Duhe ibitekerezo

Urashaka gutanga ibitekerezo?twandikire kuri iranzinone@yahoo.fr/iranzinejo@gmail.com



Murakoze

vendredi 1 avril 2011

Amwe mu magambo y’urukundo (imitoma) wakoresha mu gihe uri kuganira n’umukunzi wawe

Ikiganiro kigizwe n’amagambo yuzuye urukundo (imitoma) ni kimwe mu buryo bwifashishwa kugirango ushimishe uwo ukunda kuko burya umutima ukunda rimwe na rimwe uba ukeneye amagambo aryoshye yo kuwuhira. Aha rero hari amwe mu magambo wabwira umukunzi wawe akanezerwa ariko ukoresheje umunwa wawe udakoresheje telefone cyangwa se ibaruwa kuko burya iyo wivugiye ijambo n’akanwa kawe bituma uwo uribwiye arizirikana kurushaho.

Mu gihe ukoresha imitoma, ujye ubikora ubohotse (Relax) ntukayivugane igihunga n’ubwoba bwinshi kuko byatuma uwo uyabwira abona ko ibyo uvuga bitari kukuva ku mutima.

Hano hari amagambo amwe n’amwe yagufasha kuryohereza uwo ukunda, ukamugaragariza koko ko akuri ku mutima.

Mugihe muganira, mubwire uti:

 Ibyo nkora byose ni ukugira ngo nzabane nawe ubuzima bwanjye bwose,

 Zahabu zose na diyama ziri ku isi ntabwo bihagije ngo umuntu abe yagura urukundo umutima wanjye ugufitiye

 Imana yarakundemeye kugira ngo guteteshe

 Urukundo rwawe rwarantwaye

 Nabaye nk’umusazi kubera wowe

 Sinshobora guhagarika ku gutekerezaho

 Sinshobora na rimwe gutera agahinda umutima wawe

 Sinshaka kubyuka kubera inzozi nziza nari ndimo hamwe nawe

 Iyo turi kumwe numva ntekanye

 Namaze kuvumbura urukundo ry’ukuri muri wowe

 Nkunda kuganira nawe

 Nkunda uburyo unkunda

 Nshimira Imana umunsi wa mbere yakunzaniye muzima bwanjye

 Ndifuza kumarana nawe ubuzima bwanjye bwose

 Icyo ari cyo cyose nzasabwa kugira ngo ngumane nawe nzagitanga

 Nzaguha umutima wanjye wose, umubiri wanjye, n’ibitekerezo byanjye byose

 Nzajyana nawe ku mpera z’isi mu gihe uzaba ukinkunda

 Sinhobora kukurutisha amafaranga n’izahabu

 Nzemera guca mu bikomeye n’ibihome byose kugira ngo nzabane nawe

 Ndasaba Imana kugira ngo ikunzanire vuba hashoboka

 Nzakwitangira muri byose nihangira igishaka kukubabaza

 Niba kugukunda ari icyaha nzemera mbe umunyabyaha

 Niba urukundo ari impumyi sinifuza kongera kubona umucyo w’umunsi ukundi

 Ubuzima butagufite ni nko kujya kuryama warangiza ukarota nabi cyangwa se ntugire inzozi nziza

 Kugukunda ni nko kwibera muri paradizo cyngwa mu ijuru

 Kugukunda bindyohereza ubuzima

 Gukundana nawe byatumye umutima wanjye wuzura ibyishimo n’umunezero

 Umutima wanjye urarira iyo utandi hafi

 Ni wowe rukundo rwanjye, uri umutima wanjye ni nawe buzima bwanjye

 Nta wundi muntu wankunda nk’uko unkunda

 Nta kintu na kimwe cyahagarika urukundo rwanjye

 Ooh rukundo rwanjye uri mwiza kuri njye

 Uburyo umpobera n’uburyo unsoma (kisses) ni iby’agaciro kurusha zahabu

 Kuvugana nawe ni nko kunywa ku muzabibu (Wine) uryohereye, ibi kandi nibyo nifuza iteka

 Igihe tumarana ni nk’umukino mwiza amafaranga adashobora kugura

 Iyo turi kumwe ibyago byanjye byose bihita bihunga

 Iyo kwitegereje nkubonamo umuntu w’igiciro

 Amagambo ntabwo ahangije ngo ngusobanurire uburyo gukunda

 Niwowe gikomangoma (prince) cyanjye

 Uri uw’agaciro kuri njye

 Uri indirimbo ituma umutima wanjye uririmba

 Ni wowe nari narifuje mu buzima bwanjye

 Uri igice cy’ubuzima bwanjye gituma numva mbaye umuntu wuzuye

 Ni wowe mugabo cyangwa mugore w’inzozi zanjye

 Ni wowe muntu uryoshye cyane namenye

 Nta kindi kwifuzaho uretse urukundo, amahoro n’ibyishimo

 Watumye ntuza muri njye

 Watumye niyumva nk’umuntu w’agaciro

 Ndumva nifuza kugusoma kuva ku mutwe kugeza kw’ino

 Utuma mpora ndushaho kugutekerezaho buri munsi

 Umfata nk’igikomangoma cyawe najye bigatuma ngukunda n’umutima wanjye wose

 Ni wowe muntu ugira imico n’imyifatire byiza nabonye kuva nabaho

 Amagambo yawe y’urukundo akora kundiba y’umutima wanjye

 Urukundo rwawe rumeze nk’ibuye rinini ridashobora kumeneka

 Urukundo rwawe ni rwiza sinshobora gutekereza kujya ahandi

 Iyo unsekeye utuma amarira yambugaga mu maso ahita asubirayo

 Iyo unkojejeho intoki zawe numva ninjiye mu yindi si

 Rimwe na rimwe ujye umubwira ko udashobora kubaho adahari , n’ibindi.

Urutonde rw’imitoma ni rurerure kandi buri wese agira amagambo ye abwira umukunzi kandi akamunyura.

Urukundo rutagira amagambo meza barugeranya n’ubusitani butagira indabo; amagambo y’urukundo atuma umuntu ashobora kuvuga ibimuri ku mutima bigatuma kandi ubuzima buryoha kandi bukamera neza. Gerageza kubwira uwo ukunda amwe muri aya magambo kandi ntihazagire ukubeshya ngo yanga kubwirwa amagambo meza; keretse ibyo uvuga ibitandukanye kure n’uko umeze kandi ujye ugerageza ubwire umukunzi wawe amagambo akuvuye ku mutima . ibi bizajya bituma uwo ukunda yumva akunzwe kurusha abandi bose.

Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire