Duhe ibitekerezo

Urashaka gutanga ibitekerezo?twandikire kuri iranzinone@yahoo.fr/iranzinejo@gmail.com



Murakoze

lundi 24 janvier 2011

Nubwo abakire atari abantu ariko nabo bafite ibibazo

Hanze aha heze imvugo ivuga ngo"abakire si abantu"aha umuntu yakwibaza ati "ese baba ari ibisimba ?"iyi ni imvugo y'abubu isa ni iy'abakuru ivuga ngo umukire akenera umutima akabaga inka yose agakuramo umutima gusa izindi nyama akaba yazihorera kuko atari azikeneye nawe se Kuki umukobwa w’ “umutunzi” atabona umugabo bimworoheye?

Mu minsi yashize naganiriye n’abakobwa mu mujyi wa Kigali kuri imwe mu myumvire ya kera ikigaragara muri iyi minsi, itakijyanye n’igihe tugezemo hamwe n’iterambera duharanira.

Nashakaga kumenya aho bageze mu iterambere ry’abakobwa rigeze, bambwira bishimye bati, imyumvire itangiye kugenda ihinduka gahoro gahoro, abokobwa/gore bo mu Rwanda nibo bambere benshi ku isi bari mu myanya y’ubuyobozi, abakobwa/gore benshi bajya mu mashuri bakaminuza, ubasanga mu mirimo inyuranye, kera yari ihariwe abagabo, nk’ubwubatsi n’ibindi....

Ariko hari utuntu duke na duke ugisanga mu bakobwa benshi bifuza kurushinga. Urugero bampaye ni uko igikunze kugaraga kenshi ari uko hari abakobwa/gore bake bigurira inzu cyangwa imodoka ku mafaranga yabo batararwubaka.

ubwo nari mbajije abo bagenzi banjye impamvu usanga muri iyi minsi, n’ubwo baba bafite ubushobozi, usanga ari bake bagura inzu cyangwa imodoka mbere y’uko bashaka abagabo.

Ku bwanjye nari naratekereje ko impamvu ari ubushobozi buke. Ariko maze kuvugana nabo nasanze ari ibindi. Benshi bahurije ku mpamvu imwe: bati : “ese umukobwa ugura inzu cyangwa imodoka atararongorwa yabona umugabo ate?” “ cyangwa se ni nde muhungu watinyuka kumurambagiza, amurusha amafaranga? “ Bati rero: “aho kugira ngo umukobwa ahure n’izo nzitizi zose mu kurushinga, yihitiramo kutagura iyo nzu cyangwa iyo modoka, ahubwo agategereza akaba yabigura aramutse arongowe?

Narumiwe cyane, nibaza aho kubaka urugo no kugira amafaranga bihuriye. Ese koko ibyo byari bikwiye kuba inzitizi mu kurushinga? Ese koko, umugore urusha umugabo we amafaranga, ntago arwubaka neza nk’utabimurusha? ? Ese kuki umuhungu we ukize, ufite amafaranga, we ashobora kurambagiza umukobwa utabifite? Ese urukundo rw’abashakanye ruhuriye he n’ibintu umuntu aba atunze? Ese ubwo ntiyaba ari imyumvire yari ikwiye guhinduka?

Njye mbona rero ibyo byose ari imyumvire itakijyanye n’igihe tugezemo hamwe n’iterambere rigezweho! Ahubwo njye mbona, kugira iyo mitungo ku mukobwa byari bikwiye kuba nk’ inkunga nziza ku muryango we.

Narangiza ngira inama abakobwa/gore bagenzi banjye, ko bari bakwiye kumva ko ntaho iyo myumvire ihuriye no kubaka urugo. Ahubwo ko icyangombwa ari urukundo ugirira mugenzi wawe, naho ibintu byo ni ibishakwa.

Ni byiza ko duhaguruka twese tukaba abakozi, tukarwanya ubunebwe kuko tubishoboye, bityo tukagera ku iterambere duharanira. Bagabo namwe mugifite imyumvire nk’iyo twavuze haruguru, mwari mukwiye kwishimira abakobwa/gore bafite ubutunzi aho gutinya kubarambagiza.

Hari ikifuzo cyangwa igitekerezo waba ufite kuri iyi nyandiko, twandire ahabigenewe kuri iyi website.

Nzagukundira amafaranga !!!!!

Akenshi iyo umuntu arebye urukundo rw’abasore ni nkumi biki gihe ubona ari amacenga ndetse no kubeshyanya hagati yabo umuntu yakwibaza ati: hagati yabo babibona gute?
Iki kibazo nta muntu byibura umaze kuba ingimbi cyangwa se umuntu umaze gukura wenda uri hejuru yi myaka nka cumi numunani uba atagifite muri iki gihe.cyane cyane ko usi gaye ubona ku icyambere m'urukundo kuri ubu ari gukunda umuntu ufite amafaranga cyane cyane m’ubahungu iki kibazo nibo usanga bahura nacyo cyane dore ko atakundwa ntamafaranga afite.mubakobwa ho ubu baragikemuye bo nugukunda ufite amafaranga. Niyo mpamvu ubu inzira.com agera geje kwegera aba kobwa bo ntandaro y'ikibazo ndoreko aribo batuma urukundo hagati y'abasore ni nkumi ubona ari imikino gusa kandi Atari byiza dore ko baba bahemukira umwe muribo waba afite urukundo.
Dore uko abakobwa babivuga bo bavugako batakunda umusore utagira amafaranga kuko ntakamaro yaba amufitiye bamwe bati : eehh umusore utagira amafaranga ubwose yaba akumariye iki? Abandi nabo bati: umusore nufite amafaranga! Ubwose mwabana he? Anteye inda se yantugishiki n'umwana ? nko mugihe yaba udafite amafaranga.ugasa harimo ukuri kuribo urebeye kuri iyi ngingo. gusa ibajije ati ko hari igihe umukobwa usanga atendetse abasore barenga babiri bose bafite amafaranga aho haba harimo se uruhe rukundo? Bamwe nuribo bati natwe si twese tubikora gusa harimo bamwe muri twe babikora ati abobo baba bashaka kurya amafaranga y’abasore.
Nyuma yaho inzira.com yegereye abahungu bo bavugako ikihishe inyuma ari uko nabo ntarukundo babona abakobwa babereka ubibye gushaka kubaheza ndetse no kubarira amafaranga yabo.

inzira.com irasanga atari byiza gukundira umuntu hari icyo umuca koko hari nigihe ushobora kubura icyo wamukundiye .dore ko arizo ngaruka zingo zitana. abakobwa bahera iwabo nibindi byinshi..

umugore mwiza n’umubi

Muri iyi nyandiko turavuga ku bintu biranga umugore mwiza,umugabo mwiza ndetse n’ibiranga umugore mubi cyangwa umugabo mubi. Ariko turahera ku mugore mwiza n’umugore mubi ubutaha tuzareba ku bagabo.

ibyo twandika aha byavuye mu bitekerezo by’abantu batandukanye.

Ibintu biranga umugore mwiza

Burya umugore ni we rufunguzo rw’umubano, mu bavandimwe n’abaturanyi. N’ubwo umugabo yagira ubuntu n’urugwiro, n’ubwo yamwenyurira abandi no kugerageza kwakira, ntacyo byamarira abashyitsi, abaturanyi n’abagenzi, kuko inyifato y’umugore ari yo itanga ikaze. Imyifatire mibi y’abagore ni yo yirukana ababagenderera.

Dore bimwe mu biranga umugore mwiza :

1. Yubaha Imana n’umugabo we;

2. Agira umwete ku mirimo myiza;

3. Azi kugabura ku gihe, azi no gushaka ibikenewe;

4. Akunda gufasha abo arusha ubushobozi;

5. Amenya kubana neza n’abaturanyi;

6. Yita ku bashyitsi akabagirira neza;

7. Azi kwifata mu magambo;

8. Yihanganira ubukene n’igihombo;

9. Ubukire ntibumutera isumbwe no kwishyira hejuru;

10. Aharanira ibyakubahisha umugabo we.

Nk’uko umugore mwiza atabiterwa n’ubwiza bw’inyuma ni nako n’ububi bw’umugore budaterwa n’imiterere y’inyuma, ahubwo ububi bushingiye ku ngeso mbi zituma aremerera uwo bashakanye, abo babyaye, abaturanyi ndetse n’abahagenda.

Ibintu biranga umugore mubi

1. Umugore mubi yanga gusangira ingorane n’umugabo we, ntibahuza ibitekerezo, ntabwiza umugabo we ukuri. Iyo umugabo ageze mu byago ,umugore mubi aramutererana

2. Umugore mubi abaho imibereho itagira intego n’imigambi, yikubira inyungu. Ntamenya ibyo umugabo we akunda, n’iyo abimenye arabimwima. N’iyo abikoze, abikora atishimye.

Urugero runini rukunze kugaragara mu mibonano mpuzabitsina aho yiyima uwo bashakanye yanayikora akiyikora inyungu cyangwa akayikora amucyurira

3. Iyo agahararo gashize cyangwa habonetse igihombo, umugore mubi atangira gukoresha agahimbano n’incyuro, ndetse no kwikeka.

Urugero: igihe umugabo nta kazi afite,yirukanywe ku kazi,cyangwa ugasanga umugore arusha umushahara umugabo,umugore mubi azamucyurira,amusuzugure rimwe na rimwe amusuzuguze inshuti n’abavandimwe, hari n’abadatinya kumuzaniraho abandi bagaboi.

Na none kandi, umugore mubi ntatinya guhemukira uwo bashakanye, abikoresheje gukunda abandi bagabo, akima umugabo we urukundo rutagabanije yari afiteho uburenganzira. Kuri iyi ngingo, umugore nk’uwo aba akomerekeje umutima w’umugabo we, amutesheje agaciro mu bandi, amaherezo benshi bakabigwamo.

4. Umugore uhora ahanganye n’umugabo we. Bene uwo ahora mu ifuti rimwe, yemera icyo ashatse gusa, ntiyemera gukosorwa kandi ntava ku izima. Ibyo bigabanya urukundo umugabo we yamukundaga, kugeza ubwo yifuza abandi bagore cyangwa akabura ubushake bwo kumunezeza. Ni cyo gituma uwo umutima wanze umubiri utamukunda.

Uyu mugore ahora yitotomba. Amategeko atagira ishingiro ni cyo gitaramo amenyereza ab’umuryango we. Iyo byamaze kumutegeka, ntatinya kubigaragariza mu nzira no mu ruhame.

5. Umugore mubi anyereza umutungo akoresheje gusesagura mu iraha n’ibinezeza binyuranye, no kuwiba awuhisha ahandi (awujyana iwabo), gukoresha ibirenze ubushobozi (ibirenze ibyinjira mu rugo). Ubunebwe n’ubutandame bituma yicisha inzara abana, umugabo n’abashyitsi.

6. Umugore mubi aba umusinzi azana ingorane zitesha abana ubwenge, gahunda n’ubuzima. Ntahuza gahunda n’umugabo we, abana be bariyobora bakaba imfubyi akiriho. Akabera ikirumbo uwamushatse, agahinduka inshuti y’abatagira gahunda.

Ikindi ni uko umugore mubi atamenya ibyo asabwa n’ibyo abuzwa. Intwaro akoresha ni ukwivumbura no kwijujuta, ahora yibutswa ibimureba, ahora ahembera amahane.

7. Umugore mubi yemera inama zose atabanje kuzigenzura. Urwe rushobora gusenywa n’iyo avuka, aramutse agendeye ku ngengabitekerezo y’umuryango w’iwabo akomokamo cyangwa inshuti ze. Aho ngaho, umugabo aba asenyewe n’uwamushyingiye (kwa sebukwe).

Bene uwo mugore, nyirabukwe na sebukwe abahindura nka bakeba be, agahora ahirimbanira guhangana na bo ngo agaragaze ko bamubangamiye! Umubano mwiza w’abashakanye ushobora kwangizwa n’umugore wanga inama nziza z’umugabo, akagendera ku z’iwabo n’iz’inshuti mbi afite.

ingaruka 3 zibaho iyo umuryango ufite umugore mubi:
Ingaruka ni uko ahanini abana bamwigana ibyo abatoza n’ibyo bamwigiraho, bakabyanduza abo babana bikaba uruhererekane mu miryango bazubaka.

Imico mibi y’umugore yica ibyifuzo n’imigambi myiza by’umugabo. Umugabo ntiyongere kumwishimira, bikamutesha icyerekezo cyiza yari afitiye umuryango.

Ibyo umugore mubi yakoreye abaturanyi bituma bagambirira kubimwitura akaba ibuye risitaza ku bamukomokaho kimwe n’abavandimwe.

Nta waba umugore mwiza ngo abure inenge nta n’uwaba mubi gusa ngo abure icyiza na kimwe agira. Icyangombwa ni kumenya ibyo udakora neza ukabikosora n’ibyo ukora neza ukarushaho.

kutabyara biterwa n’iki?

Kutabyara hagati y’abashakanye byitwa ubugumba ikaba ari indwara ikunda kugaragara cyane mu bashakanye kandi yibazwaho byinshi cyane cyane mu biyitera.

Ubugumba mu bashakanye buvugwa iyo hagaragaye kudasama mu gihe cy’imyaka ibiri abashakanye babonana kandi nta nzitizi.

Ikibitera ni iki?

Hari impamvu zituruka ku mugore n’izituruka k’umugabo.

Izituruka ku mugore :

 Kuziba kw’imiyoborantanga (trompes) bitewe ahanini n’uduce tw’agahu gatwikira inyama zo munda (adherences pelviennes)

 Kudakora neza k’uduce tw’umubiri tumwe (hypothalamus,hypophyse) dutuma udusabo tudakora intanga hakoreshejwe imisemburo (hormones)

 Imiterere ya nyababyeyi ibuza igi gukura neza ahanini biterwa n’ibyimba n’indwara (infection).

 Imihindagurikire y’ikorwa ry’ururenda ribuza intanga ngabo kuzamuka neza ngo zisange intanga ngore.

Izituruka ku mugabo :

 Kudakora neza k’uduce tw’umubiri (hypothalamus,hypophyse) dutuma amabya adatanga intanga hakoreshejwe imisemburo (hormones).

 Imihindagurikire y’ikorwa ry’intanga ngabo hakoreshejwe imisemburo (hormones) biterwa no kudakora neza k’uduce tumwe tw’umubiri aritwo (hypothalamus, hypophyse, testicules). Urugero rukunda kugaragara ni nk’urw’amasohoro adahagjie.

 Inzitizi mw’irekurwa ry’intanga bitewe n’imiterere y’imyanya ndangabitsina y’umugabo.

 Ukudahagije kw’ibigize amasohoro (plasma seminal) bituma n’intanga zitagira ingufu.

 Izindi ni nk’uburemba, indwara zizaharisha uburinzi bw’umubiri nka diyabeti, indwara z’imirire mibi nka bwaki) etc…

Impamvu zituruka kuri bombi :

 Kutabonana hagati y’abashakanye.  Imibonano mpuzabitsina idahagije hagati yabo. Urugero ni nko kubonana bagacikiriza hagati batarangije.

2. Isuzumwa

Isuzumwa ry’iki kibazo rireba abashakanye bombi. Abavuzi bibanda ku bibazo birebana n’imyaka y’abashakanye , ubuzima bw’imyororokere, imirire, kuba barigeze kubagwa n’ibindi.

Ku buzima bw’imyororokere bibanda ahanini ku mibonano mpuzabitsina, kuba abivuza barigeze kubyara cyangwa umwe muribo yaribyigeze no kuba barigeze gukoresha uburyo bwo kuringaniza urubyaro.

Nyuma y’ibibazo bose barasuzumwa ku mibiri yabo bakanakorerwa ibizamini bibaye ngombwa.

Ku bagore, akenshi harebwa imiterere y’imyanya ndangagitsina hakoreshejwe ibyuma bireba mu nda (échographie, hystérosalpingographie, cœlioscopie, hysteroscopie etc..) kandi hakigwa n’imisemburo ye hakoreshejwe amaraso ye.

Ku bagabo, higwa intanga (umubare, ingufu n’imiterere) hifashishijwe amasohoro.

3. Umuti

Ahanini umuti w’iki kibazo wibanda ku mpamvu igitera yagaragaye. Hakoreshwa imisemburo y’ibinini cyangwa inshinge kandi hanakoreshwa no kubagwa (cœlioscopie, microchirurgie, hysteroscopie) iyo impamvu ari muri za nzitizi twabonye haruguru.

Mu gusoza, twagirango ngo twibutse ko ubugumba ari indwara y’abashakanye bombi. Umugabo n’umugore bagomba kwifatanya mu kuyivuza. Ahanini usanga abagore aribo bonyine boherezwa n’abagabo babo kwivuza.

Abagabo nabo barahamagarirwa kujyana n’abagore babo kwa muganga.

Kwisuzumisha kare no kwivuza neza indwara zifata mu myanya ndangabitsina ni iby’ingenzi mu kwirinda ubugumba.

umugabo mwiza n’umubi

umugabo mwiza n’umubiUbushize nanditse inkuru irebana n’ibiranga umugore mwiza ndetse n’umugore mubi, ubu tugiye kureba ibiranga umugabo mwiza n’ibiranga umugabo mubi.

Aha iyo tuvuga umugabo mwiza cyangwa umubi ntabwo ari uburanga bugaragarira amaso ahubwo ni imico y’umuntu n’imyitwarire ye mu muryango nyarwanda. Ibiri muri iyi nyandiko byavuye mu bitekerezo by’abantu batandukanye.

Umugabo mwiza arangwa n’iki?

Mu Kinyarwanda bakunze gukoresha ngo umuntu ni umugabo bitewe n’ibikorwa bye cyangwa ibikorwa bimuranga. Aha umugabo tuvuga ni wawundi wubatse, ufite umugore bakaba bafite n’abana. Uyu mugabo aba:

1. Agira gahunda, aba inyangamugayo muri byose, mu kuvuga, mu kwirinda guhemuka;

2. Azi gufata imyanzuro akirengera n’ingaruka zava muri iyo myanzuro, atanga inama zubaka maze agahuza abashyamiranye

3. Agira ubwitange mu nshingano zose ashinzwe, ikindi ni uko urugo rwe ruhinduka intangarugero mu bamuzi .

4. Ahahira urugo. Ntihagire icyo umuryango ubura kandi agifitiye ubushobozi.

Umugabo Mubi

Biragaragara ko umugabo mwiza afite ibintu bike bimuranga. Nta kindi kibyihishe inyuma, gusa mu biranga umugabo mubi muraza gusanga ibyo akora bitandukanye kure n’ibyo umugabo mwiza akora.

Ibiranga umugabo mubi:

1. Urukundo aruheruka mu irambagiza: umugabo mubi iyo ari kurambagiza akora byose byerekana ko akunze uwo arambagiza kandi amwitayeho, iyo bamaze kubana biherukira aho, ugasanga umugore yibaza niba uwo basigaye babana ari wawundi wamugaragarizaga urukundo rwinshi igihe yamurambagizaga. Ibi bimuviramo akenshi kujya mu bandi bagore aho abikora ku mugaragaro cyangwa rwihishwa;

2. Ntajya inama n’umugore we,akenshi kubera ibyo akora ,iyo umugore amubujije cyangwa amucyashye bituma amubwira nabi hari n’abakubita abagore babo.Usanga afata umugore we nk’igikoresho haba mu mibonano mpuzabitsina cyangwa mu mirimo yo gutunga urugo ugasanga umugore ariwe ubikora wenyine.

Ikindi ni uko umugabo mubi usanga atita ku bo yabyaye ugasanga abana babaho nk’imfubyi kandi se akiriho, umugore we nawe ugasanga abaho nk’umupfakazi

3. Umugabo mubi kandi akoresha iterabwoba ku bo mu umuryango we; Nguwo gica, iyo atashye abana, umugore,abashyitsi ,abakozi bose usanga badagadwa,abana bagahita bajya kuryama,….

4. Umugabo mubi agira ubusambo butuma yiha akima umuryango n’abavandimwe; usanga umutungo aba afatanyije nuwo yashatse awumarira mu mahabara aba afite hirya no hino tutaretse n’ utubari. Akenshi usanga umugore nta jambo ryo kubaza aho uwo mutungo ujya kubera rya terabwoba twavuze haruguru, ugifite agatima we ugasanga abeshya ngo atabazwa iby’ uwo mutungo

Igikunze kugaragara cyane ku bagabo babi n’uko uretse ibyo twavuze haruguru iyo bigeze mu birebana n’umutungo biba bibi kurushaho kuko usanga aba bagabo mu ruhame baba ari ibikomerezwa, bizwi ko bafite imitungo bitewe n’ibigaragarira amaso ariko nabo ubwabo bakunda kubyigamba ariko wareba uburyo umuryango we uba ubayeho ugasanga ubukene buranuma kandi amahoro n’umunezero ari ingume;

o Bene abo bagira amazu, abagore n’abana babo bakarara mu nzu mbi cyangwa bagacumbika .

o Bagira imodoka, abagore n’abana bakagenza amaguru.

o Barya uturyoshye, bagashira inyota, abana n’abagore babo babeshejweho no guhangayika.

o Akazi kabahemba menshi ntikarangiza ibibazo by’imiryango yabo.

o Bafasha ab’ahandi, ababo basabiriza, amasambu manini yungura abandi, ababo bishwe n’inzara

Birakwiye ko abagabo nk’aba bahinduka kugirango babashe kugirira akamaro imiryango yabo, abana babo,abaturanyi n’abandi kuko mu Kinyarwanda bagira bati nta mugabo umwe.

Wifuza gutanga icyifuzo cyangwa inama watwandikira ahanditse Twandikire kuri Agasaro website.

Byanditswe na Barada