Duhe ibitekerezo

Urashaka gutanga ibitekerezo?twandikire kuri iranzinone@yahoo.fr/iranzinejo@gmail.com



Murakoze

mercredi 29 décembre 2010

Uturango tw'ubwiza bw'umugore

UTURANGO TW'UBWIZA TW'UMUGORE

Biragoye gusobanura ubwiza. Kuko biterwa n'amaso n'umutima by'ureba. Uwo ubona ko ari mwiza nshobora kubona atanshimishije ariko muri rusange icyiza kiba kigaragara kandi abantu benshi bakacyumvikanaho ko ari cyiza. Ubwiza bukunze kuvugwa ku bagore cyane kuko ari zo mbaraga zabo.

IJWI:

"Imvugo ye ni umurebe w’impundu"-Rugamba

"Ni impundu z’umurangi
Zikiranya n’insengo
Zasobetse n’urugunda."-Rugamba

Ijwi ni akarango k'ubwiza k'umugore. Umugore ufite akajwi keza k'abagore gasobanutse kamwongerera gukundwa kurusha ufite ijwi nk'iry'abagabo.

AMABERE

"Naho igituza cy’umutabonda
Kirimo urwogere rw’imitari."-Rugamba

"Kandi amabere ni amahembe"-bangambiki

Ibice by'umubiri w'umugore byo konsa umwana bikaba n' akarango k'ubwiza.

IJOSI

"Naho ubwo rya josi ry' umutarati,
Uko yariteretse ngo andangamire,
Agasa na ya nkuba ya Rusine
Ikoreye ishaka kuvuna sambwe."-Rugamba

UMUSATSI:

-"Reba umusatsi ni umusana"- Bangambiki

"Umusatsi uyumbuje nk' umusereko
Uva mu ruhanga uhunda ibitugu"-Rugamba

"Umusatsi wose ni umusana,
Ni urugege ruzira ingingo
Ni urugeregere rw’uburanga,
Ni igisingizo cy’umudasumbwa."-Rugamba

Umusatsi mwinshi muremure ni ishema ry'abagore n'abakobwa. Naho umusatsi mubi w'injwiri ni igisebo gikomeye.

AMARIBORI:

"Inyange yariboye umusubizo
Mu rukenyero imbibi ziraka
Kandi ingondo zimugonyeye ho
Zamurangije mu ngingo"

Ni utuntu tumeze nk'ubusharure dukunze kuboneka mu ntege, ku nda,ibibero by'umukobwa cyangwa umugore. Ni akarango k'ubwiza,abagore barabikunda n'abagabo bakabishima.

INTEGE

Ni akarango k'ubwiza k'umugore. Abagore benshi bakunze kuzerekana. Kandi abafite intege nziza barabigendera. Mu ntege banahita "mu bikari"

UMUKONDO

Inkovu y'aho umwana aba afataniye na nyina akiri mu nda. Iyo hatakebwe neza inkovu ntimera neza ahubwo haza iromba.

Gukora ku mukondo:Guhuza igitsina
Urugero:Ndifuza kugukora ku mukondo.
Umukondo ni akarango k'ubwiza bw'abagore. Abagore cyangwa abakobwa biyubashye bakunze guhisha umukondo wabo mu gihe abakunda kurata ubwiza bwabo bawushyira ahagaragara. Mu guhuza igitsina umukondo ufite akamaro cyane kuko ari ipfundo ry'imyakura ngengagitsina. Gukorakora umugore ku mukondo bituma yumva uburyohe bwinshi.

AMASO

"Reba amaso ni inyenyeri"-Bangambiki

"Nsanga amaso ateretse inkesha,
Akina ibinyonga by' urunyenyeri."-Rugamba

"Amaso ni urubera rw’inkesha,
Kandi yuzuyemo ibinyonga
Akarusha ay’inyana urunyenyeri."-Rugamba

Gutereka Amaso:uburyo abakobwa n'abagore barebamo bareshya abagabo.

URUHANGA

"Agira uruhanga rw’uruhebuza,
Nturuhanga ngo urushye uhumbya
N’iyo uhungiwe n’amahindu
Ahubwo uremera akaguhonda."-Rugamba

INGOHE

"Ingohe ze ni irangamutuzo,
Ni uruterero rw’abatoya."-Rugamba

IZURU

"Izuru ni imbuga y’urutonde,"-Rugamba

AMATAMA

"Amatama yose itoto riragwa."-Rugamba

IMISAYA

"Naho urusizi rw’umususuruko
Rusesuye imisaya yose."-Rugamba

AMENYO

"Amenyo ni inono izira inenge
Ni amasimbi y’urubugurizo"-Rugamba

INDORO

"Indoro ye ni uruhogozambyeyi,"-Rugamba

INGENDO

"Ingendo ni urugororangingo,"-Rugamba

INDESHYO

"Indeshyo ni ijuru ry’umurere,"-Rugamba

UMUBIRI

"Umubiri wose ni ndebunyurwe."-Rugamba

AMABOKO

"Amaboko yose ni imibanga
Agira ibizigira by’ubukombe,"-Rugamba

URUTOKI

"Urutoki rwose ni urutunda"-Rugamba

IMBAVU

"Imbavu ze ni imbandagihumbi,
Ni imitende itatse indinda."-Rugamba

INDA

"Mu nda ni urutembanshyushyu
Ni umurere warezwe n’inka
Hose yitwa umwogabyano."-Rugamba

INSEKO

"Inseko ikeye umusanganya
Ubonye ukwezi kubanduye."-Rugamba

"Inseko yawe ni umuseso"-Rugamba

IZINDI NKURU

Igituba,Umugore n'Ubwiza

Mbese Inzobe nibwo bwiza?


rugamba,inseko,ukwezi,amenyo,ubwiza,umugore,umukobwa,amaso,umukondo,intege,umusatsi,amabere

Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire