Duhe ibitekerezo

Urashaka gutanga ibitekerezo?twandikire kuri iranzinone@yahoo.fr/iranzinejo@gmail.com



Murakoze

vendredi 24 juin 2011

Ibibazo 10 ugomba kwibaza mbere yo gutandukana n’umukunzi wawe (umugabo/ fiancé)

Gutandukana n’umukunzi wawe, umugabo/fiancé (e), si ibintu byoroshye na mba.Hari abatandukana babihubukiye, nyuma bakifuza kuba bakongera kubana cyangwa gukundana n’abo bashwanye, ugasanga ntibibashobokeye cyangwa bakabigeraho bibagoye cyane. Dore ibibazo 10 muba mugomba kwibaza mbere yo gufata umwanzuro wo gutandukana.

1- Ese nagerageje ibishoboka byose ngo twe gutandukana?

Mwagiranye ibihe byiza kenshi kandi igihe kirekire, none ubu, ntakinyikoza. Ahora ambwira ko akazi kabaye kenshi, hakaba nubwo muhamagara ntanyitabe. Ntabwo tukigirana ibihe byiza nka mbere. Mfashe umwanzuro, ngiye gutandukana na we nta nteguza. Oya ! banza ugerageze uko ushoboye, umenye impamvu aguha niba ari ukuri, ndetse unegere inkoramutima zawe zikugire inama. Mbere yo gufata icyemezo cyo gutandunana na we, banza ugerageze ibishoboka byose nibinanirana ube ari bwo ufata umwanzuro wo gutandukana.

2- Ese dufitanye imishinga yo mu gihe kizaza, dufite icyerekezo kimwe muri gahunda ziri imbere ?

Reba niba mufite imishinga imwe mu gihe kizaza. Tuzabyarana abana bangahe ? dufite kuzakora iki n’iki mu bihe biri imbere…Niba ubona mudafite icyerekezo kimwe, cyangwa hari ibintu byinshi mutumva kimwe kandi atava ku izima. Aho ushobora kurekana na we niba wumva udashobora kugendera ku murongo aguha cyangwa uwo wowe umuha, cyangwa se ngo mubashe kugirana ibiganiro kugira ngo mwumve ikiri ukuri muzakora cyangwa muzakurikiza mu buzima bwanyu buri imbere.

3- Ese nidutandukana nibwo nzagira ibihe n’ubuzima bwiza kuruta turi kumwe ?

Reba niba uko mubanye byibuze ari sawa ahubwo yenda akaba ari wowe udashobotse. Ushobora kurebera ku bandi bagenzi bawe nubwo mu rukundo buri wese akunda ukwe. Ariko gereranya urebe niba nimurekana ari bwo bizakugendekera neza kurushaho.

4- Ese simfashe icyemezo mpubutse cyangwa imburagihe ?

Reba neza niba icyemezo ufashe utagihubukiye. Reba niba waragerageje bihagije. Reba niba mu nama inkoramutima zawe zakugiriye waragerageje kuzikurikiza bikanga. Fata umwanya uhagije n’igihe gihagije cyo kubitekerezaho.

5- Ese mu by’ukuri kuba ngiye gutandukana na we ndi mu kuri cyangwa ni jye munyamafuti ?

Zirikana yuko niba ari wowe munyamafuti, n’undi muzahura uzongera ugongane na we. Ese kuba tugiye gutandukana aho nticyaba ari ikibazo gishingiye ku bijyanye no gutera akabariro gusa? Aho uzaba uyobye cyane. Gerageza gushaka ubundi buryo mwakemura ikibazo ubundi ibintu bigaruke mu buryo.

6- Ese niba ari we umpemukira njyewe nshobora kubyihanganira, kumubabarira no kumukosora tudatandukanye ?

Ashobora kuba akubeshya, aguca inyuma, muri make wumva akugambanira rwose. Niba wumva udashobora kubyihanganira, udashobora kumubabarira, kandi na we akaba atabivaho. Ushobora gufata umwanzuro rwose mugatandukana mu gihe ari wo muti usigaye wonyine.

7-Ese umuryango wange turabyumva kimwe ?

Mu kinyarwanda baravuga ngo umutwe umwe wifasha gusara ntiwifasha gutekereza. Banza urebe niba abo mu muryango wawe ba hafi babyumva kimwe nawe. Urugero, nka mama wawe, mwene nyoko wibonamo…ariko nanone ukabigiramo ubwenge kuko ushobora gusanga abo bakurusha cyangwa bamurusha amafuti.

8- Ese si jye nyirabayazana ?

Ni ngombwa rwose kwisuzuma ukongera ukisuzuma ukareba neza niba atari wowe uteza amahane. Mbese ko atari wowe nyiri amafuti no kutabana neza. Ubundi rero nuvumbura ko ari wowe nyirabayazana, wikosore, nusanga atari wowe…

9- Ese ubundi nzabasha kumureka neza neza ?

Abenshi bafata bene uyu mwanzuro, ariko ejo bagatangira kwirirwa barira cyangwa bagata umutwe bumva bashaka gusubirana na bo batandukanye. Mbese bakumva batabaho batabana na bo batandukanye. Ni ngombwa rero kureba niba ufite imbaraga zo gufata icyemezo ukanagishyira mu bikorwa.

10- Ese ubundi nubwo nshaka gutandukana na we ubundi ndacyamukunda cyangwa ntakimbamo ?

Niba wumva ukimukunda, ukifuza kumubona mu maso mubyutse, ukifuza kumupfumbata, nyamuneka itonde kurekana na we !! niba wumva ntacyo akikubwiye, wabona nawe utakimukunda, mbese utakimwibonamo, aho urumva iyo bijya.

Ngibyo ibibazo 10 uba ugomba kwibaza mbere yuko ufata umwanzuro wo gutandukana n’umukunzi wawe nkuko tubikesha Plurielles.fr.

Ibikorwa 20 by’urukundo mushobora gukora kugira ngo mushimishanye

Abantu benshi binjira mu rukundo bagakunda bakanakundwa ariko hakabaho igihe usanga urukundo rwabo rudakura cyangwa se ngo rubaryohere. Ugasanga rimwe na rimwe batumva ibyiza byo kuba mu rukundo, kutaryoherwa na rwo cyangwa se bikaba byanabaviramo no gutandukana (separation) bitewe n’uko bataba bitaye ku byo umwe ashobora gukorera undi kugira ngo bashimishanye ku mpande zombi bityo n’urukundo rwabo rurambe.

Ku bw’ibyo, waba umukobwa cyangwa muhungu, dore ibintu umuganga.com wagushakashakiye ushobora gukora kugira ngo ubagarire urukundo kandi unashimishe uwo ukunda( your boy friend/ girlfriend) bityo utavaho witesha amahirwe yo gukunda no gukundwa.

Urubuga rwa internet twifashishije tubitegura (www.anvari.org), rugaragaza ko hari ibikorwa by’urukundo (romantic things) bigera kuri 50 umuhungu cyangwa se umukobwa ashobora gukora kugira ngo ashimishe uwo akunda kandi binamufashe no kumva ibyiza byo kuba mu rukundo.

Muri ibyo 50 twabatoranirijemo 20 bishobora kubafasha kurunga/kuryoshya urukundo rwanyu.

Ibyo bikorwa ni ibi bikurikira:

1. Mu gihe uri kumwe n’uwo ukunda, jya ugerageza kumubwira mu ijwi ryoroheje ndetse akenshi nujya kumubwira akantu gasekeje cg se k’ibanga ujye ukoresha kumwongorera, ngo kuko ibi bituma yumva ibizongamubiri n’itandukaniro riri hagati yawe n’abandi.

2. Gerageza kumufata mu kiganza igihe muri kumwe mugendana, ngo kuko ibi bituma akwiyumvamo cyane, akanumva ko utamuri kure.

3. Niba kandi yagusuye, muhamagare umujyane mu gikoni mutegurane ifunguro. Urugero nk’umureti, agafiriti, gukaranga ubunyobwa n’ibindi. Ibi rero ngo biramushimisha kabone niyo mwateka ibitaryoshye.

4. Jya ukunda kumuha impano akenshi ndetse wibande kuzihendutse cyane rwose ngo kandi ujye ureba iyo atatekerezaga ko wamuha.

5. Kora ubushakashatsi umenye umwenda akunda muyo ufite hanyuma ube ari wo wambara igihe cyose muri kumwe.

6. Numuramutsa, jya umuhobera cyane kandi umwegereye kabone niyo mwaba muherukana vuba.

7. Fata igihe umubwire mutemberane mujye ahantu kure n’amaguru kandi hitaruye nko ku mucanga, mu ishyamba n’ahandi.

8. Jya ukunda kumubwira ko ari we wenyine wifuza kandi utamubeshya.

9. Fata akanya igihe muri kumwe umufate ku rutugu, umurebe mu maso na we akurebe, mumare nk’iminota ibiri mutavuga, ubone umubwire ko umukunda nibiba ngombwa unamusome utamuteguje.

10. Kora akantu kerekana ko mukundana igihe muri no mu bantu benshi.

11. Muririmbire kabone nubwo waba udafite ijwi ryiza ngo we biramshimisha

12. Mutumire aze musangire ifunguro haba mu rugo cyangwa se muri restora.

13.Mufate akaboko umurebe mumaso hanyuma umusome ku kiganza nurangiza uhite ugishyira mu gituza cyawe mu gice guherereyemo umutima (ibi biba byiza ngo iyo bikozwe n’umuhungu).

14. Jya umusaba uburenganzira bwo kumuhamagra kenshi.

15. Mu gihe wagize akazi kenshi, gerageza gushakisha byibura iminota mike ujye ahantu hatari urusaku hanyuma umuhamagare wibuke no kumubwira ijambo ngo “ndagukunda” (I love you).

16. Gerageza kumukorera ibintu bimwereka ko harimo ubwitange ariko wirinde kumubwira ko witanze. Wowe bikore, hanyuma we abibone utarinze kubimubwira.

17. Gerageza kumushushanyiriza ibyishimo byo kuba ari we muri kumwe mu rukundo.

18. Mufashe kwitoza kubwirana amagambo y’urukundo mu ndimi z’amahanga

19. Mujye mukorana gahunda zimwe na zimwe nko kujyana gusenga, kureba film, umupira n’ibindi bitandukanye ariko mwirinde kubana ahantu hamwe ( mu gipangu kimwe).

20. Jya wibuka amatariki afata nk’ingirakamaro mu buzima bwe nk’itariki ye y’amavuko, iy’umubatizo we, umunsi w’umutagatifu we n’izindi kandi umwereke ko wabyibutse.

Gukunda no gukundwa biba byiza ariko cyane cyane iyo hari icyo ubona bikumariye kuba mu rukundo. Mu gihe ufite uwo ukuunda rero ntugomba kugereka akaguru ku kandi ngo wumve ko cyakemutse ahubwo ngo ugomba guhora wita ku wo ukunda ushakisha icyo wamukorera, wibanda cyane cyane ku byamushimisha kugira ngo urukundo rwanyu ruhore rwaka. Mu gihe hari ibindi ushaka kumenya mu bijyanye n’ibyo wakora ngo ushimishe uwo ukunda ushobora gusura ururubuga http://www.anvari.org/ ubundi ukarushaho kuryohereza umukunzi.

lundi 13 juin 2011

Imibonano mpuzabitsina ni ngombwa ku mugore utwite ariko akabyitondamo

mpuza bitsina ni bimwe mu bintu bya mbere byubaka umubano mwiza hagati y’abakundanye; cyane rero ngo iyo umugore atwite birafasha ariko birushaho kuba byiza iyo hakurikijwe inama z’uko babikora ntibigire ingaruka mbi ku mwana no ku mugore.

Nk’uko tubikesha urubuga rwa internet: forum.doctissimo.fr, ngo hari ibintu 8 abantu baba bagomba kwitwararika igihe bategereje umwana.

1. Iyo murimo gukora imibonano mpuzabitsina, biba byiza iyo umugore agiye hejuru y'umugabo cyangwa akaryamira urubavu mu gihe inda itangiye kuba nkuru.

2. Ku nda itaraba nkuru ngo binogera umugore iyo umugabo we amwinjiramo bihagije.

3. Amazi cyangwa umuyaga (cyangwa ikindi kintu) ntibigomba kugaragara mu gihe cyose muri mu mibonano mpuzabitsina umugore atwite. Gukoresha intoki na byo ngo si byiza.

4. Kumva, gusetsa uwo muvugana ngo biba ibintu byiza mu kubaka urugo neza mu gihe umugore wawe atwite.

5. Umugore afite ubushobozi bwo kuba yavuga ngo "oya" mu gihe atiyumvamo gukora imibonano mpuzabitsina mu gihe atwite.

6. Niba umugore afite ikibazo cyo kutarangiza neza mu gihe mukora imibonano mpuzabitsina, biba byiza iyo ihagaritswe mukegera muganga akababwira icyo gukora.

7. Kwirinda gukora imibonano mpuzabitsina igihe cyose mugiriwe inama yo kutayikora na muganga umwitaho.

8. Imibonano mpuzabitsina igomba guhagarara igihe cyose umwe muri mwe yagaragaje ko afite uburwayi bwandurira mu myanya ndangagitsina nk'agakoko gatera SIDA n izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina ; kwifata byakwanga mugakoresha agakingirizo.

Kugira ububobere bucye mu gitsina ku bagore/abakobwa biterwa n'impamvu zitandukanye!

Kugira ububobere bucye mu gitsina ku bagore/abakobwa biterwa n'impamvu zitandukanye!Ubushakashatsi bwerekana ko umugore 1 kuri 6 (1/6) bagira ububabare mu gihe cyo gukora imibonano mpuzabitsina, ibi bikaba ahanini biterwa no kumagara mu gitsina aho usanga nta bubobere buhagije burimo. Haba ubwo rero usanga hari n’utundi tubazo tuvuka harimo nko kumva uburyaryate mu gitsina n’ibindi. Akenshi ngo ibi bikunda kuba ku bagore bakuze bacuze (bahejeje imbyaro), ariko n’abagore/abakobwa bakiri bato cyane rwose ibi bishobora kubabaho. Ibi kandi bigira ingaruka zikomeye nko kuba bakwandura izindi ndwara zifata mu gitsina cyangwa bakabihirwa mu gutera akabariro bikaba intandaro yo kutavuga rumwe na Bwana.

Ukumagara kw’igitsina ni ingaruka zo kutagira ububobere mu gitsina cy’umugore (Vagin). Ubusanzwe igitsina cy’umugore cyangwa umukobwa, kiba kifitemo ibisa n’amazi afashe cyangwa ururenda (imisemburo). Aya mazi cyangwa ururenda (Imisemburo) azanwa n’imvubura zibamo bigatuma habobera kubera imisemburo iba yavubuwe. Iyi misemburo hari n’iva mu mura, hamwe n’ahandi mu tunyangingo tw’igitsina cy’umugore, ituma mu mpande zose z’igitsina hahora hatose. Aya mazi kandi ni nayo atuma mu gitsina hahora hahindura ubushya n’itoto nkuko no ku mubiri w’umuntu hahora hahinduka. Muri make, iyo misemburo ni yo ituma mu gitsina hahora isuku n’isukurwa by’umwimerere.

Hari indi misemburo yitwa (Bartholin’s glands), iyi iba aho twavuga ko ari mu ndiba z’igitsina igatuma rero ingingo zacyo zifunga hamwe n’ukundi kunyeganyega cyangwa kunyeganyezwa bikorwa mu mutekano. Izi rero na zo zigira uruhare mu guha ubutote umwinjiro w’igitsina cy’umugore/umukobwa ndetse no ku bice bigaragara hanze h’igitsina.

Izi mvubura cyangwa imisemburo igenda ihinduka cyangwa ihindura akazi bitewe n’akazi kari gukorwa cyangwa kari gukorerwa mu gitsina hamwe n’imihindagurikire y’ibihe by’umugore. Mu yandi magambo, ibikorwa biri gukorwa n’igitsina cyangwa biri gukorerwa mu gitsina (Nko mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina), bishobora gutuma habaho ukumagara mu gitsina cyangwa se habaho gutota bihagije cyangwa kongera ya mazi cyangwa za mvubura.

Mu gihe rero umugore ageze mu gihe cyo guca imbyaro, ni bwo imwe muri iyo misemburo yose twavuze haruguru igabanuka cyangwa igashira burundu. Ariko kandi nanone, imiti imwe n’imwe ishobora gutera uku kumagara ko mu gitsina ku bagore/abakobwa, cyangwa ugasanga igize ingaruka ku bwonko ari na ho ibitekerezo byose n’imikorere ituma ya misemburo izamuka neza nta mususu ihagarara.

Dore impamvu zikomeye zishobora gutera ukumagara mu gitsina cy’umugore/umukobwa:

Impamvu zituruka kuri za horumones (hormones) : Kubura Hormones zimwe na zimwe: Kubura Ositorojene (oestrogènes) bishobra kuba impamvu itera ukumagara mu gitsina. Ibi bikunda kubaho mu gihe umugore ageze mu za bukuru atakibyara. Bishobora no kubaho mu gihe hari indi mpamvu. Nko mu gihe umugore afite umwana wonka cyangwa atwite inda ikiri ntoya na bwo izi Orumone zishobora kuba nke maze mu gitsina ntiharangwe utuzi.

Bishobora guterwa n’imiti : Amapilile amwe n’amwe abuza kubyara (pilules contraceptives), hamwe n’indi miti nk’iyo kurwanya kanseri y’ibere, ishobora kuba impamvu ikomeye itera ukumagara mu gitsina cy’abagore/abakobwa.

Impamvu zo kwandura indwara zo mu gitsina : Ukumagara mu gitsina kandi bishobora guterwa n’indwara zifata mu gitsina. Aha hari nubwo uretse kumagara mu gitsina usanga binavanze no kubabara cyane mu gitsina ndetse no kugira impumuro mbi.

Isuku nke : Hari n’igihe kumagara mu gitsina ku mugore biterwa nuko aba atitaye ku isuku yo mu mbere kandi ari ngombwa cyane. Ibi bikaba bishobora kuzana ukumagara mu gitsina kuko haba hitekeye imyanda itagira ingano.

Impamvu z’ibiyobyabwenge : Itabi, alukolo nyinshi (alcool) bishobora na byo gutera ukumagara mu gitsina biherekejwe no kunanirwa k’ubwonko, no kugira umunaniro umubiri wose.

Impamvu ziva mu bwonko: Ibi biterwa ahanini no kuba abakora imibonano mpuzabitsina batari bateguye neza bombi cyangwa umugore/umukobwa adateguye bihagije. Bishobora no guterwa no gukora imibonano mpuzabitsina hashize igihe, mbese adakunda kuyikora kenshi. Bishobora no guterwa no kuba umugore/umukobwa akoze imibonano mpuzabitsina atabishaka cyangwa se uyu mugore wumagaye mu gitsina akaba yakoze imibonano mpuzabitsina ariko mu mutwe we hibereyemo ubwoba busa.

Hanyuma rero nanone uku kumagara bishobora guterwa na Sendorome Gougerot-Sjögren (Gougerot-Sjögren Syndrom), banayita nanone Syndrome sec: Iyi ishobora gufata abantu bose ariko ubushakashatsi bwerekana ko 90 % by’abo igeraho ari abagore bari mu myaka ya 45 na 50. Iyi rero yibasira imvubura zitandukanye. Uretse imisemburo ibobeza mu gitsina, inibasira imvubura z’amacandwe akaba macye rwose ku buryo umugore yumagara mu kanwa emwe n’iminwa, akabura imvubura z’amarira ku buryo ashobora kubabara byo kurira ariko amarira ntuyamubaze. Gusa ngo imisemburo ibobeza mu gitsina ni yo igabanuka cyane ku buryo usanga harangwa ububobere bucye hafi ya ntabwo.

Hagati aho ariko, nkuko bigaragazwa n’urubuga rwa interineti france5.fr, ngo ukumagara mu gitsina birashira kuko hari imiti myinshi kandi igarura ububobere hatitawe ku myaka cyangwa izindi mpamvu. Upfa gusa kuba ufite icyo kibazo ubundi umuti ukakubera igisubizo. Wagana kwa muganga rero ukavuga ikibazo ufite ahasigaye akazi kakaba aka muganga n’umuti.
Ufite ibindi bibazo ushaka gusobanukirwa ku bijyanye no kumagara mu gitsina ku bagore/abakobwa watwandikira ku rubuga rwanyu umuganga.com ahagenewe guhanuza muganga ahasigaye tukakubariza abaganga b’inzobere mu bijyanye n’ikibazo ufite tukakubonera igisubizo bidatinze.