ye igahera kuri 16-4=12, maze ikazarangira kuri 16+4=20. Ni ukuvuga ko uyu we iminsi ye y’uburumbuke ihera ku munsi wa 12, ikagenda ikarangira ku munsi wa 20, wibuka ko umunsi wa mbere ari uwo umugore yaboneyeho imihango.

Cyangwa se nanone, nawe agakoresha iriya formule, agafata ya minsi ye itajya ihinduka na rimwe agakuramo 18, akongera akayifata agakuramo 11, iminsi abonye hagati aho ni iyo kwifatamo. Urugero, 30-18=12, 30-11=19, ukongeraho umunsi wo kwizera, iminsi y’uburumbuke igahera ku munsi wa 12 kugera ku munsi wa 20.

IKITONDERWA : Iyi formule ntikoreshwa n’abantu bagiye kwa muganga gufata uburyo bwo kuboneza urubyaro, kuko n’iyo wabukoreshaga noneho ukazabuhagarika, nawe urongera ukabanza ukamenya ngo ukwezi kwawe kuzajya kureshya gute, ukamara nibura umwaka ubara, kuko nyuma yo guhagarika iriya miti ukwezi kwawe gushobora guhinduka ntikungane nk’uko kwahoze mbere.

Uko wabara ukwezi kwawe ku buryo burambuye

Iyi mibare iri hasi ni urugero tugiye gufata, ikaba isimbura indangaminsi. Duhere mu kwezi kwa 3, maze dufatire urugero ku kwezi kwa Mariya. Itariki Mariya yagiye aboneraho imihango iratsindagiye kandi irabyibushye:

Werurwe : 1 2 3 4 5 6 7 8 9 10 11 12 13 14 15 16 17 18 19 20 21 22 23 24 25 26 27 28 29 30 31 / Mata : 1 2 3 4 5 6 7 8 9 10 11 12 13 14 15 16 17 18 19 20 21 22 23 24 25 26 27 28 29 30/Gicurasi : 1 2 3 4 5 6 7 8 9 10 11 12 13 14 15 16 17 18 19 20 21 22 23 24 25 26 27 28 29 30 31 / Kamena : 1 2 3 4 5 6 7 8 9 10 11 12 13 14 15 16 17 18 19 20 21 22 23 24 25 26 27 28 29 30 /
Nyakanga : 1 2 3 4 5 6 7 8 9 10 11 12 13 14 15 16 17 18 19 20 21 22 23 24 25 26 27 28 29 30 31 /Kanama : 1 2 3 4 5 6 7 8 9 10 11 12 13 14 15 16 17 18 19 20 21 22 23 24 25 26 27 28 29 30 31 / Nzeri : 1 2 3 4 5 6 7 8 9 10 11 12 13 14 15 16 17 18 19 20 21 22 23 24 25 26 27 28 29 30.

Reka noneho tubare iminsi yagiye agira : Ku itariki ya 6 Werurwe, Mariya yari atangiye ukwezi kuko yabonye imihango. Uku kwezi kwarangiye mbere y’uko asubira mu mihango ikurikiraho, hari ku itariki ya 29 Werurwe. Aha Mariya yagize iminsi 24. Hanyuma bukeye atangira ukundi kwezi.

Kwatangiye ku itariki ya 30 Werurwe, kurangira ku itariki ya 25 Mata. Aha, Mariya yagize iminsi 27. Mu kwezi gukurikiyeho, kuva tariki ya 26 Mata kugera tariki ya 19 Gicurasi, uku kwezi kwe kwabaye iminsi 24. Hanyuma hakurikiyeho kuva 20 Gicurasi, kugera 14 Kamena, aha ni iminsi 26. Kuva 15 Kamena kugera 12 Nyakanga, ni iminsi 28. Kuva 13 Nyakanga kugera 8 Kanama, ni iminsi 27. Naho kuva 9 Kanama kugera 4 Nzeri, ni iminsi 27.

Nusubiza amaso inyuma ukareba mu minsi y’ukwezi kwa Mariya, urasanga mu gihe cy’amezi 6 y’indangaminsi isanzwe, kuva muri Werurwe kugera muri Nzeri, we yagizemo amezi umunani y’ukwezi kwe. Ukwezi kwe kwagize iminsi mike kwabaye iminsi 24, naho ukwezi kwe kwagize iminsi myinshi kwabaye iminsi 28.

Aha rero turabigenza gute ngo tumenye igihe Mariya aba ashobora gusamamo, n’igihe aba adashobora gusama ? Ni ya formule twabonye kare ikoreshwa. Iyi formule ni ugufata iminsi y’ukwezi kugufi tugakuramo 18, hanyuma tugafata iminsi y’ukwezi kurekure tugakuramo 11.


Uti iyi formule yavuye he ?

Ubundi buri mugore wese, iyo intanga imaze kurekurwa (le jour de l’ovulation), hashira iminsi 14 hanyuma akabona imihango. Kandi umugore ashobora gusama iminsi 3 mbere y’irekurwa ry’intanga (mbere y’uko ovulation iba), kuko intangangabo iyo zigeze mu mubiri we zitegereza iminsi 3 zitarapfa, maze intangangore yazarekurwa igasanga zirahari, zirarekereje, imwe murizo ikaba ihuye na ya ntangangore, umugore akaba arasamye.

Hanyuma kandi ashobora gusama iminsi ibiri nyuma y’irekurwa ry’intanga, kuko intangangore nayo iyo irekuwe idahita ipfa. Bityo muri iyo minsi ibiri imara igifite ubuzima, iyo umugore akoze imibonano mpuzabitsina, intangangabo zigera mu myanya myibarukiro ye zisiganwa, hanyuma zigasanga intangangore yamaze kurekurwa kera, ni uko imwe murizo ikaba ihuye na ya ntangangore, umugore akaba arasamye.

Niyo mpamvu kuri wa munsi wa 14 mbere y’uko umugore asubira mu mihango ikurikira, twongeraho iminsi ibiri inyuma, hanyuma kandi tugakuraho itatu imbere, maze tukongeraho n’undi nk’umwe cyangwa ibiri ya securité (yo kugirango wizere neza ko nta kibazo cyo gusama gihari). Tukabona rero ya minsi, 11 na 18 twifashisha. Iminsi 18 tuyikura mu minsi igize ukwezi kugufi kw’umugore, naho iminsi 11 tukayikura mu minsi igize ukwezi kurekure umugore yigeze kugira.

Mu kubara ukwezi kwa Mariya rero dukoresheje iyi formule, turafata iminsi igize ukwezi kugufi yigeze kugira, 24-18=6. Hanyuma dufate ukwezi kwe kurekure, iminsi 28-11=17. Ibi bihita bivuga ngo, iminsi ya Mariya yo gusamamo, cyangwa se iminsi ye y’uburumbuke, ni ukuva ku munsi wa 6, kugera ku munsi wa 17.

Niba utari uzi kubara ukwezi kwawe, wenda wibwira ngo umuntu atangira kubara avuye mu mihango, cyangwa se ukaba utari uziko umuntu atangira kubara ku munsi wa mbere yaboneyeho imihango, ukaba utari uzi igihe ukwezi kurangirira, nizere ko umenye uko uzajya ubara iminsi ngo umenye uko ukwezi kwawe kureshya.

Dore bimwe mu bintu ushobora gukora kugirango umuhungu mukundana (Boyfriend) arusheho kugukunda no kunezezwa n’urukundo rwanyu

1. Mwandikire akabaruwa karimo amagambo y’urukundo nurangiza ugashyire mu ikofi ye atabizi

Muri aka kabaruwa uzagerageze gushyiramo amagambo yuzuye ubwuzu n’urukundo. Ushobora kutamubwira ko umukunda kuko n’ubundi aba asanzwe abizi, ahubwo ugakoresha ubundi buryo bworoshye bwo kumwereka ko umukunda kandi ko umwitaho. Urugero: Niba aheruka kuguha impano wamubwira ko ukunda cyane; uti kandi ‘buri gihe unkorera ibintu bituma numva ndi umuntu udasanzwe’. Ushobora gukomeza umwandikira amagambo nk’ayo kugira ngo umwereke ko afite agaciro mu buzima bwawe kandi agira uruhare mu munezero no mu kugubwa neza kwawe.

2. Gerageza kumuha impano no mu gihe cy’iminsi y’akazi

Abantu cyangwa se abakobwa benshi bazi ko impano zitangwa ku minsi mikuru cyangwa se muri weekend (mu minsi y’ikiruhuko) gusa, nyamara kandi burya ngo impano zitunguranye cyane cyane mu minsi y’ akazi ngo zirashimisha. Uushobora rero gufata nk’umunsi umwe ari nko kuwa gatatu ukajya mu isoko ukagurira umukunzi wawe umupira mwiza, karavate se, isaha cyangwa niba ari umuhungu usoma ku kayoga ushobora kumugurira n’icupa ry’inzoga warangiza ukabifunga neza ugashyiraho akabaruwa cyangwa se agakarita kabiherekeza kanditseho amagambo meza. Ubundi ukabimushyira ku kazi cyangwa se ukarindira agataha ukabimuhera mu rugo. Iyi mpano uzaba umuhaye izamunezeza kubera ko uzaba uyimuhaye mu gihe atakekaga.

3. Ereka umuhungu mukundana ko agukurura (how much he attracts you)

Abakobwa benshi bakunda guhisha ibyiyumvo (sentiments) byabo ariko nyamara si byiza mu rukundo. Ugomba kugerageza ukamwereka ko nawe ajya agukurura, niba mujya musomana ariko ari we wabigizemo uruhare nawe ujye unyuzamo umusome ari wowe ubyibwirije.

Ku bandi noneho bajya bakorana imibonano mpuzabitsina ugomba kugerageza nawe ukazana icyo gitekerezo. Nk’urugero, mushobora kuba muri kurebana filimi y’urukundo, jya unyuzamo umusome rimwe na rimwe ube wanamusaba ko mwakora imibonano mpuzabitsina. Ibi rero ngo bizatuma yumva ko uburyo ateye bigukurura ndetse bitume ahora agufitiye ubwuzu.

4. Mu gihe ari mu kazi jya unyuzamo umuhamagare

Aha ntabwo bivuze ko niba umuntu ari ku kazi ugomba kumuhamagara buri kanya cyangwa se ngo umuhamagare umwanya muremure ngo ube wamutesha akazi ahubwo ni ukumuhagara akanya gato kandi ukabikora igihe ushobora kuba uzi ko atari mu kazi kenshi, ubundi ukamubaza uko amerewe. Uko kumuhagara rero ngo bishobora gutuma yumva aguwe neza mu gihe wenda yumvaga umunsi utangiye kumubihira . Ibi rero bizatuma anabona ko uba umutekerezaho n’igihe mutari kumwe.

5. Fata umwanya utekere umukunzi wawe ibiryo akunda kurusha ibindi

Kugira ngo umukunzi wawe arusheho kugukunda no kunezerwa ngo ujye unyuzamo ufate umwanya umutekere ibiryo akunda cyane. Ushobora kuba warabyumvise abivuga cyangwa niba mukunda kujyana gusangira muri resitora ugomba kuba umaze kumenya ibiryo umukunzi wawe akunda . maze nawe ukazafata umwanya ukabimutegurira. ibi biba na byiza iyo mwirirwanye mu rugo ugategura ifunguro murimo kuganira. Numugaburira rero akanezerwa nta kizatuma nawe atakwishimira kandi azanashimishwa n’umwanya uzaba wafashe kugira ngo umwiteho.

Ikibazo rero gikunda kugaragara mu rukundo ni uko abakobwa benshi baba bashaka kwakira urukundo rwinshi kandi bo ntibarutange uko bikwiye. Bakumva abahungu babakunda byimazeyo ubundi bo bagaterera agati mu ryinyo. Niba uri umukobwa ukaba ushaka ko urukundo rwanyu rwongera gushyuha nka mbere gerageza gukora bimwe muri ibi bintu tumaze kuvuga, kandi nawe ujye utanga urukundo ntugategereze kurwakira gusa.

Inzira 43 wakwerekamo umukobwa ko umukunda

Hari abantu bamaze iminsi batwoherereza ubutumwa butandukanye, ariko cyane cyane bwiganjemo ubugisha inama uko bakwitwara bitabahenze, bitanasabye byinshi ariko bagashimisha abakobwa bakundana. Igitondo.com, mu nkuru zacyo z’urukundo, turagufasha kukwereka utuntu dusa n’aho ari duto tugera kuri 43, ariko dushobora gushimisha cyane umukobwa w’inshuti yawe bityo rwose mugasa n’abibera muri Paradizo. Kumushimisha ntabwo ari ukumuha impano zihenze cyane, si ukumuha amafaranga menshi, ahubwo ni utuntu duto cyane ushobora kumukorera ariko kuri we tukagira igisobanuro gikomeye cyane.

Twagiye:

1. Mufate neza mu buryo bwose bugushobokeye

2. Fata umwanya uhagije wo kumuvugisha

3. Musangize amwe mu mabanga y’ubuzima bwawe

4. Niba muri kumwe ukabona asa n’ufite imbeho, igomwe umuhe umupira cyangwa furari wambaye, umwereke ko adashobora kubaho nabi igihe cyose akigufite.

5. Musome kenshi igihe muri kumwe neza kandi gahoro.

Ese ibi byose usanzwe ubyubahiriza?dukomeze…

6. Muhobere igihe umukumbuye cyangwa ushaka kumwereka ko ari uw’agaciro, burya hari udukorwa duto tuvuga kurusha amagambo.

7. Mufate mu ntoki umureba mu maso.

8. Sekana nawe kandi umufashe kugira ibihe byiza bitewe n’ibyo akunda

9. Rimwe na rimwe, nta yindi mpamvu ibiteye, jya umutumira ahantu atari asanzwe azi, umwereke ibintu bishya atari asanzwe abona kenshi kuko iyo umuhoza mu bintu bimwe bigera aho bikamurambira

10. Jya umutumira igihe uri kumwe n’inshuti zawe. Erega arifuza kukugirira icyizere no kwisanzura mu nshuti zawe ndetse no kubona ko nazo zimwishimiye.

Wirambirwa biracyaza komeza usome, Ntiwifuza se kumenya ibyo wakora ngo ushimishe umukobwa w’inshuti yawe??

11. Kenshi jya ukunda kumufotora no kwifotozanya nawe kuko abakobwa burya bakunda amafoto cyane, cyangwa umukorere CD iriho amafoto yanyu, aho ushobora no kuyaherekezanya uturirimbo tw’urukundo uziko akunda, cyangwa dufite icyo tubibutsa mwembi.

12. Rimwe na rimwe, jya ugirana nawe gahunda zindi zitari iz’ urukundo, mushobora nko gukorana imishinga ibyara inyungu, gukora nk’igikorwa cyo kujya gusura abarwayi kwa muganga nko ku cyumweru, kujya gutemberera ahantu nko mu giturage mwabaga kera, n’ibindi

13. Nakubwira ko agukunda, jya ubimusubirishamo kenshi, umwereke ko kuba yaraguhaye urukundo ari ikintu uha agaciro gakomeye mu buzima bwawe!

14. Niba muri kumwe n’inshuti ze zikamwereka cyangwa zikamubwira ko zimukunda cyangwa ko zimwitayeho kukurusha, jya ubihakana umuhobera cyane umwiyegereza, umubwire ko urukundo umufitiye nta n’uwabasha kurupima, ibi bituma yumva akunzwe cyane kandi bimurinda kumva ko hari undi muntu n’umwe yakurutisha mu buzima bwe.

Ese hari ufite umuntu wahariye umutima wawe? Nonese ubimwereka ute?

15. Buri gihe niyo byanaba buri kanya yewe, jya umuhobera cyane umwiyegereze, ubundi umwongorere ko umukunda.

16. Jya umusoma mu gihe we atari abyiteguye

17. Atari abyiteguye nabwo jya umuhobera umuturutse mu mugongo, urebe uburyo abyakira.

18. Jya umubwira ko ari mwiza ahebuje, gusa ntukamubwire ko ari segisi (sexy). Abasore benshi bajya bakora aya makosa, gusa hano nakubwira ko umukobwa aba yifuza kumva ko ari mwiza imbere y’umukunzi we kurusha kumubwira ko ari segisi.

19. Jya umubwira uburyo umwiyumvamo kandi utamubeshye.

Gusa kuri iki cya 19, jya ubimubwira kandi koko umwereka ko ibyo umubwiye ariko ubibona, jya ubimwereka koko nta buryarya burimo, sibyo se ntumukunda?

20. Nimuba murimo kugendana jya umutanga imbere umufungurire imiryango, umuherekeze ku modoka ye niba ayifite, ubanze umufungurire umuryango, nimuba mugiye kumeza ubanze umuhereze isahani ye, nibinashoboka unamushyirireho ibiryo, erega bishimisha cyane abakobwa kandi nawe ndatekereza ko nta gihombo kirimo kugaragaza iyo mico myiza (kuba gentleman)

21. Mubwire ko asobanuye byose kuri wowe kandi mu kubivuga jya ubivuga koko ubikuye ku mutima, unamureba mu maso.

22. Niba ubona ko atameze neza, hari ikitagenda, ukabona adashaka kubivugaho, jya umubwira ko uhari, umuhobere cyane, umwiyegereze kandi umubwire ko igihe cyose akeneye urutugu rwo kwegamaho no kuririraho uhari, unamubwire ko nta kibazo kuba atabikubwiye, ko ariko igihe cyose yumva abohotse kubikubwiraho, uzaba uhari kandi witeguye kumwumva no kumufasha! Si byiza guhita uhutiraho no kumubaza cyane kuko hari igihe biba bigoye guhita agira icyo akubwira muri ako kanya nawe atarabyakira neza

23. Jya utuma yumva akunzwe, icyo byagusaba cyose

24. Jya umusoma imbere y’abandi bakobwa, baba ari inshuti ze cyangwa izawe, bituma agira icyizere ko umukunda kandi bigutera ishema, ukaba udashobora no kumuca inyuma.

25. Ntukigere na rimwe umubeshya kabone n’iyo waba ubona bigoye kumubwiza ukuri ku kintu runaka, kuko iyo amenye ko umubeshye n’iyo kaba ari akantu gato, arababara kandi akagutakariza icyizere.

26. Ntukamuce inyuma kuko bariya bandi nta kintu na kimwe bamurusha, iyaba byari ibyo ntiyari kuba ari we wahisemo

27. Jya umujyana ahantu hose yifuza kujya, nawe arakuzi azi n’ubushobozi bwawe humura ntazakugora, ariko rero nawe jya ugerageza kumushimisha.

28. Jya umwandikira ubutumwa bugufi, unamuhamagare buri gitondo umubaza uko yaramutse n’uko ijoro rye ryari rimeze, kandi buri gihe jya umubwira utujambo twiza. Mwaba muri kumwe cyangwa mutari kumwe, ugerageze kumenya gahunda ze zose; niba yariye, niba yabashije kuruhuka, ese amasomo/ akazi biragenda, n’ibindi…

29. Jya uhamubera igihe cyose agukeneye, ndetse n’igihe atagukeneye, ibyo bizatuma abona ko igihe icyo ari cyo cyose ashobora kukwizera no kukugirira icyizere.

Ese uracyasoma? Komeza rwose kuko ibi bintu ni ingenzi cyane kandi bigufitiye akamaro; si wowe wajyaga ubyibazaho se?!

30. Jya umufata mu maboko yawe cyane igihe afite ubwoba cyangwa akonje, bimuha umutuzo cyane.

31. Nimuba muri mwenyine jya umwereka ko ushaka kumufata mu maboko yawe, umusome, umurebe mu maso nibura nk’umunota umwe cyangwa myinshi, umwereke ko nta wundi usa nawe

32. Niba muri kumwe, musome mu gahanga (ibi bizamwereka ko wifuza kumusoma urebe niba nawe ari uko.)

33. Niba mwicaye murimo kurebana agafilimi keza k’urukundo cyangwa akandi kose akunda, mushyire ukuboko ku rutugu, nawe azahita akwegamishaho umutwe bityo murebane filimi mu buryo buri romantiki.(romantique)

34. Niyo waba urakaye ute, ntugakinishe na rimwe kumubwira ngo nahite agenda, kabone n’iyo waba wikiniraga, kuko ushobora kujya kubona ukabona agiye agiye da! Niba arakaye jya umuba hafi, umufashe; niba akubabaje ntumwereke ko urakaye cyane ariko umubwire ko bitagushimishije, n’agusaba imbabazi umwumve kandi ntugakunde impaka no kubigira birebire.

Ibi byose, ubutaha nimuba muri kumwe ntuzabyibagirwe, kuko bibazanira umunezero mwembi kandi mu byukuri nta kigoye kirimo

35. Niba abantu barimo kumuvuga nabi no kumunegura, ujye uhamubera, ubabwire ko urukundo umufitiye ruruta byose kandi ko uko byaba bimeze kose ntacyakubuza kumukunda no kuhamubera

36. Nujya kumubwira ko umukunda, jya ubimubwira umureba mu maso kandi umubwira ibyo wiyumvamo!

37. Rimwe na rimwe jya umujyana hanze, nko muri jardin, ari nijoro hari ukwezi hasa neza, umuryamishe mu gituza cyawe yiyumvire uko umutima wawe utera uterera mu we, ushyire intoki zawe mu ze, ariko urimo kumwongorera utujambo tw’urukundo mu matwi nawe ahumirije amaso ye arimo kwiyumvira rya jwi akunda kandi yishimira kuruta ayandi yose!

38. Niba murimo kugendana, mufate mu ntoki kandi bigutere ishema ryo kuba yitwa uwawe

39. Niba muhuye mutari muherukanye, mwereke urukumbuzi wari umufiitiye, umuhobere mu gihe kirekire gishoboka

Sindasoza, ariko uko biri kose, Kora uko ushoboye umumenyeshe ko akunzwe kandi ko umurutisha bose,…

40. Buri joro jya umuhamagara umwifurize ijoro ryiza, n’indoto nziza

41. Jya umuhumuriza niba akuririye, kandi jya ujyana umubabaro yari afite kure ye

42. Jya umusaba ko mwatemberana mu ijoro, mufate igihe kinini mwigendagendera, mwiganirira, mwisekera, musa n’abakina,…

43. Buri gihe jya umwibutsa uburyo umukunda

lundi 18 avril 2011

Impamvu 10 zitera gutandukana kw’abashakanye


Ku isi hose hari ikibazo cy’ingo zisenyuka zitamaze kabiri aho usanga abantu babana bakundanye nyuma y’igihe gito bagahita batandukana.

Mu bushakashatsi bwakozwe na Cosmo cyandikirwa mu Bwongereza, bwagaragaje ko ku bagore 1400 bose babajijwe berekanye impamvu z’ingenzi zituma ingo zisenyuka.

Izo mpamvu ni izi uhereye ku ya 10:

10.Guhuza ibitsina kw’abashakanye: Ingo15.7% zisenywa n’ibiba bitagenda neza mu guhuza ibitsina kw’abashakanye.

9.Ibibazo biterwa n’imiryango n’inshuti: Ingo18.9% zisenywa n’ibibazo bituruka ku miryango y’abashakanye n’inshuti zabo.

8.Kutabana kw’abashakanye: Ingo 20.2% zisenywa n’uko abashakanye umwe aba atabana n’undi bitewe ahanini n’akazi.

7.Kuba umugabo adafite umwuga ufatika: Ingo 20.6% zisenywa n’uko abagore baba batihanganiye kuba abagabo babo nta mwuga ufatika bakora.

6.Kutitanaho: Ingo 21.1% zisenywa n’uko hari igihe umwe mu bashakanye aba atakitaye ku wundi.

5.Gushaka kubaho mu bwigenge: Ingo21.1% zisenywa n’uko abashakanye umwe aba ashaka kwigenga.

4.Kuba badakwiranye: Ingo 29.1% zisenywa n’uko umwe mu bashakanye iyo amaze kumenya undi neza asanga atari we yaremewe, akabona batari bakwiranye agahitamo kumusezeraho.

3.Kutizerana: Ingo 29.7% zisenywa n’uko abashakanye baba batizerana cyangwa batabwizanya ukuri.

2.Gucana inyuma: Ingo36.6% zisenywa no gucana inyuma kw’abashakanye.

1.Kuba batagishaka gukundana: Ikiza ku isonga mu gusenya ingo nyinshi zisaga 39.7% ni uko abashakanye baba batagishaka gukundana bagahitamo gutandukana.

Izi ni impamvu z’ingenzi ariko buriya bushakashatsi bwagaragaje n’izindi mpamvu nyinshi zishobora gusenya ingo; nko kuba abashakanye badakunda ibintu bimwe, n’izindi.

samedi 9 avril 2011

Ni iki wakora kugira ngo ugumane n’uwo ukunda munezerewe?

Usanga abantu benshi, iyo bagitangira gukundana biba bishyushye, buri wese yishimye cyangwa agishyuhiye urwo rukundo rushyashya: ngutwo udutelefoni ducicikana, utu messages tudashira, gusohokana buri munsi, utu gifts n’ibindi n’ibindi. Ibi akenshi bituma urukundo rwanyu rukomera.

Uko iminsi ishira kenshi usanga bihinduka kwa gutekereza undi buri mwanya no kumugaragariza ko umukunda bigashira imirimo ikabatwara.

Yego ubuzima tubamo budusaba guhora umuntu yiruka byaba mu gushaka imibereho no gushaka ejo hazaza; ariko se ibyo byaba urwitwazo mu kudafata neza uwo mukunzi? Kuki kwitanaho bihinduka iyo mumaze kumenyerana? Ni iki umuntu yakora kugira ngo akomeze yishimane n’uwo yahisemo?

Dore zimwe mu nama ushobora gukurikiza kugira ngo wishimane n’uwo ukunda:

ibi ni ngombwa cyane ku bantu bakundana, kwereka uwo mukundana ko uhari, umwumva, ushima cyangwa ushimishwa n’ibyo avuga cyangwa akora . Ibi bituma yumva ko wahamubera aramutse agukeneye.

ü Abakundana bagomba kuganira uko biyumva muri relation: niba hari icyo umwe akora kigushimisha cyangwa kitagushimisha, mukakiganiraho, ntihagire uhisha uko yiyumva. Ibi ntabwo bivuga gushwana no kurakaranya, ahubwo ni ukugirana ikiganiro cyubaka kandi cyubahana, kugira ngo buri wese akosore ikitagenda.

ü Gushima no kumenya ibyiza biri ku muntu: byaba ku mubiri cyangwa n’ibindi akora byagushimishije, niba ari mwiza cyangwa yambaye neza, ukabimubwira, haba hari icyo yagukoreye cyiza nabwo ukabimubwira ukanabimushimira, ibi bituma umuntu yumva ko akunzwe kandi ashimwa n’uwo bakundana.

ü Gutetesha: gutetesha ntabwo byari bikwiye guharirwa abana gusa, buri wese kuri iyi si ashimishwa nuko yitaweho , uwo mukundana ugomba kumutetesha ukamuha umwanya wihariye kugira ngo umushimishe, niba hari icyo akunda ukakimukorera ...ibi rero birashimisha cyane iyo uzi ko hari umuntu ufata umwanya we kugira ngo nawe agushimishe.

ü Kwirinda gupingana: yego bibaho kudahuza ibitekerezo, kuko abantu bose baratandukanye, ariko si byiza guhora urwanya ibitekerezo bya mugenzi wawe, kuko ibi bivamo gushwana bya buri munsi.

ü Gukora ikibashimisha mwembi nk’abakunzi: gushaka ikintu kibahuza mwembi kandi mukunda: byaba kujyana gusenga, gutemberana, kurebana films, gukorana sport runaka, kujyana muri spa, massage, n’ibindi n’ibindi: ibi bituma mufata umwanya wo gukora ikibahuza kandi kibashimisha mwembi.

ü Guhana umwanya: ibi bishatse kuvuga ko nk’iyo muhorana buri munsi, ni byiza ko buri wese abona umwanya we wihariye ahura n’inshuti ze. Buri wese akizera undi, mugahitamo umunsi cyangwa inshuro buri wese azajya afata umwanya wo kuba ari kumwe na bagenzi be. Ibi bituma mutarambirana.

Izi rero ni zimwe mu nama nyinshi umuntu ashobora kwifashisha kugira ngo agire urukundo rurambye. Yego ibi si byo gusa, ariko ni bimwe mu bishobora gutuma urukundo ruramba.

twandikire kuri iranzinone@yahoo.fr

Kubabara cyane mu gihe cy’Imihango (Dysmenorrhea) Ni iki ?

Ni ububabare bwo munda umukobwa cyangwa umugore agira igihe agiye kujya cyangwa ari mu mihango. Ababugira ni hafi 40%, muri bo70% ni abakobwa bakiri bato (Adolescentes).

Kenshi kubabara mu mihango bikunda kugendana n’imihango itinda guhagarara. Ubusanzwe imihango imara iminsi 3-5 iyo irengeje iyo minsi iba itinze.

Usibye kubabara mu nda hafi y’umukondo ndetse bikanatera no kumva umugongo wacitse, hari ubwo bigendana n’ibindi bimenyetso birimo kugira isesemi, kuruka, kubabara umutwe, guhitwa n’ibindi.

ikibitera

kubabara mu gihe cy’imihango bishobora guterwa n’imisemburo itameze neza mu mubiri cyangwa se ikibazo cy’imiterere yo mu nda cyangwa se indwara nk’ibibyimba byo mu nda.

Kubabara mu gihe cy’imihango bikunda kugaragara kandi ku bakobwa bakorewe ihohoterwa bakiri bato (viol sexuel).

Imiti yagufasha

Umwe muri iyi miti igabanya ububabare (pain killer) yagufasha:

Ibuprofen

Diclofenac(twibukiranye ko atari byiza gufata imiti utandikiwe na muganga)

icyo wakora

Kujya kwa muganga iyo bikomeje kugira ngo barebe niba nta ndwara yaba ibiri inyuma.

Hari ubushakashatsi bwerekanye ko kurya ibiryo byiganjemo imboga nyinshi n’amafi bishobora kugabanya ububabare mu gihe cy’imihango.


Bivugwa kdi ko kumya ibintu bikonje nabyo bishobora gufasha uribwa mu nda

Byanditswe na Nurse NiYONZIMA Jean Népo(0788354590)

Secheresse vaginale

Kutagira ububobere bw’ igitsina gore (Secheresse vaginale, Vaginal dryness) bishobora kuba ikibazo. Bitewe n’imico itandukanye hari aho bifatwa nka qualite hari n’aho bifatwa nk’inenge. Mu Rwanda rero akenshi bifatwa nk’inenge ndetse hari n’igihe bitera amakibirane hagati y’abashakanye.

Ni muri urwo rwego twegereye umuganga w’umu psychologue Magnus Gasana, akatuganiriza kuri iyo secheresse vaginale.

Ikibazo: Secheresse vaginale ni iki?

Magnus: Ni uburyo usanga igitsina gore kibura ububobere bwangombwa nk’abandi bakobwa cyangwa abagore basanzwe. secheresse vaginale iterwa n’iki? :

Biterwa n’Imiterere kamere y’umuntu aho imisemburo(hormones) idakora ubwo bubobere

Umuntu ntashobora kugira ikintu gituma agira secheresse vaginale kandi atariko yahoze?

Hari igihe umuntu ashobora kunyura mu bihe afite ibibazo (stress) bigatuma agira izo mpinduka ariko si kimwe n’uko ariko byaba ari karemano.

Hari n’imiti ishobora kubitera icyo gihe yakwegera abaganga bakamugira inama.

Niba akenshi ari karemano(naturel) hari ikintu umuntu agomba gukosora cyangwa wabyakira uko biri ?

Abantu benshi babifata nk’inenge cyangwa ubusembwa, bikaba intambara hagati yiumugabo n’umugore iyo umwe asanze undi atameze nk’uko abyifuza. Hakaba hari abicuza impavu batabimenye mbere yo gushaka. Iyo nenge rero iboneka nkaho atari nziza ishobora gusenyera bamwe mu bashakanye.

Bikemuka gute ?

Iyo ari ibibazo ufite mu mutwe biravurwa iyo wegereye abaganga

Iyo ari imisemburo ibura barayiguha mu miti bitewe n’uko muganga abisuzumye

Ni ryari umuntu yajya kwa muganga

Igihe cyose wumva ufite ikibazo gisa nk’icyo ntago watinda niyo cyaba kidakabije, akugira inama cyangwa akakwandikira imiti mu gihe ari ngombwa.

Ese abantu bakwifashisha lubrifiant sexuel?

Ni byiza kuyikoresha iyo muganga yayikwandikiye kuko benshi bayikoresha nabi bikaba byabatera ibindi bibazo.

Hari ikindi mwakongeraho ?

Hari ibyo abantu bashobora kwibeshyaho bakabyita secheresse vaginale kandi ari ukubera kutamenya imico itandukanye. Bishobora no guterwa no kutamenya gutegura umugore neza mbere y’imibonano mpuzabitsina, bikaba byakwitiranywa na secheresse vaginale kandi atari yo.

source:agasaro.com

vendredi 1 avril 2011

Amwe mu magambo y’urukundo (imitoma) wakoresha mu gihe uri kuganira n’umukunzi wawe

Ikiganiro kigizwe n’amagambo yuzuye urukundo (imitoma) ni kimwe mu buryo bwifashishwa kugirango ushimishe uwo ukunda kuko burya umutima ukunda rimwe na rimwe uba ukeneye amagambo aryoshye yo kuwuhira. Aha rero hari amwe mu magambo wabwira umukunzi wawe akanezerwa ariko ukoresheje umunwa wawe udakoresheje telefone cyangwa se ibaruwa kuko burya iyo wivugiye ijambo n’akanwa kawe bituma uwo uribwiye arizirikana kurushaho.

Mu gihe ukoresha imitoma, ujye ubikora ubohotse (Relax) ntukayivugane igihunga n’ubwoba bwinshi kuko byatuma uwo uyabwira abona ko ibyo uvuga bitari kukuva ku mutima.

Hano hari amagambo amwe n’amwe yagufasha kuryohereza uwo ukunda, ukamugaragariza koko ko akuri ku mutima.

Mugihe muganira, mubwire uti:

 Ibyo nkora byose ni ukugira ngo nzabane nawe ubuzima bwanjye bwose,

 Zahabu zose na diyama ziri ku isi ntabwo bihagije ngo umuntu abe yagura urukundo umutima wanjye ugufitiye

 Imana yarakundemeye kugira ngo guteteshe

 Urukundo rwawe rwarantwaye

 Nabaye nk’umusazi kubera wowe

 Sinshobora guhagarika ku gutekerezaho

 Sinshobora na rimwe gutera agahinda umutima wawe

 Sinshaka kubyuka kubera inzozi nziza nari ndimo hamwe nawe

 Iyo turi kumwe numva ntekanye

 Namaze kuvumbura urukundo ry’ukuri muri wowe

 Nkunda kuganira nawe

 Nkunda uburyo unkunda

 Nshimira Imana umunsi wa mbere yakunzaniye muzima bwanjye

 Ndifuza kumarana nawe ubuzima bwanjye bwose

 Icyo ari cyo cyose nzasabwa kugira ngo ngumane nawe nzagitanga

 Nzaguha umutima wanjye wose, umubiri wanjye, n’ibitekerezo byanjye byose

 Nzajyana nawe ku mpera z’isi mu gihe uzaba ukinkunda

 Sinhobora kukurutisha amafaranga n’izahabu

 Nzemera guca mu bikomeye n’ibihome byose kugira ngo nzabane nawe

 Ndasaba Imana kugira ngo ikunzanire vuba hashoboka

 Nzakwitangira muri byose nihangira igishaka kukubabaza

 Niba kugukunda ari icyaha nzemera mbe umunyabyaha

 Niba urukundo ari impumyi sinifuza kongera kubona umucyo w’umunsi ukundi

 Ubuzima butagufite ni nko kujya kuryama warangiza ukarota nabi cyangwa se ntugire inzozi nziza

 Kugukunda ni nko kwibera muri paradizo cyngwa mu ijuru

 Kugukunda bindyohereza ubuzima

 Gukundana nawe byatumye umutima wanjye wuzura ibyishimo n’umunezero

 Umutima wanjye urarira iyo utandi hafi

 Ni wowe rukundo rwanjye, uri umutima wanjye ni nawe buzima bwanjye

 Nta wundi muntu wankunda nk’uko unkunda

 Nta kintu na kimwe cyahagarika urukundo rwanjye

 Ooh rukundo rwanjye uri mwiza kuri njye

 Uburyo umpobera n’uburyo unsoma (kisses) ni iby’agaciro kurusha zahabu

 Kuvugana nawe ni nko kunywa ku muzabibu (Wine) uryohereye, ibi kandi nibyo nifuza iteka

 Igihe tumarana ni nk’umukino mwiza amafaranga adashobora kugura

 Iyo turi kumwe ibyago byanjye byose bihita bihunga

 Iyo kwitegereje nkubonamo umuntu w’igiciro

 Amagambo ntabwo ahangije ngo ngusobanurire uburyo gukunda

 Niwowe gikomangoma (prince) cyanjye

 Uri uw’agaciro kuri njye

 Uri indirimbo ituma umutima wanjye uririmba

 Ni wowe nari narifuje mu buzima bwanjye

 Uri igice cy’ubuzima bwanjye gituma numva mbaye umuntu wuzuye

 Ni wowe mugabo cyangwa mugore w’inzozi zanjye

 Ni wowe muntu uryoshye cyane namenye

 Nta kindi kwifuzaho uretse urukundo, amahoro n’ibyishimo

 Watumye ntuza muri njye

 Watumye niyumva nk’umuntu w’agaciro

 Ndumva nifuza kugusoma kuva ku mutwe kugeza kw’ino

 Utuma mpora ndushaho kugutekerezaho buri munsi

 Umfata nk’igikomangoma cyawe najye bigatuma ngukunda n’umutima wanjye wose

 Ni wowe muntu ugira imico n’imyifatire byiza nabonye kuva nabaho

 Amagambo yawe y’urukundo akora kundiba y’umutima wanjye

 Urukundo rwawe rumeze nk’ibuye rinini ridashobora kumeneka

 Urukundo rwawe ni rwiza sinshobora gutekereza kujya ahandi

 Iyo unsekeye utuma amarira yambugaga mu maso ahita asubirayo

 Iyo unkojejeho intoki zawe numva ninjiye mu yindi si

 Rimwe na rimwe ujye umubwira ko udashobora kubaho adahari , n’ibindi.

Urutonde rw’imitoma ni rurerure kandi buri wese agira amagambo ye abwira umukunzi kandi akamunyura.

Urukundo rutagira amagambo meza barugeranya n’ubusitani butagira indabo; amagambo y’urukundo atuma umuntu ashobora kuvuga ibimuri ku mutima bigatuma kandi ubuzima buryoha kandi bukamera neza. Gerageza kubwira uwo ukunda amwe muri aya magambo kandi ntihazagire ukubeshya ngo yanga kubwirwa amagambo meza; keretse ibyo uvuga ibitandukanye kure n’uko umeze kandi ujye ugerageza ubwire umukunzi wawe amagambo akuvuye ku mutima . ibi bizajya bituma uwo ukunda yumva akunzwe kurusha abandi bose.

Ibirungo by’Urukundo: Bimwe mu byagufasha kuryoshya urukundo rwawe

Iyo ugiye guteka indyo runaka ukenera kumenya uburyo ubigenza, ukamenya ibyo ubanza n’ibirungo uza gukenera byose (ingredients), ukenera kandi kumenya uburyo ubigenza n’ uko ukurikiranya ibirungo ku buryo n’undi wakubaza uko bikorwa wamenya uko ubimusobanurira. Ese mu rukundo byo bigenda bite? Ese ni ibihe birungo ukenera ngo rurusheho kumera neza no kuryoha? Hano turakwereka ubwoko bw’ibirungo bugera kuri 20 wakoresha kugira ngo ‘ifunguro ryawe mu rukundo’ ribe riteguye neza.

1. Banza wubahe umukunzi wawe: Akenshi kubera kumenyerana cyane usanga wibagirwa icyubahiro umugomba. Si byiza ko usigara umufata nk’umuntu usanzwe ngo umubwire ibyo wishakira byose. Umukunzi wawe aba akwiye guhora ashimishwa n’uko umwitwaraho, ukamwitwararikaho, ukamwereka ko umuha icyubahiro kandi kimukwiriye. Aba yifuza ko umwubaha kandi ukanamwubahisha mu bandi.

2. Jya unyurwa n’uko umukunzi wawe ameze: Abakundana benshi batandukanywa n’uko umwe mu bakundana atanyurwa n’uko uwo akunda ameze, yabona inshuti ye ifite umukunzi akifuza ko nawe uwe yaba ameze atyo kandi burya ikigushimisha si cyo cyashimisha undi, n’icyo wakundiye umukunzi wawe sicyo undi yakundiye uwe, bityo byakabaye byiza buri wese anyuzwe n’uko umukunzi we ameze.

3. Jya ubwira umukunzi wawe ko ari mwiza, yambaye neza, aberewe,… bitari ukumureshya no kumuryarya, ahubwo ari ukumwereka uburyo aguhagije kandi ko uticuza icyo wamukundiye.

4. Jya umubwira utujambo tw’urukundo, umubwire kandi nta soni ufite ko umukunda, nibura inshuro imwe ku munsi. Hari abantu bamwe batinya kuvuga ijambo”ndagukunda”, kandi mu by’ukuri nta muntu n’umwe udashimishwa no kubwirwa n’umukunzi ko amukunda, cyangwa ko nta soni biteye kuba umukunda. Ni byiza ko ubimubwira, akabimenya, akareka kubishidikanyaho; ariko ntibibe kubimubwira gusa ahubwo unabimwereke mu bikorwa.

5. Mujye mugira imishinga mufatanya: Burya iyo abantu bakundana usanga batavugana ku bintu byose, ariko bikaba byiza iyo bagize ibyo bafatanya gukorana nk’udushinga duto, gutegura urugendo bazakorana, kubaka inzu; ntibibe bya bindi umwe agenda akiherera agakora ibintu undi akazatungurwa!

6. Mujye mwicarana muganire cyane cyane ku kibazo runaka kibugarije, mugirane inama, kandi mugire n’umwanzuro mufatira hamwe.

7. Mujye mugerageza guhana impano bitari ngombwa wenda ko ziba zihenze cyane, ariko zifite icyo zisobanuye, zishobora kuvuga no gukora byinshi kurusha ibyo wavuga n’umunwa wawe.

8. Mujye mufatanya muri byose: Niba ari mu makosa umukosore kandi niba aguye mu byago ntumutererane.

9. Jya uhora umwishimiye kandi umwereke ko ari uwa mbere mu buzima bwawe: Abantu benshi birabagora kwerekana ibyo biyumvamo, ariko burya bishimisha umukunzi kumwereka ko ari uwa mbere, ko watomboye kumubona, ko wifuza ko muzibanira akaramata, kandi ko nta na rimwe uzigera umureka n’ibindi byose byiza wamwereka.

10. Birashoboka ko mushobora kuganira mukagera kure, mugakoranaho, mugasomana ndetse yewe mukaba mwanagera aho muryamana, ariko ntimukabigire nk’aho aricyo gisobanuro cy’urukundo kuko urukundo ni rugari rurenze ibi bifatika!

11. Mujye mugira umwanya wo guseka, mubwirane inkuru zisekeje, muruhurane mu mutwe, musekeee.. museke peee! Ntiwari uzi se ko guseka bavuga ko byongera iminsi yo kubaho? Usibye n’ibyo kandi ni byiza ko ukora utuntu cyangwa ukabwira utuntu umukunzi wawe dutuma agukumbura iyo udahari, yaba atwibutse yewe mutanari kumwe agaseka.

12. Mujye mugira ingingo runaka mutegura kuganiraho nibura rimwe mu byumweru bibiri, ingingo mubona ko yabubaka mwembi, wenda nibiba ngombwa mushake ubarusha kuyumva cyangwa kuyisobanukirwa ayibaganirizeho.

13. Mujye mugira igihe cyo kuganira ku ndoto zanyu kandi buri wese afashe undi kuzigeraho.

14. Ntimugapfukirane: Mbere y’uko akubona yari afite ibyo asanzwe akunda ndetse afite n’izindi nshuti. Ikindi kandi burya umuntu ni mugari ku buryo wowe wenyine udashobora kumuhaza; akeneye umubera umuvandimwe, uwo batera ibiparu mu gihe ashaka kwiruhurira mu mutwe (aba bajya bita Abajama), akeneye umunyenshuri bigana cyangwa umukozi bakorana kugira ngo amubere inshuti y’umwihariko, akeneye inshuti magara,…Jya umureka rero yisanzure kuba agufite ntibivuga ko yasubijwe ko nta n’undi muntu n’umwe akeneye.

15. Mwese muri kimwe, ntukumve ko hari ibyo wemerewe we atakora cyangwa ngo wumve ko hari amakosa ashobora gukorwa n’abagabo atakorwa n’abagore cyangwa se yakorwa n’abagore ntakorwe n’abagabo. Mwese muri kimwe, nta mwana, nta mukozi w’undi, nta mucakara w’undi ahubwo muri umwe; bityo rero ntihakagire uwumva ibi bireba uriya ngo we yumve ntacyo bimubwiye.

16. Mwemere uko ari, wishimire uko ari kuko ariwe Imana yakuremeye. Ntukumve ko wakwishima kurushaho ari uko uri kumwe na kanaka, jya ushimishwa n’umukunzi wawe kandi wige guhazwa n’ibyo ufite.

17. Ntimukabeshyane kandi ntimugacane inyuma: Ntacyo abandi bamurusha, bityo jya unyurwa n’uko ameze, ni wo muberanye pe.

18. Mujye mubabarirana, igihe umwe muri mwe, agize ikosa agwamo: Niba hari icyo yakoze kitagushimishije, ntukumve ko isi yakuguyeho, ntukumve kandi ko bikabije ku buryo adakwiye kubabarirwa. Twese turi abanyamakosa kandi buri wese yemerewe gukosa kuko tutari abamalayika, gusa ntuzabigendereho ngo nawe uhore ubabaza umukunzi, umunsi umwe ashobora kunanirwa kwihangana akagusiga kandi ntibyakugwa neza.

19. Jya usigarana amasomo y’ibyakubayeho, ntukibagirwe kugira ngo bijye bigufasha guhora wirinda kugwa mu makosa wigeze kugwamo kera.

20. Jya ugira ubushake ko urukundo rwanyu rwakomeza, niba usenga jya ubishyira mu isengesho ryawe rya buri munsi, ntukibagirwe ko byose bishoboka, urukundo rukwiye guhora ruvomerwa.

Hari igihe ujya guteka ufite ibirungo bihagije ariko ukabivangitiranya ukaza gusanga ibyo wateguye bitaryoshye. Jya umenya rero gukora ikintu mu mwanya wacyo, umenye ikihutirwa kurusha ikindi kandi hejuru ya byose urukundo rube urwa mbere. Ibi nubishobora uzaba ugitsinze.
source:igitondo.com

Ibintu bitanu byagufasha kumenya niba umukobwa w’inshuti yawe (girlfriend) agukunda koko

Kuba umukobwa yarakwemereye ko agukunda ntibihagije guhita ubyemera nk’ukuri kuko hari igihe ashobora kubyemera bitewe n’inyungu akubonamo . Ugomba rero kubanza ukitonda ugashishoza, ukareba ko agukunda koko . Dore bimwe mu byakugaragariza ko girlfriend wawe agukunda bya nyabyo:

- Yifuza kukuba hafi iteka

Ahora iteka ashaka kuba hafi yawe, igihe mutari kumwe akakwandikira akubaza amakuru cyangwa se akaguhamagara ntarindire ko ari wowe umuhamagara gusa; ahanini uzumva akubaza niba wageze mu rugo mu gihe ukora cyangwa se uri umunyeshuri. Aba yumva kandi ashaka kumenya uko wiriwe, mbese uko umunsi wakugendekeye. Umukobwa ugukunda kandi uzumva yishimira kumenya gahunda zawe no kumenya ibyo utegenya gukora mu minsi y’ikiruhuko nka week-end .

Nawe kandi arakureka ukamenya amakuru ye ndetse nawe ubwe ukamumenya. Bene uyu mukobwa ntashobora kwibagirwa kuguhamagara cyangwa kukuvugisha ku itariki y’agaciro mu buzima bwanyu. Muri make, agerageza kumarana nawe igihe kirekire.

- Akwereka umuryango we n’incuti ze

Uru aba ari urukundo rwuzuye kandi ni iby’agaciro mu gihe umukobwa afashe icyemezo cyo kukwereka ababyeyi be cyangwa abandi bantu bo mu muryango we ndetse n’inshuti ze za hafi adashatse kukugumisha mu kigare kimwe. Uyu mukobwa kandi ngo aba ashaka kugushyira hafi ye kugira ngo ukomeze umwiyumvemo ku bundi buryo. Ikindi umukobwa ugukunda yishimirako buri muntu amenya ko muri kumwe kandi akavuga ko mukundana uri inshutiye ya mbere ( boyfriend).

- Ikindi kizakubwira umukobwa ugukunda ni uko azaba ari umukobwa wihagararaho kandi ugufitiye icyizere

Umukobwa nk’uyu aguha umwanya wawe wo gusohoka n’inshuti zawe kandi ntibimutere ikibazo. ubundi azagera aho ategure kuza kukureba ari kumwe na bagenzi be. Ubushuti bufite icyizere bumara igihe kinini, buraramba kandi bukagenda bwaguka; ni ukuvuga ko umukobwa ukwizera akenshi aba anagukunda.

- Umukobwa ugukunda rimwe na rimwe aragufuhira

Kuba umukunzi wawe agufuhira ntibizagutere ikibazo kuko burya iyo abagore bafushye bihita bigaragarira buri wese . Gufuha ntabwo ari ikimenyetso cy’urwango ahubwo ni urukundo rwinshi aba yifitemo; ni ukuvuga ko gufuha ari ikimenyetso cy’urukundo. Nubona ikintu cyose uzakora kitababaza umukobwa mukundana cyangwa se ukabona atajya agufuhira na gato, uzamenye ko uwo mukobwa atakwitayeho .

- Azakwibwirira ko agukunda

Ubundi ngo mu mibereho y’abakobwa hari amagambo abagora gukoresha nko kubwira umuhungu ko amukunda. Niwumva rero abivuze uzamenye ko byamuvunnye cyane . Burya umukobwa utagukunda by’ukuri ntiyapfa kubumbura umunwa we ngo akubwire ko agukunda yumva mu byiyumviro bye atari ko bimeze. Umukobwa rero uzakubwira ko agakunda uzamenyeko nta n’ikibazo yagira isi yose imenye ko agukunda; mbega aba akwishimiye anishimiye kuba ari kumwe nawe.

Niba rero ufite umukobwa wita ko ari inshuti yawe (girlfriend) ,ugasanga mu bimenyetso tuvuze haruguru nta na kimwe afite cyangwase akugaragariza menya ko atagukunda na buhoro ahubwo urebe uburyo wabona undi ugukunda kandi ubikwereka mu bikorwa no mu magambo.

mercredi 30 mars 2011

umuhungu yabasha kuvugana neza n’umukobwa kuri telefone?

vugana n’umukobwa kuri telefone bishobora kugora abahungu bamwe, cyane iyo uwo bavugisha bamutinya cyangwa bashaka kumutereta. Nyamara hari ibintu bimwe na bimwe bishobora gufasha umuhungu kuvugana neza n’umukobwa kuri telefone kandi ikiganiro bagirana kikagenda neza cyane.

Muri iyi minsi, kuvugana n’umuntu binyuze kuri telefone ni imwe mu nzira zikomeye zifashishwa mu guteza imbere imibanire hagati y’abantu. By’umwihariko, hagati y’abahungu n’abakobwa (abasore n’inkumi) ho ikoreshwa rya telefone rifite akamaro kanini cyane.

Abakundana, by’umwihariko, bakunze kwifashisha iri koranabuhanga bahamagarana ndetse banabwirana utugambo tw’urukundo ‘Imitoma’.

Gusa abagitangira kumenyana bo hari igihe rimwe na rimwe bibagora.

Muri iyi nkuru turabagezaho noneho ibyafasha umuhungu ushaka kugirana n’umukobwa ikiganiro binyuze kuri telefone kandi akagera ku ntego yo ‘kuryohereza’ uwo aganiriza.

Ikintu cya mbere cyagufasha nk’umuhungu ni ukwiha umutuzo. Mbere y’uko utangira guhamagara, banza wihe umutuzo mu mubiri wawe, ntutangire gushya ubwoba no kubira ibyuya, uhangayika ngo uravuga iki cyangwa urabyitwramo ute. Igirire icyizere wumve ko bishoboka.

Ikintu cya kabiri ugomba gukora niba wumva utiyizeye ijana ku ijana ni ukwandika ku gapapuro ibyo wumva ukeneye kuza kumubwira(cyane iyo mutaramenyerana ngo munamenyane birambuye). Ibi bigufasha ko n’igihe mwaba muganira ukumva ubuze icyo umubwira (kagacika nk’uko babivuga), uhita wifashisha ya ‘mfashanyigisho’ yawe ukabasha kuzahura ikiganiro cyari kigiye gupfa. Guceceka bituma ikiganiro kibiha kandi bishobora gutuma uwo muvugana (ni ukuvuga umukobwa) ahita agusezera kuko nyine aba abona ko wabuze ibyo umubwira.

Inyuma y’ibi, hakurikiraho igice cy’ingenzi kandi cya ngombwa cyo kuba uwo uriwe. Igihe mwatangiye ikiganiro cyanyu, tangirira ku tuntu tworoheje ubundi wuririreho umubaza n’ibindi. Niba ageze aho akavuga ibintu bikwerekeye mu buzima busanzwe, wimuca mu ijambo, mureke arangize interuro ye ubundi umusubize akakuri ku mutima. Gusa uzirinde gushaka kubikora nk’uko abandi babikora. Ba uwo uri we, umusubize nkawe ubwawe kandi umuhe ibisubizo ukuye ku mutima. Ikiganiro gikozwe muri ubu buryo gishobora kuryoha ku buryo mwamara n’amasaha menshi mutararambirwa kuvugana.

Iyo ikiganiro kimaze kuryoha, uzirinde gutangira kureba ku isaha. Reka ikiganiro gikomeze muze kugisoreza aho wumva koko kigomba gusorezwa. Ntikigere aho kiryoshye ngo utangire gusezera kandi wenda wariwo mwanya wo kuvuga akakuri ku mutima. Niba ufite n’ikibazo cy’amafaranga muri telefone, kora ku buryo uwo munsi ushyiramo ahagije ku buryo niyo byaba ngombwa ko mumara iminota myinshi muganira bitaza kugera aho biryoshye ngo byikupe. Gucikiriza ikiganiro cyangwa gutangira kuvuga ngo umaze igihe kirekire uvugana n’umukobwa kuri telefone bishobora kubishya ikiganiro kandi nyamara cyagombaga kuryoha. Gusa nanone uzirinde kugira ikiganiro kirekire cyane kuko bishobora gutuma akurambirwa.

Mu bindi impuguke zivuga ko byagufasha ni ukwirinda guhamagara umukobwa mu masaha ya ninjoro cyane (burya ngo abakobwa ntibabikunda), ukirinda gushaka gusobanura ibintu byose (kuko utazapfa ubirangije), kandi ukanagerageza byibuze kuryoshya ikiganiro mu minota ya mbere y’ikiganiro (ku buryo ashobora no guseka kubera kwishima). Ibi ngo nta kabuza bizagufasha kugira ikiganiro kiryoshye.

Kuganira ni inzira ikomeye (kandi ishobora kuba iya mbere) yo gukuza umubano hagati y’abantu, by’umwihariko hagati y’umusore n’inkumi. Bityo rero, uko mugirana ikiganiro kikamunyura, niko nawe azagenda akwibonamo ndetse bikanatuma buri gihe uko umuhamagaye akwitabana umuneza n’umunezero.

Ujye unagerageza kumwoherereza ubutumwa (haba kuri telefone cyangwa ubutumwa bundi bwanditse nko ku rupapuro, carte postale, …) kuko nabyo bifasha gukuza umubano.

Abanzi barindwi ba buri couple

Buri Couple iba ifite ibintu biyiteza imbere yihariye ariko kandi ikagira n’ibindi biyibuza amahoro , bikayibangamira mu mibereho yayo… Ntabwo ari ibintu bitangaje: niba muri mwembi, buri wese afite ibyo yanga akagira n’ibyo akunda, birumvikana ko mwembi hari ibishobora kubageraho bikabashimisha kimwe n’uko bishobora no kuba ari ibibahungabanya.
Kugira ngo rero urukundo rwanyu rutere imbere, rugire aho rugera, ntiwirirwe ufata umwanya ujya gushakira muri byinshi, wikwirirwa ukoresha amafaranga y’ikirenga wubaka urukundo cyangwa urusana, ahubwo wowe gerageza kururinda ibintu bishobora kurwangiza.
Ese uzabwirwa n’iki ibyo bintu?
Aha turakwereka ibintu birindwi biri mu bituma urukundo rwanyu rucumbagira, bitangira ari bitoya ariko mutarebye neza bishobora gutuma ruhagarara da! Nta kindi wakora rero usibye kubyirinda ukanabirinda umukunzi wawe, mwembi mukabigendera kure, bityo mukaba murinze ururkundo rwanyu.
1. Televiziyo
Muzarebe namwe nk’iyo hari filimi za seri (series), ukava ku kazi mbere yo kubaza uko abo mu rugo biriwe ugahita uhitira kuri televiziyo, cyangwa ari mu gihe cy’imipira ya champion’s League cyangwa cya Cecafa,… biri mu bintu bibangamira abakundana pe!
Kujya ku meza wicaye imbere ya Televiziyo kabone n’aho mwaba murimo kureba ibintu mwembi bibashimishije iyo bibaye buri gihe bituma nta mwihariko w’ibiganiro byanyu mugirana, ugatuma nta mwanya mufata ngo muganire, mwitekerezeho. Mu gihe na mwe mubibona ko koko ibabangamiye, itagituma mufata umwanya wo kuganira, mushobora kwemeranyaho igihe muzajya muyicana, inshuro zingahe se mu cyumweru, ku munsi se… ariko mukagerageza kwisigira umwanya muto wo kujya muganira kuko iyo bitagenze gutya, mushiduka mwembi mumeze nk’abataziranye, n’uburyo mwisanzuranaho bikagenda bishira burundu.
2. Guhora mu bintu bimwe
Ya restaurant mwakundaga gusohokeramo, rya funguro mwakundaga gusangira, ha hantu hose mwakundaga gutemberera,… muri make bya bindi byose mwajyaga mukunda, bya bindi byose byajyaga bibashishikaza, byose mwarabyibagiwe, mwarabitaye,… ubu musigaye mubana nk’abantu bamenyeranye bihorera mu bintu bimwe, nta mwihariko wanyu mufite, nta gashya mu rukundo rwanyu kandi urukundo ni nk’ururabyo rusaba guhora ruvomerwa, ibi nabyo biri mu bituma couple irananirwa, igacumbagira byarimba ndetse ikaba yanahagarara burundu.
3. Gukora amasaha arenga ayo mwagombaga
Rekera aho gutaha bwije, bitari uko gusa nawe ubwawe nta gihe wiha ahubwo kuko n’uwo ukunda nta mwanya na muke ukimuha. Gerageza kuva ku masaha wakoraga nibura ukureho nk’abiri ukomeze kugera ubwo uzumva nawe ubwawe usigaye ubona umwanya wo kuruhuka. Impamvu y’ibi rero si no kugira ngo uruhuke gusa, nta n’ubwo impamvu bibangamira umukunzi wawe ari uko atakikubona gusa, ahubwo ni uko iyo umaze igihe ukora cyane utaruhuka n’ibiganiro byawe ubwabyo biba ari ibyerekeranye n’akazi kawe gusa, bityo ugasanga ariko konyine uha umwanya mu buzima bwawe, umukunzi wawe ntiyongere kubona umwanya mu buzima bwawe.
4. Kutiyitaho
Kuba umaranye igihe kinini n’umukunzi wawe, ntibivuze ko bihagije; kuba kandi akuzi neza agukunda uko uri - ibyiza byawe n’ibibi byawe- ntibivuze ko bihagije nta kindi ushobora gukora. Si byiza ko ujya mu bwiherero ugasiga udasutsemo amazi ngo ni uko mujya no gukundana ariko wari umeze yabyihanganiye, nta n’ubwo ari byiza ko musohokana utikozeho, ngo wambare neza, usokoze imisatsi yawe neza, ku buryo buri munsi abona impamvu yo kugumana nawe, ku buryo n’abandi bakureba koko bakabona ko afite umukunzi mwiza. Ni ngombwa kumwereka ko ari umuntu w’agaciro imbere yawe ku buryo buri gihe uba ugomba kwishimira kuba ari uwawe ukabimwereka umuha agaciro akwiye koko.
5. Kumwima agaciro
Mu bintu bya mbere bibangamira couple, harimo kuba udaha agaciro umukunzi wawe.
Aha sinshatse kuvuga kumugurira impano gusa, kumuha indabyo nziza z’amaroze, ibi byose si byo byonyine byereka umukunzi wawe ko umuhaye agaciro. Ahubwo, wenda niba muri kumwe, jya umureba umwereke ko n’ubu utarumva uburyo yakwemereye ko utura mu mutima we; birahagije ko umenya kandi ukamubwira ikintu cyose gishya cyamubayeho, niba yambaye umwenda mushya, niba avuye muri salon de coiffure, ugahita ubibona kandi ukabimubwira; ntugatinye kumubwira igihe ubona asa neza cyangwa yambaye neza, ntugatinye na rimwe kumubwira icyo umutekerezaho cyane cyane iyo ari cyiza kandi ubona ko gishobora kumwubaka.
6. Gufuha birenze urugero
Burya iyo ukunda umuntu ni ngombwa ko umufuhira, ariko na bwo iyo urengereye ntibiba bikiri byiza.
Rekera aho kumucunga no kumucungisha abandi, si umujura. Rekera aho gucunga ubutumwa bugufi yakiriye kuri telefoni ye, rekera aho gucunga email zamwandikiwe n’izo yanditse. Jya umenya ko ikintu cy’ingenzi mu rukundo ari icyizere kandi mwese mukakigirirana. Iyo ukomeje kumwereka ko utamwizeye, agera aho akaruha na we akagera aho akumva ntaryohewe bityo rwose akaba yanisangira undi umuha amahoro.
7. Kwifata bikabije
Kumenya imibereho ya couple yanyu burya ni ingenzi kandi birabareba mwese. Rimwe na rimwe hari ibintu biba bidakwiye gukorwa nk’ umugenzo. Iyo abantu bakundana cyane cyane abamaze kubana dore ko ari nabo baba babyemerewe, ni byiza ko bakorana imibonano mpuzabitsina. Burya si ngombwa ko buri joro uko mugiye kuryama mutangira kubonana, nta n’ubwo ari formule rwose kuko iki ni igikorwa gikorwa iyo buri wese abyiyumvamo, bitari uko ari formule. Niba utabyiyumvamo aho kugira ngo ubikore nabi, wabireka rwose ariko kandi mujye mugerageza mwembi, mumenye igihe mwumva mwese mubishaka. Gusa ntimugahore mu bintu bimwe hato mutazarambirwa ahubwo nimugerageze guhindura uburyo mubikoramo, mugerageze kubwizanya ukuri ibishimisha buri wese, mugerageze guhindura igihe, kuko burya iyo bihora ari bimwe nta gashya, mugera aho mukarambirwa. Nimugerageze mwumve ko ari igikorwa muha agaciro. Nko mu bihugu byateye imbere ho, hari igihe abakunzi bava mu gihugu bakajya mu kindi, mu mugabane bakajya mu wundi, ariko kugira ngo urukundo rwabo ruhore ari rushya nta bintu bihoraho kandi birambirana bakora.
Source:igitondo.com

dimanche 27 mars 2011

members

KUKI ABAREBA KURI URU RUBUGA TURI BENCI BIVUZE KO ARI INGIRAKAMARO ARIKO NTIDUTANGE IBITEKEREZO,NTITUBE MEMBERS,NTIDUSHYIRE NA COMMENTAIRES ZACU KU NKURI ZIRI KURI IYI BLOG

Yaaaaa

Abasazi babiri barwaniye mu mugi kumangazini cyanga ku maduka(shop)bitewe nuko buri wese ashaka kubyumba umwe ariruka aba agonze(agwira)inkingi aba abwiye mugenzi we ati"sha twitahire ndabona ibi twishyizemo(ibisazi=folie)bizatuvamo

vendredi 11 février 2011

Urubuto rwa pome (pomme, apple) n`ibyiza byarwo

Uru rubuto ni ingirakamaro ku buryo hari umugani ugira uti “une pomme par jour chasse le médécin” mu Kinyarwanda bikaba bivuze ngo “pomme imwe ku munsi yirukana muganga” bikaba bishatse kuvuga ko iyo urya pomme imwe ku munsi ntaho uhurira na muganga kuko utarwara.

Uru rubuto rwa pomme ruba mu muryango w'ibimera witwa Rosacées.

Ibiyigize by'ibanze

- Pomme igizwe n'amazi kuva kuri 84% kugeza kuri 93%. 1,30% : sucres réducteurs, saccharose :1,60 à 1,40%, 0,90 à 1,70% : cellulose, pentasan 0,50%, 0,40% :lignine, 0,60% :acide libre , 0,40%: pectine, 0,30% :amavuta, le tanin.

- Imyunyu ya K,Na, Si, Ca, Cl, Fe, Br, Al, AR, S, Mg, Co

- Ikagira na Esters (amyle, formique, acétique, caproïque na aldéhyde acétique, géraniol

- Vitamine B1 (10% mg%), B2 (0,05 mg%), PP (0,5 mg%)yo iboneka cyane mu gishishwa cyayo, l'acide pantothénique (0,06mg%), la vitamine C (10 mg%);

- Ibitera ingufu(Valeur calorique) biri hagati ya 80-124 kcal kuri garama (gr)100 ibyo bigaterwa n`ubwoko bwazo.

Akamaro kayo

Ifasha gusohora inkari (diurétique), ifasha kwirukana ibyitwa urea mu mubiri (uricolitic= élimination de l'urée), ifasha umubiri gukomera (tonique), isukura mu mubiri (dépuratif), yica udukoko two mu mara (antiseptiques intestinaux), igabanya ibyitwa cholésterol, ifasha kujya ku musarani (laxatif).

Igihe ifasha cyane

- Mu gihe cy'umunaniro ; mu gihe cyo gukiruka indwara ; mu gihe cy'ubukonje bukabije.

- Ku bantu barwaye rubagimpande (rhumatisme) ; gute (goutte,gout), utubuye mu pyiko (la lithiase urique) ; umwijima (hépatite) ;no mu gihe cyo gukiruka umwijima.

- Mu gihe cy'indwara z'impiswi (diarrhée) ; kwituma impatwe (constipation).

- Mu gihe ubushyuhe bw'umubiri bwazamutse (fievre, fever) ;indwara y'igifu ; diyabete

- Kubura ibitotsi

Uburyo yaribwa

Iribwa ari mbisi, cyangwa igakorwamo umutobe (jus, juice), cyangwa igashyirwa muri salade y'imbuto, ishobora ko gutekwa mu ifuru (four).

Urubuto rwa pome (pomme, apple) n`ibyiza byarwo

Uru rubuto ni ingirakamaro ku buryo hari umugani ugira uti “une pomme par jour chasse le médécin” mu Kinyarwanda bikaba bivuze ngo “pomme imwe ku munsi yirukana muganga” bikaba bishatse kuvuga ko iyo urya pomme imwe ku munsi ntaho uhurira na muganga kuko utarwara.

Uru rubuto rwa pomme ruba mu muryango w'ibimera witwa Rosacées.

Ibiyigize by'ibanze

- Pomme igizwe n'amazi kuva kuri 84% kugeza kuri 93%. 1,30% : sucres réducteurs, saccharose :1,60 à 1,40%, 0,90 à 1,70% : cellulose, pentasan 0,50%, 0,40% :lignine, 0,60% :acide libre , 0,40%: pectine, 0,30% :amavuta, le tanin.

- Imyunyu ya K,Na, Si, Ca, Cl, Fe, Br, Al, AR, S, Mg, Co

- Ikagira na Esters (amyle, formique, acétique, caproïque na aldéhyde acétique, géraniol

- Vitamine B1 (10% mg%), B2 (0,05 mg%), PP (0,5 mg%)yo iboneka cyane mu gishishwa cyayo, l'acide pantothénique (0,06mg%), la vitamine C (10 mg%);

- Ibitera ingufu(Valeur calorique) biri hagati ya 80-124 kcal kuri garama (gr)100 ibyo bigaterwa n`ubwoko bwazo.

Akamaro kayo

Ifasha gusohora inkari (diurétique), ifasha kwirukana ibyitwa urea mu mubiri (uricolitic= élimination de l'urée), ifasha umubiri gukomera (tonique), isukura mu mubiri (dépuratif), yica udukoko two mu mara (antiseptiques intestinaux), igabanya ibyitwa cholésterol, ifasha kujya ku musarani (laxatif).

Igihe ifasha cyane

- Mu gihe cy'umunaniro ; mu gihe cyo gukiruka indwara ; mu gihe cy'ubukonje bukabije.

- Ku bantu barwaye rubagimpande (rhumatisme) ; gute (goutte,gout), utubuye mu pyiko (la lithiase urique) ; umwijima (hépatite) ;no mu gihe cyo gukiruka umwijima.

- Mu gihe cy'indwara z'impiswi (diarrhée) ; kwituma impatwe (constipation).

- Mu gihe ubushyuhe bw'umubiri bwazamutse (fievre, fever) ;indwara y'igifu ; diyabete

- Kubura ibitotsi

Uburyo yaribwa

Iribwa ari mbisi, cyangwa igakorwamo umutobe (jus, juice), cyangwa igashyirwa muri salade y'imbuto, ishobora ko gutekwa mu ifuru (four).

Gukora imibonano mpuzabitsina utwite ntibibujijwe

Gukora imibonano mpuzabitsina utwite ntibibujijwe


Kuba muri ababyeyi, mwitegura kwakira abana, ntibivuze ko mudashobora kunezezanya hagati yanyu, mukora imibonano mpuzabitsina nk’ uko benshi bakunze kubyibeshyaho.

Ababyeyi benshi bakunze guhagarika imibonano mpuzabitsina mu gihe umugore atwite, aho baba bavuga ko ngo banga guhutaza umwana uri mu nda. Mu bihe nk’ ibi ndetse bamwe mu bagabo ntibatinya guca inyuma abo bashakanye ngo bajye gutera akabariro ahandi, kuko ngo baba babikumbuye.

Niba rero muri mu bihe nk’ ibi, mwihagarika ubuzima musanzwe mubayeho, ahubwo gusa mube maso ku bijyanye no kongera isuku, haba ku ruhande rw’ umugore ndetse n’ urw’ umugabo, kuko mu gihe cy’ imibonano mpuzabitsina, hashobora kugira imyanda yinjira, ikaba yahungabanya ubuzima bw’ ikibondo mutegereje.

Urubuga 7sur7 dukesha iyi nkuru, rukomeza ruvuga ko akenshi ababyeyi b’ abagore batinya kuba baganira n’ abaganga babakurikirana ku bijyanye n’ ubuzima bw’ imyororokere, ibi akaba ari nabyo ntandaro y’ ubujiji bukunze kuranga benshi mu babyeyi.

Niba utwite impanga…

Abahanga mu by’ ubuzima bw’ umwana mu nda bemeza ko mu gihe umubyeyi atwite impanga zaba ari nyazo cyangwa izitandukanye (Vrais Jumeaux/Faux Jumeaux), ibyiza ari uko yakwirinda imibonano mu rwego rwo guharanira ko abana be batavuka mbere y’ igihe cyabugenewe(amezi 9). Ibyiza ni ukuba ubihagaritse ukazongera kugira icyo ukora nyuma y’ igihe kitari munsi y’ ukwezi kumwe ubyaye.

Inama 10 mu rugamba rwo kureka kunywa itabi

Nk'uko abantu batandukanye mu myitwarire yabo ya buri munsi, ni nako uburyo bwo kureka itabi bugiye bwihariye kuri buri wese wari usanzwe arinywa. Kandi rero, ubushakashatsi bugaragaza neza ko inyungu n’ibyiza byo kurireka bihita bitangira kwigaragaza ako kanya. Harimo nko guhindura impumuro uwari asanzwe anuka itabi agatangira guhumura neza ndetse utanaretse icyizere cyo kubaho kiyongera.

Mu ngaruka zo kunywa itabi habamo nk’inkorora iramba nyamara ngo iyi nkorora iba ari akamenyetso gato cyane ugerereranije n’ibibi byinshi bidahita bigaragara inyuma. Ikindi ni uko abanywi b’itabi bigabanyiriza imyaka 14 yo kubaho ugerereranyije n’abatarinywa.

Ku banywi b’itabi barimenyereye ngo ntabwo ari ikintu cyoroshye kurireka. Si ikintu cyo kuvuga ngo "ndivuyeho", aka kanya ugahita ubibasha burundu. Bisaba cyane kuba umuntu afite ubushake bukomeye bwo kurireka mbere ya byose, ariko bikanagenda bitandukana ku bantu kuko hari n’abahita babigeraho. Gusa ngo iyo umuntu ariretse ahera ku gutangira guhumurirwa kurusha mbere agatangira no kuryoherwa n’ibiribwa kurusha mbere.

Nyuma y’amezi 3 gusa mu bihaha hahita haboneka 30% y’umwuka wa oxygène nyuma y’umwaka umwe gusa ibyago byo kugira ibibazo by’indwara z’umutima bigabanukaho 50%.

Dore inama 10 umuntu agirwa ngo abashe kureka itabi :

1. Menya neza icyo ushaka waniyemeje, ugihorane mu mutwe uniyumvishe ko bishoboka .

2. Tangira ugabanya aho guhita urihagarika kuko akenshi abarihagaritse gutyo bidateye kabiri barisubiraho. Buri uko ugabanije umuti umwe ku masegereti wanywaga ku munsi uba uteye intambwe ikomeye.

3. Gerageza gusimbuka imitego ya nicotine (ubumara buba mu itabi) akenshi ukora siporo cyangwa wisomera udutabo ukunda.

4. Akenshi iyo umuntu aretse itabi ahita yongera ibiro akabyibuha; ibi iyo udashaka ko ariko bigenda uhita utangira kugendesha amaguru kenshi cyangwa ukanyonga akagare bigatuma ugumana ibiro n’ingano byawe.

5. Iyibagize ibyahise bijyanye n’itabi unarwanya ikintu cyose gishobora kurigusubizaho wanakumva bimeze nk’ibyanze aho guhita unywa itabi hekenya ka shikarete (chewing-gum), bishobora kukugabanyiriza kurishaka.

6. Irinde abo mwarisangiraga kenshi iyo barimo barinywa wisunge hagati aho abo waba uzi na bo babashije kurireka bazakwereka ko bishoboka banagutere akanyabugabo.

7. Numara kubona ubigezeho neza ntuzumve ko hari icyo utakaje cyane kuko ibyiza byo kurireka na byo uhita utangira kubyiyumvamo.

8. Ikindi uzitegure gushikama cyane ku munsi wa 8 kuko abashakashatsi ni ho bemeza ko umuntu yumva neza neza bimurangiriyeho icyo gihe biba byiza iyo ubizi ukaba ushatse ibyo uzi neza ko byaguhuza.

9. Mu kongera amahirwe yawe yo kurireka burundu kuko ubumara bugira umuntu imbata y’itabi bwitwa nicotine buboneka no mu bindi biribwa nka za chocolats, ama bonbons n’ibindi wajya aba ari byo wifatira mu gihe kwihangana biri kukugora mbere yo kumva ko utsinzwe.

10. Icya nyuma ni uko iyo habaye akantu katagenda neza mu mubiri kubera kurireka kuko na byo bibaho nko gutitira intoki kwibagirwa bidasanzwe ureba muganga ngo ibi ni ibisanzwe.

Abahora mu rugamba rwo kuva ku itabi rero nimugerageze tubifurije amahirwe no kubigeraho.

Wari uzi ko amazi ari umuti?

Amazi yonyine nicyo kinyobwa gishobora gukamura imyanda iri mu ngingo, iba yatumye zidakora neza,Niyo arinda kandi agahuriza hamwe imisemburo yagiye itangwa n’ingingo zibishinzwe ,maze amazi akayijyana aho ikenewe hose.Niyo ajyana indurwe zishinzwe kunoza ibyo turya ,niyo kandi asohora imyanda iri mu mubiri.

Yoroshya amaraso,akayatera kugenda neza,amazi akoresha neza udutsi dushinzwe gukwirakwiza amavuta mu mubiri w’umuntu.Niyo ashinzwe kugenza ubushyuhe bw’umubiri,niyo atera kwihagarika neza ndetse amazi yoroshya amara maze akayatera gukora neza.

Kunywa amazi bitera kubaho neza ,uramenye utazagira ikindi kinyobwa usimbuza amazi cyangwa ukibwira ko ayo tuvana mu biribwa ahagije.

Amazi anyobwa ate?

Kunywa ikirahuri kimwe cyangwa bibiri ukibyuka mu gitondo,ayo mazi akaba akonje mu rugero rwiza,cyangwa ukayanywa usigaje nk’isaha ngo ufate ifunguro;ayo mazi afasha igifu gukora neza ndetse n’umubiri wose muri rusange.

Naho kunywa amazi ashyushye byo bigira icyo bimarira abafite umubabaro,abarakazwa n’ubusa ndetse n’ababuze amahoro.

Nubwo abantu benshi babikora;sibyiza kunywa amazi urimo kurya kuko binaniza igifu, ndetse biri mu bitera umubyibuho ukabije!

Amazi ni umuti!

Kuvurisha amazi (hydroterapie)bisaba ubwitonzi no gusobanukirwa ngo ubanze umenye neza indwara uvura uko imeze,hariho urugero na gahunda idahinduka isabwa gukurikizwa kugirango amazi abashe kuvura.

Amazi anyobwa mu gitondo kare umuntu akibyuka ashobora kurinda no kuvura zimwe muri izi ndwara :indwara z’amagufa,kuribwa umutwe,kuziba kw’imitsi,umutima utera vuba,inkorora idakira,igituntu,sinezite ndetse na kanseri.

NB:nubwo tuvuze ko amazi ashobora kuvura izi ndwara,kwa muganga niho hambere hagufasha kuzikira.

Wari uzi ko amazi ari umuti?

Amazi yonyine nicyo kinyobwa gishobora gukamura imyanda iri mu ngingo, iba yatumye zidakora neza,Niyo arinda kandi agahuriza hamwe imisemburo yagiye itangwa n’ingingo zibishinzwe ,maze amazi akayijyana aho ikenewe hose.Niyo ajyana indurwe zishinzwe kunoza ibyo turya ,niyo kandi asohora imyanda iri mu mubiri.

Yoroshya amaraso,akayatera kugenda neza,amazi akoresha neza udutsi dushinzwe gukwirakwiza amavuta mu mubiri w’umuntu.Niyo ashinzwe kugenza ubushyuhe bw’umubiri,niyo atera kwihagarika neza ndetse amazi yoroshya amara maze akayatera gukora neza.

Kunywa amazi bitera kubaho neza ,uramenye utazagira ikindi kinyobwa usimbuza amazi cyangwa ukibwira ko ayo tuvana mu biribwa ahagije.

Amazi anyobwa ate?

Kunywa ikirahuri kimwe cyangwa bibiri ukibyuka mu gitondo,ayo mazi akaba akonje mu rugero rwiza,cyangwa ukayanywa usigaje nk’isaha ngo ufate ifunguro;ayo mazi afasha igifu gukora neza ndetse n’umubiri wose muri rusange.

Naho kunywa amazi ashyushye byo bigira icyo bimarira abafite umubabaro,abarakazwa n’ubusa ndetse n’ababuze amahoro.

Nubwo abantu benshi babikora;sibyiza kunywa amazi urimo kurya kuko binaniza igifu, ndetse biri mu bitera umubyibuho ukabije!

Amazi ni umuti!

Kuvurisha amazi (hydroterapie)bisaba ubwitonzi no gusobanukirwa ngo ubanze umenye neza indwara uvura uko imeze,hariho urugero na gahunda idahinduka isabwa gukurikizwa kugirango amazi abashe kuvura.

Amazi anyobwa mu gitondo kare umuntu akibyuka ashobora kurinda no kuvura zimwe muri izi ndwara :indwara z’amagufa,kuribwa umutwe,kuziba kw’imitsi,umutima utera vuba,inkorora idakira,igituntu,sinezite ndetse na kanseri.

NB:nubwo tuvuze ko amazi ashobora kuvura izi ndwara,kwa muganga niho hambere hagufasha kuzikira.