Duhe ibitekerezo

Urashaka gutanga ibitekerezo?twandikire kuri iranzinone@yahoo.fr/iranzinejo@gmail.com



Murakoze

mardi 26 avril 2011

MENYA KUBARA UKWEZI K’UMUGORE BIRUSHIJEHO

Umwe mu basomyi b'iyi blog, yashyize commentaire ye ku kubara ukwezi k'umugore, yifuza ko twamwigisha uburyo yamenya iminsi igize ukwezi kwe.Iyi article nayanditse kugirango nawe ufite ikibazo nk'icye urebe ko hari icyo wakuramo:

Ukwezi kw’umugore gushingiye kuri ya mitere y’umugore, aho udusabo twe tw’intanga turekura intanga imwe gusa buri kwezi, hanyuma yabura intangangabo ngo bikore umwana iyo ntangangore yari yarekuwe igapfa. Hakaza kubaho imihango, hanyuma bigasubira gutangira, indi ntangangore ikongera igakura ikarekurwa, bityo bityo.

Formule tuza kwifashisha ikwereka neza iminsi y’uburumbuke y’umugore, ariko si iyo kwizerwa ngo ureke gukoresha ubundi buryo bwo kwirinda igihe ushatse gukora imibonano mpuzabitsina. Ibi bikaba ari ukubera impamvu zikurikira:

1. Kudasama ntibibuza umuntu kwandura izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina harimo na Sida.

2. Icya kabiri, ushobora kuba wiringiye ko utari busame, ugasanga ukwezi kwawe kwahindutse utabizi, bitewe n’uko watembereye ahantu kure, ugahindura ikirere cy’aho wari umenyereye bityo bigahindura imigendekere y’ukwezi kwawe, cyangwa se bitewe n’uko ufite ibyakubabaje cyane cyangwa se ibyagushimishije cyane.

3. Icya gatatu, hari abantu benshi bavuga ngo ukwezi kwabo kureshya n’iminsi iyi n’iyi, nyamara bibeshya batazi kubibara.

Formule wakoresha mu kubara ukwezi kwawe ukamenya iminsi y’uburumbuke:
Kugirango umenye ukwezi kwawe bityo ubashe gukoresha formule, uba ugomba kumara nibura amezi atandatu ubara indeshyo y’ukwezi kwawe, kandi udataruka n’umunsi n’umwe, kugirango uzabashe kumenya niba ukwezi kwe kugira iminsi ingana cyangwa se niba guhindagurika. Kwaba kugira iminsi ingana, ukamenya ngo iyo minsi ni ingahe. Yaba itangana, ukamenya ngo imyinshi ni ingahe, kandi imike ni ingahe.

Iyo rero umaze kumenya ukwezi kwawe uko kungana, urugero, ukaba utagira iminsi ingana buri gihe, icyo gihe formule ukoresha ni iyi: ufata iminsi igize ukwezi kwawe kugufi (cyangwa se ukugira iminsi mike mu yandi magambo) ugakuramo 18. Hanyuma ugafata iminsi igize ukwezi kwawe kurekure (cyangwa se ugufite iminsi myinshi mu yandi magambo) ugakuramo 11. Niba dufashe urugero rw’ukwezi kw’iminsi 26 imikeya, uyu mukobwa akaba ajya agira n’ukwezi kw’iminsi 30 imyinshi, turafata 26-18=8; hanyuma dufate30-11=19.

Ibi bikaba bivuga ko uyu mugore iminsi ye y’uburumbuke ihera ku munsi wa 8, ikarangira ku munsi wa 19. Ibuka ko umunsi wa mbere ari uwo umugore yaboneyeho imihango.


Ku mugore ugira ukwezi kudahindagurika na rimwe:

Niba ariko umugore agira ukwezi kutajya guhinduka, buri gihe akaba yagira nk’ukwezi kw’iminsi 30, we formule ye itandukanye n’iriya, we afata iminsi ye agakuramo 14, hanyuma iminsi ye yo gusamamo ikaba ihereye imbere y’umunsi yabonye ho 3, na nyuma y’iyo minsi ho 3, akongeraho umunsi umwe umwe wo kwiteganyiriza. Ni ukuvuga ngo afata 30-14=16, noneho iminsi y’uburumbuke ye igahera kuri 16-4=12, maze ikazarangira kuri 16+4=20. Ni ukuvuga ko uyu we iminsi ye y’uburumbuke ihera ku munsi wa 12, ikagenda ikarangira ku munsi wa 20, wibuka ko umunsi wa mbere ari uwo umugore yaboneyeho imihango.

Cyangwa se nanone, nawe agakoresha iriya formule, agafata ya minsi ye itajya ihinduka na rimwe agakuramo 18, akongera akayifata agakuramo 11, iminsi abonye hagati aho ni iyo kwifatamo. Urugero, 30-18=12, 30-11=19, ukongeraho umunsi wo kwizera, iminsi y’uburumbuke igahera ku munsi wa 12 kugera ku munsi wa 20.

IKITONDERWA : Iyi formule ntikoreshwa n’abantu bagiye kwa muganga gufata uburyo bwo kuboneza urubyaro, kuko n’iyo wabukoreshaga noneho ukazabuhagarika, nawe urongera ukabanza ukamenya ngo ukwezi kwawe kuzajya kureshya gute, ukamara nibura umwaka ubara, kuko nyuma yo guhagarika iriya miti ukwezi kwawe gushobora guhinduka ntikungane nk’uko kwahoze mbere.

Uko wabara ukwezi kwawe ku buryo burambuye

Iyi mibare iri hasi ni urugero tugiye gufata, ikaba isimbura indangaminsi. Duhere mu kwezi kwa 3, maze dufatire urugero ku kwezi kwa Mariya. Itariki Mariya yagiye aboneraho imihango iratsindagiye kandi irabyibushye:

Werurwe : 1 2 3 4 5 6 7 8 9 10 11 12 13 14 15 16 17 18 19 20 21 22 23 24 25 26 27 28 29 30 31 / Mata : 1 2 3 4 5 6 7 8 9 10 11 12 13 14 15 16 17 18 19 20 21 22 23 24 25 26 27 28 29 30/Gicurasi : 1 2 3 4 5 6 7 8 9 10 11 12 13 14 15 16 17 18 19 20 21 22 23 24 25 26 27 28 29 30 31 / Kamena : 1 2 3 4 5 6 7 8 9 10 11 12 13 14 15 16 17 18 19 20 21 22 23 24 25 26 27 28 29 30 /
Nyakanga : 1 2 3 4 5 6 7 8 9 10 11 12 13 14 15 16 17 18 19 20 21 22 23 24 25 26 27 28 29 30 31 /Kanama : 1 2 3 4 5 6 7 8 9 10 11 12 13 14 15 16 17 18 19 20 21 22 23 24 25 26 27 28 29 30 31 / Nzeri : 1 2 3 4 5 6 7 8 9 10 11 12 13 14 15 16 17 18 19 20 21 22 23 24 25 26 27 28 29 30.

Reka noneho tubare iminsi yagiye agira : Ku itariki ya 6 Werurwe, Mariya yari atangiye ukwezi kuko yabonye imihango. Uku kwezi kwarangiye mbere y’uko asubira mu mihango ikurikiraho, hari ku itariki ya 29 Werurwe. Aha Mariya yagize iminsi 24. Hanyuma bukeye atangira ukundi kwezi.

Kwatangiye ku itariki ya 30 Werurwe, kurangira ku itariki ya 25 Mata. Aha, Mariya yagize iminsi 27. Mu kwezi gukurikiyeho, kuva tariki ya 26 Mata kugera tariki ya 19 Gicurasi, uku kwezi kwe kwabaye iminsi 24. Hanyuma hakurikiyeho kuva 20 Gicurasi, kugera 14 Kamena, aha ni iminsi 26. Kuva 15 Kamena kugera 12 Nyakanga, ni iminsi 28. Kuva 13 Nyakanga kugera 8 Kanama, ni iminsi 27. Naho kuva 9 Kanama kugera 4 Nzeri, ni iminsi 27.

Nusubiza amaso inyuma ukareba mu minsi y’ukwezi kwa Mariya, urasanga mu gihe cy’amezi 6 y’indangaminsi isanzwe, kuva muri Werurwe kugera muri Nzeri, we yagizemo amezi umunani y’ukwezi kwe. Ukwezi kwe kwagize iminsi mike kwabaye iminsi 24, naho ukwezi kwe kwagize iminsi myinshi kwabaye iminsi 28.

Aha rero turabigenza gute ngo tumenye igihe Mariya aba ashobora gusamamo, n’igihe aba adashobora gusama ? Ni ya formule twabonye kare ikoreshwa. Iyi formule ni ugufata iminsi y’ukwezi kugufi tugakuramo 18, hanyuma tugafata iminsi y’ukwezi kurekure tugakuramo 11.


Uti iyi formule yavuye he ?

Ubundi buri mugore wese, iyo intanga imaze kurekurwa (le jour de l’ovulation), hashira iminsi 14 hanyuma akabona imihango. Kandi umugore ashobora gusama iminsi 3 mbere y’irekurwa ry’intanga (mbere y’uko ovulation iba), kuko intangangabo iyo zigeze mu mubiri we zitegereza iminsi 3 zitarapfa, maze intangangore yazarekurwa igasanga zirahari, zirarekereje, imwe murizo ikaba ihuye na ya ntangangore, umugore akaba arasamye.

Hanyuma kandi ashobora gusama iminsi ibiri nyuma y’irekurwa ry’intanga, kuko intangangore nayo iyo irekuwe idahita ipfa. Bityo muri iyo minsi ibiri imara igifite ubuzima, iyo umugore akoze imibonano mpuzabitsina, intangangabo zigera mu myanya myibarukiro ye zisiganwa, hanyuma zigasanga intangangore yamaze kurekurwa kera, ni uko imwe murizo ikaba ihuye na ya ntangangore, umugore akaba arasamye.

Niyo mpamvu kuri wa munsi wa 14 mbere y’uko umugore asubira mu mihango ikurikira, twongeraho iminsi ibiri inyuma, hanyuma kandi tugakuraho itatu imbere, maze tukongeraho n’undi nk’umwe cyangwa ibiri ya securité (yo kugirango wizere neza ko nta kibazo cyo gusama gihari). Tukabona rero ya minsi, 11 na 18 twifashisha. Iminsi 18 tuyikura mu minsi igize ukwezi kugufi kw’umugore, naho iminsi 11 tukayikura mu minsi igize ukwezi kurekure umugore yigeze kugira.

Mu kubara ukwezi kwa Mariya rero dukoresheje iyi formule, turafata iminsi igize ukwezi kugufi yigeze kugira, 24-18=6. Hanyuma dufate ukwezi kwe kurekure, iminsi 28-11=17. Ibi bihita bivuga ngo, iminsi ya Mariya yo gusamamo, cyangwa se iminsi ye y’uburumbuke, ni ukuva ku munsi wa 6, kugera ku munsi wa 17.

Niba utari uzi kubara ukwezi kwawe, wenda wibwira ngo umuntu atangira kubara avuye mu mihango, cyangwa se ukaba utari uziko umuntu atangira kubara ku munsi wa mbere yaboneyeho imihango, ukaba utari uzi igihe ukwezi kurangirira, nizere ko umenye uko uzajya ubara iminsi ngo umenye uko ukwezi kwawe kureshya.

Dore bimwe mu bintu ushobora gukora kugirango umuhungu mukundana (Boyfriend) arusheho kugukunda no kunezezwa n’urukundo rwanyu

1. Mwandikire akabaruwa karimo amagambo y’urukundo nurangiza ugashyire mu ikofi ye atabizi

Muri aka kabaruwa uzagerageze gushyiramo amagambo yuzuye ubwuzu n’urukundo. Ushobora kutamubwira ko umukunda kuko n’ubundi aba asanzwe abizi, ahubwo ugakoresha ubundi buryo bworoshye bwo kumwereka ko umukunda kandi ko umwitaho. Urugero: Niba aheruka kuguha impano wamubwira ko ukunda cyane; uti kandi ‘buri gihe unkorera ibintu bituma numva ndi umuntu udasanzwe’. Ushobora gukomeza umwandikira amagambo nk’ayo kugira ngo umwereke ko afite agaciro mu buzima bwawe kandi agira uruhare mu munezero no mu kugubwa neza kwawe.

2. Gerageza kumuha impano no mu gihe cy’iminsi y’akazi

Abantu cyangwa se abakobwa benshi bazi ko impano zitangwa ku minsi mikuru cyangwa se muri weekend (mu minsi y’ikiruhuko) gusa, nyamara kandi burya ngo impano zitunguranye cyane cyane mu minsi y’ akazi ngo zirashimisha. Uushobora rero gufata nk’umunsi umwe ari nko kuwa gatatu ukajya mu isoko ukagurira umukunzi wawe umupira mwiza, karavate se, isaha cyangwa niba ari umuhungu usoma ku kayoga ushobora kumugurira n’icupa ry’inzoga warangiza ukabifunga neza ugashyiraho akabaruwa cyangwa se agakarita kabiherekeza kanditseho amagambo meza. Ubundi ukabimushyira ku kazi cyangwa se ukarindira agataha ukabimuhera mu rugo. Iyi mpano uzaba umuhaye izamunezeza kubera ko uzaba uyimuhaye mu gihe atakekaga.

3. Ereka umuhungu mukundana ko agukurura (how much he attracts you)

Abakobwa benshi bakunda guhisha ibyiyumvo (sentiments) byabo ariko nyamara si byiza mu rukundo. Ugomba kugerageza ukamwereka ko nawe ajya agukurura, niba mujya musomana ariko ari we wabigizemo uruhare nawe ujye unyuzamo umusome ari wowe ubyibwirije.

Ku bandi noneho bajya bakorana imibonano mpuzabitsina ugomba kugerageza nawe ukazana icyo gitekerezo. Nk’urugero, mushobora kuba muri kurebana filimi y’urukundo, jya unyuzamo umusome rimwe na rimwe ube wanamusaba ko mwakora imibonano mpuzabitsina. Ibi rero ngo bizatuma yumva ko uburyo ateye bigukurura ndetse bitume ahora agufitiye ubwuzu.

4. Mu gihe ari mu kazi jya unyuzamo umuhamagare

Aha ntabwo bivuze ko niba umuntu ari ku kazi ugomba kumuhamagara buri kanya cyangwa se ngo umuhamagare umwanya muremure ngo ube wamutesha akazi ahubwo ni ukumuhagara akanya gato kandi ukabikora igihe ushobora kuba uzi ko atari mu kazi kenshi, ubundi ukamubaza uko amerewe. Uko kumuhagara rero ngo bishobora gutuma yumva aguwe neza mu gihe wenda yumvaga umunsi utangiye kumubihira . Ibi rero bizatuma anabona ko uba umutekerezaho n’igihe mutari kumwe.

5. Fata umwanya utekere umukunzi wawe ibiryo akunda kurusha ibindi

Kugira ngo umukunzi wawe arusheho kugukunda no kunezerwa ngo ujye unyuzamo ufate umwanya umutekere ibiryo akunda cyane. Ushobora kuba warabyumvise abivuga cyangwa niba mukunda kujyana gusangira muri resitora ugomba kuba umaze kumenya ibiryo umukunzi wawe akunda . maze nawe ukazafata umwanya ukabimutegurira. ibi biba na byiza iyo mwirirwanye mu rugo ugategura ifunguro murimo kuganira. Numugaburira rero akanezerwa nta kizatuma nawe atakwishimira kandi azanashimishwa n’umwanya uzaba wafashe kugira ngo umwiteho.

Ikibazo rero gikunda kugaragara mu rukundo ni uko abakobwa benshi baba bashaka kwakira urukundo rwinshi kandi bo ntibarutange uko bikwiye. Bakumva abahungu babakunda byimazeyo ubundi bo bagaterera agati mu ryinyo. Niba uri umukobwa ukaba ushaka ko urukundo rwanyu rwongera gushyuha nka mbere gerageza gukora bimwe muri ibi bintu tumaze kuvuga, kandi nawe ujye utanga urukundo ntugategereze kurwakira gusa.

Inzira 43 wakwerekamo umukobwa ko umukunda

Hari abantu bamaze iminsi batwoherereza ubutumwa butandukanye, ariko cyane cyane bwiganjemo ubugisha inama uko bakwitwara bitabahenze, bitanasabye byinshi ariko bagashimisha abakobwa bakundana. Igitondo.com, mu nkuru zacyo z’urukundo, turagufasha kukwereka utuntu dusa n’aho ari duto tugera kuri 43, ariko dushobora gushimisha cyane umukobwa w’inshuti yawe bityo rwose mugasa n’abibera muri Paradizo. Kumushimisha ntabwo ari ukumuha impano zihenze cyane, si ukumuha amafaranga menshi, ahubwo ni utuntu duto cyane ushobora kumukorera ariko kuri we tukagira igisobanuro gikomeye cyane.

Twagiye:

1. Mufate neza mu buryo bwose bugushobokeye

2. Fata umwanya uhagije wo kumuvugisha

3. Musangize amwe mu mabanga y’ubuzima bwawe

4. Niba muri kumwe ukabona asa n’ufite imbeho, igomwe umuhe umupira cyangwa furari wambaye, umwereke ko adashobora kubaho nabi igihe cyose akigufite.

5. Musome kenshi igihe muri kumwe neza kandi gahoro.

Ese ibi byose usanzwe ubyubahiriza?dukomeze…

6. Muhobere igihe umukumbuye cyangwa ushaka kumwereka ko ari uw’agaciro, burya hari udukorwa duto tuvuga kurusha amagambo.

7. Mufate mu ntoki umureba mu maso.

8. Sekana nawe kandi umufashe kugira ibihe byiza bitewe n’ibyo akunda

9. Rimwe na rimwe, nta yindi mpamvu ibiteye, jya umutumira ahantu atari asanzwe azi, umwereke ibintu bishya atari asanzwe abona kenshi kuko iyo umuhoza mu bintu bimwe bigera aho bikamurambira

10. Jya umutumira igihe uri kumwe n’inshuti zawe. Erega arifuza kukugirira icyizere no kwisanzura mu nshuti zawe ndetse no kubona ko nazo zimwishimiye.

Wirambirwa biracyaza komeza usome, Ntiwifuza se kumenya ibyo wakora ngo ushimishe umukobwa w’inshuti yawe??

11. Kenshi jya ukunda kumufotora no kwifotozanya nawe kuko abakobwa burya bakunda amafoto cyane, cyangwa umukorere CD iriho amafoto yanyu, aho ushobora no kuyaherekezanya uturirimbo tw’urukundo uziko akunda, cyangwa dufite icyo tubibutsa mwembi.

12. Rimwe na rimwe, jya ugirana nawe gahunda zindi zitari iz’ urukundo, mushobora nko gukorana imishinga ibyara inyungu, gukora nk’igikorwa cyo kujya gusura abarwayi kwa muganga nko ku cyumweru, kujya gutemberera ahantu nko mu giturage mwabaga kera, n’ibindi

13. Nakubwira ko agukunda, jya ubimusubirishamo kenshi, umwereke ko kuba yaraguhaye urukundo ari ikintu uha agaciro gakomeye mu buzima bwawe!

14. Niba muri kumwe n’inshuti ze zikamwereka cyangwa zikamubwira ko zimukunda cyangwa ko zimwitayeho kukurusha, jya ubihakana umuhobera cyane umwiyegereza, umubwire ko urukundo umufitiye nta n’uwabasha kurupima, ibi bituma yumva akunzwe cyane kandi bimurinda kumva ko hari undi muntu n’umwe yakurutisha mu buzima bwe.

Ese hari ufite umuntu wahariye umutima wawe? Nonese ubimwereka ute?

15. Buri gihe niyo byanaba buri kanya yewe, jya umuhobera cyane umwiyegereze, ubundi umwongorere ko umukunda.

16. Jya umusoma mu gihe we atari abyiteguye

17. Atari abyiteguye nabwo jya umuhobera umuturutse mu mugongo, urebe uburyo abyakira.

18. Jya umubwira ko ari mwiza ahebuje, gusa ntukamubwire ko ari segisi (sexy). Abasore benshi bajya bakora aya makosa, gusa hano nakubwira ko umukobwa aba yifuza kumva ko ari mwiza imbere y’umukunzi we kurusha kumubwira ko ari segisi.

19. Jya umubwira uburyo umwiyumvamo kandi utamubeshye.

Gusa kuri iki cya 19, jya ubimubwira kandi koko umwereka ko ibyo umubwiye ariko ubibona, jya ubimwereka koko nta buryarya burimo, sibyo se ntumukunda?

20. Nimuba murimo kugendana jya umutanga imbere umufungurire imiryango, umuherekeze ku modoka ye niba ayifite, ubanze umufungurire umuryango, nimuba mugiye kumeza ubanze umuhereze isahani ye, nibinashoboka unamushyirireho ibiryo, erega bishimisha cyane abakobwa kandi nawe ndatekereza ko nta gihombo kirimo kugaragaza iyo mico myiza (kuba gentleman)

21. Mubwire ko asobanuye byose kuri wowe kandi mu kubivuga jya ubivuga koko ubikuye ku mutima, unamureba mu maso.

22. Niba ubona ko atameze neza, hari ikitagenda, ukabona adashaka kubivugaho, jya umubwira ko uhari, umuhobere cyane, umwiyegereze kandi umubwire ko igihe cyose akeneye urutugu rwo kwegamaho no kuririraho uhari, unamubwire ko nta kibazo kuba atabikubwiye, ko ariko igihe cyose yumva abohotse kubikubwiraho, uzaba uhari kandi witeguye kumwumva no kumufasha! Si byiza guhita uhutiraho no kumubaza cyane kuko hari igihe biba bigoye guhita agira icyo akubwira muri ako kanya nawe atarabyakira neza

23. Jya utuma yumva akunzwe, icyo byagusaba cyose

24. Jya umusoma imbere y’abandi bakobwa, baba ari inshuti ze cyangwa izawe, bituma agira icyizere ko umukunda kandi bigutera ishema, ukaba udashobora no kumuca inyuma.

25. Ntukigere na rimwe umubeshya kabone n’iyo waba ubona bigoye kumubwiza ukuri ku kintu runaka, kuko iyo amenye ko umubeshye n’iyo kaba ari akantu gato, arababara kandi akagutakariza icyizere.

26. Ntukamuce inyuma kuko bariya bandi nta kintu na kimwe bamurusha, iyaba byari ibyo ntiyari kuba ari we wahisemo

27. Jya umujyana ahantu hose yifuza kujya, nawe arakuzi azi n’ubushobozi bwawe humura ntazakugora, ariko rero nawe jya ugerageza kumushimisha.

28. Jya umwandikira ubutumwa bugufi, unamuhamagare buri gitondo umubaza uko yaramutse n’uko ijoro rye ryari rimeze, kandi buri gihe jya umubwira utujambo twiza. Mwaba muri kumwe cyangwa mutari kumwe, ugerageze kumenya gahunda ze zose; niba yariye, niba yabashije kuruhuka, ese amasomo/ akazi biragenda, n’ibindi…

29. Jya uhamubera igihe cyose agukeneye, ndetse n’igihe atagukeneye, ibyo bizatuma abona ko igihe icyo ari cyo cyose ashobora kukwizera no kukugirira icyizere.

Ese uracyasoma? Komeza rwose kuko ibi bintu ni ingenzi cyane kandi bigufitiye akamaro; si wowe wajyaga ubyibazaho se?!

30. Jya umufata mu maboko yawe cyane igihe afite ubwoba cyangwa akonje, bimuha umutuzo cyane.

31. Nimuba muri mwenyine jya umwereka ko ushaka kumufata mu maboko yawe, umusome, umurebe mu maso nibura nk’umunota umwe cyangwa myinshi, umwereke ko nta wundi usa nawe

32. Niba muri kumwe, musome mu gahanga (ibi bizamwereka ko wifuza kumusoma urebe niba nawe ari uko.)

33. Niba mwicaye murimo kurebana agafilimi keza k’urukundo cyangwa akandi kose akunda, mushyire ukuboko ku rutugu, nawe azahita akwegamishaho umutwe bityo murebane filimi mu buryo buri romantiki.(romantique)

34. Niyo waba urakaye ute, ntugakinishe na rimwe kumubwira ngo nahite agenda, kabone n’iyo waba wikiniraga, kuko ushobora kujya kubona ukabona agiye agiye da! Niba arakaye jya umuba hafi, umufashe; niba akubabaje ntumwereke ko urakaye cyane ariko umubwire ko bitagushimishije, n’agusaba imbabazi umwumve kandi ntugakunde impaka no kubigira birebire.

Ibi byose, ubutaha nimuba muri kumwe ntuzabyibagirwe, kuko bibazanira umunezero mwembi kandi mu byukuri nta kigoye kirimo

35. Niba abantu barimo kumuvuga nabi no kumunegura, ujye uhamubera, ubabwire ko urukundo umufitiye ruruta byose kandi ko uko byaba bimeze kose ntacyakubuza kumukunda no kuhamubera

36. Nujya kumubwira ko umukunda, jya ubimubwira umureba mu maso kandi umubwira ibyo wiyumvamo!

37. Rimwe na rimwe jya umujyana hanze, nko muri jardin, ari nijoro hari ukwezi hasa neza, umuryamishe mu gituza cyawe yiyumvire uko umutima wawe utera uterera mu we, ushyire intoki zawe mu ze, ariko urimo kumwongorera utujambo tw’urukundo mu matwi nawe ahumirije amaso ye arimo kwiyumvira rya jwi akunda kandi yishimira kuruta ayandi yose!

38. Niba murimo kugendana, mufate mu ntoki kandi bigutere ishema ryo kuba yitwa uwawe

39. Niba muhuye mutari muherukanye, mwereke urukumbuzi wari umufiitiye, umuhobere mu gihe kirekire gishoboka

Sindasoza, ariko uko biri kose, Kora uko ushoboye umumenyeshe ko akunzwe kandi ko umurutisha bose,…

40. Buri joro jya umuhamagara umwifurize ijoro ryiza, n’indoto nziza

41. Jya umuhumuriza niba akuririye, kandi jya ujyana umubabaro yari afite kure ye

42. Jya umusaba ko mwatemberana mu ijoro, mufate igihe kinini mwigendagendera, mwiganirira, mwisekera, musa n’abakina,…

43. Buri gihe jya umwibutsa uburyo umukunda