Duhe ibitekerezo

Urashaka gutanga ibitekerezo?twandikire kuri iranzinone@yahoo.fr/iranzinejo@gmail.com



Murakoze

samedi 9 avril 2011

Ni iki wakora kugira ngo ugumane n’uwo ukunda munezerewe?

Usanga abantu benshi, iyo bagitangira gukundana biba bishyushye, buri wese yishimye cyangwa agishyuhiye urwo rukundo rushyashya: ngutwo udutelefoni ducicikana, utu messages tudashira, gusohokana buri munsi, utu gifts n’ibindi n’ibindi. Ibi akenshi bituma urukundo rwanyu rukomera.

Uko iminsi ishira kenshi usanga bihinduka kwa gutekereza undi buri mwanya no kumugaragariza ko umukunda bigashira imirimo ikabatwara.

Yego ubuzima tubamo budusaba guhora umuntu yiruka byaba mu gushaka imibereho no gushaka ejo hazaza; ariko se ibyo byaba urwitwazo mu kudafata neza uwo mukunzi? Kuki kwitanaho bihinduka iyo mumaze kumenyerana? Ni iki umuntu yakora kugira ngo akomeze yishimane n’uwo yahisemo?

Dore zimwe mu nama ushobora gukurikiza kugira ngo wishimane n’uwo ukunda:

ibi ni ngombwa cyane ku bantu bakundana, kwereka uwo mukundana ko uhari, umwumva, ushima cyangwa ushimishwa n’ibyo avuga cyangwa akora . Ibi bituma yumva ko wahamubera aramutse agukeneye.

ü Abakundana bagomba kuganira uko biyumva muri relation: niba hari icyo umwe akora kigushimisha cyangwa kitagushimisha, mukakiganiraho, ntihagire uhisha uko yiyumva. Ibi ntabwo bivuga gushwana no kurakaranya, ahubwo ni ukugirana ikiganiro cyubaka kandi cyubahana, kugira ngo buri wese akosore ikitagenda.

ü Gushima no kumenya ibyiza biri ku muntu: byaba ku mubiri cyangwa n’ibindi akora byagushimishije, niba ari mwiza cyangwa yambaye neza, ukabimubwira, haba hari icyo yagukoreye cyiza nabwo ukabimubwira ukanabimushimira, ibi bituma umuntu yumva ko akunzwe kandi ashimwa n’uwo bakundana.

ü Gutetesha: gutetesha ntabwo byari bikwiye guharirwa abana gusa, buri wese kuri iyi si ashimishwa nuko yitaweho , uwo mukundana ugomba kumutetesha ukamuha umwanya wihariye kugira ngo umushimishe, niba hari icyo akunda ukakimukorera ...ibi rero birashimisha cyane iyo uzi ko hari umuntu ufata umwanya we kugira ngo nawe agushimishe.

ü Kwirinda gupingana: yego bibaho kudahuza ibitekerezo, kuko abantu bose baratandukanye, ariko si byiza guhora urwanya ibitekerezo bya mugenzi wawe, kuko ibi bivamo gushwana bya buri munsi.

ü Gukora ikibashimisha mwembi nk’abakunzi: gushaka ikintu kibahuza mwembi kandi mukunda: byaba kujyana gusenga, gutemberana, kurebana films, gukorana sport runaka, kujyana muri spa, massage, n’ibindi n’ibindi: ibi bituma mufata umwanya wo gukora ikibahuza kandi kibashimisha mwembi.

ü Guhana umwanya: ibi bishatse kuvuga ko nk’iyo muhorana buri munsi, ni byiza ko buri wese abona umwanya we wihariye ahura n’inshuti ze. Buri wese akizera undi, mugahitamo umunsi cyangwa inshuro buri wese azajya afata umwanya wo kuba ari kumwe na bagenzi be. Ibi bituma mutarambirana.

Izi rero ni zimwe mu nama nyinshi umuntu ashobora kwifashisha kugira ngo agire urukundo rurambye. Yego ibi si byo gusa, ariko ni bimwe mu bishobora gutuma urukundo ruramba.

twandikire kuri iranzinone@yahoo.fr

Kubabara cyane mu gihe cy’Imihango (Dysmenorrhea) Ni iki ?

Ni ububabare bwo munda umukobwa cyangwa umugore agira igihe agiye kujya cyangwa ari mu mihango. Ababugira ni hafi 40%, muri bo70% ni abakobwa bakiri bato (Adolescentes).

Kenshi kubabara mu mihango bikunda kugendana n’imihango itinda guhagarara. Ubusanzwe imihango imara iminsi 3-5 iyo irengeje iyo minsi iba itinze.

Usibye kubabara mu nda hafi y’umukondo ndetse bikanatera no kumva umugongo wacitse, hari ubwo bigendana n’ibindi bimenyetso birimo kugira isesemi, kuruka, kubabara umutwe, guhitwa n’ibindi.

ikibitera

kubabara mu gihe cy’imihango bishobora guterwa n’imisemburo itameze neza mu mubiri cyangwa se ikibazo cy’imiterere yo mu nda cyangwa se indwara nk’ibibyimba byo mu nda.

Kubabara mu gihe cy’imihango bikunda kugaragara kandi ku bakobwa bakorewe ihohoterwa bakiri bato (viol sexuel).

Imiti yagufasha

Umwe muri iyi miti igabanya ububabare (pain killer) yagufasha:

Ibuprofen

Diclofenac(twibukiranye ko atari byiza gufata imiti utandikiwe na muganga)

icyo wakora

Kujya kwa muganga iyo bikomeje kugira ngo barebe niba nta ndwara yaba ibiri inyuma.

Hari ubushakashatsi bwerekanye ko kurya ibiryo byiganjemo imboga nyinshi n’amafi bishobora kugabanya ububabare mu gihe cy’imihango.


Bivugwa kdi ko kumya ibintu bikonje nabyo bishobora gufasha uribwa mu nda

Byanditswe na Nurse NiYONZIMA Jean Népo(0788354590)

Secheresse vaginale

Kutagira ububobere bw’ igitsina gore (Secheresse vaginale, Vaginal dryness) bishobora kuba ikibazo. Bitewe n’imico itandukanye hari aho bifatwa nka qualite hari n’aho bifatwa nk’inenge. Mu Rwanda rero akenshi bifatwa nk’inenge ndetse hari n’igihe bitera amakibirane hagati y’abashakanye.

Ni muri urwo rwego twegereye umuganga w’umu psychologue Magnus Gasana, akatuganiriza kuri iyo secheresse vaginale.

Ikibazo: Secheresse vaginale ni iki?

Magnus: Ni uburyo usanga igitsina gore kibura ububobere bwangombwa nk’abandi bakobwa cyangwa abagore basanzwe. secheresse vaginale iterwa n’iki? :

Biterwa n’Imiterere kamere y’umuntu aho imisemburo(hormones) idakora ubwo bubobere

Umuntu ntashobora kugira ikintu gituma agira secheresse vaginale kandi atariko yahoze?

Hari igihe umuntu ashobora kunyura mu bihe afite ibibazo (stress) bigatuma agira izo mpinduka ariko si kimwe n’uko ariko byaba ari karemano.

Hari n’imiti ishobora kubitera icyo gihe yakwegera abaganga bakamugira inama.

Niba akenshi ari karemano(naturel) hari ikintu umuntu agomba gukosora cyangwa wabyakira uko biri ?

Abantu benshi babifata nk’inenge cyangwa ubusembwa, bikaba intambara hagati yiumugabo n’umugore iyo umwe asanze undi atameze nk’uko abyifuza. Hakaba hari abicuza impavu batabimenye mbere yo gushaka. Iyo nenge rero iboneka nkaho atari nziza ishobora gusenyera bamwe mu bashakanye.

Bikemuka gute ?

Iyo ari ibibazo ufite mu mutwe biravurwa iyo wegereye abaganga

Iyo ari imisemburo ibura barayiguha mu miti bitewe n’uko muganga abisuzumye

Ni ryari umuntu yajya kwa muganga

Igihe cyose wumva ufite ikibazo gisa nk’icyo ntago watinda niyo cyaba kidakabije, akugira inama cyangwa akakwandikira imiti mu gihe ari ngombwa.

Ese abantu bakwifashisha lubrifiant sexuel?

Ni byiza kuyikoresha iyo muganga yayikwandikiye kuko benshi bayikoresha nabi bikaba byabatera ibindi bibazo.

Hari ikindi mwakongeraho ?

Hari ibyo abantu bashobora kwibeshyaho bakabyita secheresse vaginale kandi ari ukubera kutamenya imico itandukanye. Bishobora no guterwa no kutamenya gutegura umugore neza mbere y’imibonano mpuzabitsina, bikaba byakwitiranywa na secheresse vaginale kandi atari yo.

source:agasaro.com