Duhe ibitekerezo

Urashaka gutanga ibitekerezo?twandikire kuri iranzinone@yahoo.fr/iranzinejo@gmail.com



Murakoze

dimanche 2 janvier 2011

Kuki abasore bamwe bahitamo gukundana n'abagore babaruta kure?

Kimwe no mu bihe byashize, muri iki gihe hagaragara ikibazo cy'abasore bakiri bato bakundana n'abagore bakuze, ndetse rimwe na rimwe banababyaye. Ibyo bishyigikirwa na bake, ariko n'ababikora hari icyo babitekerezaho.



Aha wakwibaza uti "ese ni iki cyatera umusore gukundana n'umugore umuruta kure? Inyungu ibamo ni iyihe?" Nibyo ndibwibandeho hano, nifashishije ibyo nabwiwe n'ababikora.



Mu basore baganiriye na igihe.com babashije gutangaza ko hari impamvu nke ariko zumvikana zituma bikundanira n'abagore bakuze, mu gihe baba bafite amahirwe imbere y'inkumi bari mu kigero kimwe...Zimwe mu mpamvu bambwiye harimo:



1. Abagore ntibiraza i Nyanza



Ubundi kimwe mu bibazo abasore bahura nabyo ni ukutamenya icyo umukobwa atekereza. Umukobwa ashobora kuba agukunda yarashize rwose, ariko akaruma gihwa, agashiriramo imbere ntabikubwire. Uretse ko hari uburyo wakoresha ukamenya niba umukobwa akwemera (nzabigarukaho mu yindi nkuru), ubwo buryo ntiwabwizera kuko ushobora kugirango arakwemera wagerayo ukahahurira n'imbwa ihetse indobo.



Ikibazo cyo kutamenya icyo umukobwa atekereza cyangwa uko kwiraza i Nyanza ntikugaragara ku bagore bakuze, kuko iyo akunze umusore arabimubwira nta guca ku ruhande. Ibi byorohereza umuhungu cyane kuko nta mbaraga nyinshi bimusaba, ngo abanze yibaze ngo “ese buriya nimubwira ngo nzamusure ntabyanga?" Iki kibazo ntikibaho kuko uwo mugore niwe ukubwira ngo umusure, niwe ukwereka aho mujya, ni nawe ukwereka icyo gukora...



Umwe muri abo basore ati "iyo uri kumwe n’umukobwa, hari uburyo yitwara ashaka kukwereka nk’aho ari isugi cyangwa nta kintu azi na kimwe. Musore, ibi nta mugore ubyikoresha kuko we aba afite experience kandi nta masoni aba akigirisha, ahubwo ugasanga akwigishije n’udushya utari uzi…”





2. Agufasha muri byinshi



Ikindi abasore batinya ni ugukurwa amenyo, aho abakobwa babaka amafaranga ntibabasigire n’urwara rwo kwishima…N’ubwo abasore benshi babyitwaza bakanabikabiriza, icyo kibazo kibaho kandi iyo umusore akundanye n’umugore ntikigaragara.



Umusore ukundana n’umugore mukuru nta kibazo cy’ubukungu agira kuko akenshi uwo mugore aba yifashije, ugasanga ahubwo niwe uba amwitayeho (sugar mummy).



Hari ingero nyinshi z’abasore bakundana n’abagore bakuze ugasanga barahakiriye rwose bakagurirwa imyambaro, bakarihirwa amashuri, amamodoka y’ibitonore bakayuahabwa bagakungahara.





3. Nta kindi aba agutegerejeho



Iyo ukundanye n'umukobwa hari igihe akomeza ibintu akaba yanatangira kuzana ibyo kubana kandi umuhungu atabyiteguye. Ibyo ntibiba ku bagore bakuze, kuko nta kindi aba agutegerejeho. Ikindi ni uko bamwe baba baracuze batakibyara (bari muri menopause) ku buryo nta bwoba bwo gutera inda buba buhari, kandi hari abaziterwa bakazibyara nta kibazo kuko n'ubundi baba basanzwe ari abagore...



Impamvu ni nyinshi pe! Hari n'abandi bambwiriye mu migani, ngo inkono ishaje niyo iryoshya imboga, n'ibindi ntumvise neza...



Nyuma yo kuvuga bimwe mu byo abo basore batubwiye bakura mu mubano wabo n’abo bagore, sinarangiza ntavuze mu ngaruka mbi zibamo, dore ko zo zirenze igipimo. Gusa ndakoresha ibibazo umusore uri muri relationship nk’iyo yagakwiye kwibaza:



 Burya uzirinde gukora ikintu wumva abandi batagukorera: niba uri umusore w’imyaka 21 ukaba ukundana n’umugore w’imyaka 35 cyangwa irenze, urumva uramutse ufite uwawe agakundana n’agasore wabifata ute? Ese niba nta mugabo afite, ariko akaba afite abana mungana, urumva umubyeyi wawe we akundanye n’umusore mungana wabifata ute? Ese ugirango uwo mugore we yakwemera ko umwana we akundana n’umuntu umuruta? Uzamubaze icyo kibazo wumve icyo agusubiza…



 Niba se nta mama wawe ufite, wumva iyo aba akiriho wari kwishimira ko akundana n’umusore mugenzi wawe? Wari kubifata ute?



 Ubundi iyo umuntu akora igikorwa cyose haba hari impamvu. Impamvu wakundana n’umuntu ukuruta ni iyihe? Ese irafatika? Ese bikumarira iki mu kubaka ubuzima bwawe? (wasanga gihari…)



 Muri ibyo wahabwa n’uwo mugore, hari na kimwe kiruta ubuzima bwawe? Hari urukingo rwa SIDA rurimo? Cyangwa ahubwo harimo akaga?



 Nujya ukora ibintu wiherereye ujye wibaza uti “ese ibi nkoze nabivuga no mu ruhame?” Ese koko urwo rukundo rw’ibanga ushobora kurwigamba nk’igikorwa cyiza imbere y’abazagukomokaho, cyangwa wumva inkomanga ku mutima?



Ngibyo bimwe mu bibazo umusore ukundana n’umugore umuruta yakwibaza, igisubizo kiri mu mutima wa buri wese, ushobora no kucyandika munsi y’iyi nkuru mu burenganzira busesuye!

source.www.igihe.com

Kuki abakobwa bamwe bahitamo gukundana n'abagabo babaruta kure?

Nigeze kwandika inkuru ivuga ku mpamvu abasore bakundana n’abagore babaruta kure (kanda hano uyisome). Icyo gihe hari bamwe bashatse ko nanavuga impamvu hari bamwe mu bakobwa bakundana n’abagabo bakuze kubarusha, ndetse akenshi banaruta ba se bababyara. Nkora iyo nkuru ya mbere hari abasore benshi twari twaganiriye, akaba ari nayo mpamvu naganiriye n’inkumi zitari nke mbere yuko nandika ibi. Bambwiye byinshi bitandukanye, nkaba ngiye kubibanyuriramo muri make.

1. Abagabo bakuze baba bafite amafaranga n’umutungo bihagije

Abahanga mu mibanire n’imyitwarire y’abantu bavuga ko n'ubwo hari byinshi byahindutse mu buzima bw’abagore, cyane cyane kuva mu myaka ya za 1960, hari ibintu abagore b’iki gihe bahuriraho n’abo mu myaka nka miliyoni 5 ishize. Abagore b’icyo gihe n’abubu bose bashaka kubana n’umuntu wabasha kwitunga nabo akaba yabafasha bibaye ngombwa (n’ubwo ubu abagore bakora ari benshi kandi bakanahembwa neza, bakibeshaho). Ibi bishatse kuvuga ko umugabo ufite amafaranga cyangwa witunze abona amanota menshi imbere y’igitsina gore (kuva ku gakobwa k’imyaka 7 kugera ku mukecuru wa 77) kuko baba bamubona nk’umuntu wageze ku ntego (a winner) kandi uri serious. Ntibirirwa bibaza aho wayakuye, ushobora kuba ucuruza ibiyobyabwenge cyangwa uyiba ariko ukubonye atarakumenya akubona neza.

Abagabo bakuze rero akenshi baba bafite amafaranga kuko baba barabayeho igihe kinini, bakagira n’umwanya wo kuyashaka no kuyabona. Kuba afite amafaranga bishobora kumukururira inkumi (n’amahirwe n’ibyago bijyana nabyo) kurusha twe tukiri bato, kandi ni nako bigenda.

2. Batanga batitangiriye itama

Hari akantu gasekeje gakunda kubaho, ukabona umusore n’inkumi bagiye nko muri restaurant yiyubashye, umukobwa bakamuha menu itariho ibiciro, umusore we bakamuha iriho ibiciro. Uko umukobwa a-commanda (order), umusore akazajya amama akajisho kuri menu iriho ibiciro ngo arebe niba bihuye n’umufuka we… Ibyo ntibiba kuri sugar daddy.

Sugar daddy ntagorwa no kugura za kado zihenze nk’imikufi (jewelry), za chocolats, imyenda, ingendo z’ahantu nyaburanga n’ibindi byinshi bikundwa n’inkumi. Hari n'abagurira abo bakunzi babo amamodoka, mu gihe iyo uri umusore kubwira inkumi ngo itege moto urayishyura biba ari ukwirya ukimara (kwitera icyuma). Hari ba sugar daddies baha abakunzi babo amazu, bakababonera akazi gahemba neza n'ibindi.

3. Baba biyizera kandi bazi icyo bashaka

Mu gihe benshi mu basore bagaragara nk’abatiyizeye cyangwa batazi icyo bashaka imbere y’inkumi, abagabo bakuze bo baba bari confident kandi ntibarya iminwa ngo icyo batekereza kibaheremo (ntibanigwa n'ijambo kandi nawe baribwiye ntiwabaniga). Ni umuntu uba warahuye n’abagore benshi, ufite expérience ku buryo nta kimutungura. Niba ashaka ko musohokana ahita abikubwira, si nk’umusore utegereza yizeye ko wibwiriza. Ni umuntu uzi uburyo yagera ku cyo agamije nta kwinyuramo (maladresse/clumsiness), nta guta ibaba, nta no gukoresha ingufu.

Abagabo kandi ntibakangwa n'akaje kose, kandi barihangana kurusha twebwe abasore. Bajya inama, mbese ni abapapa pe!

4. Abasore benshi baba bafite imishinga itandukanye n’iy’abakobwa

Umukobwa uri munsi y’imyaka 18 aba akunda abasore beza, basa neza bakeye, b'abasitari, etc. Uko agenda akura niko agenda ashyiramo logique agasanga ataribyo bikenewe cyane mu buzima, bityo agatangira gushaka umuntu bazabana, kandi bakabana neza, nta nzara, akazabasha kumutunga we n’abana bazabyara. Ibi rero abasore benshi bari mu kigero cye baba batarabigeraho.

Ikindi nuko abakobwa bakura cyane kurusha twebwe abasore. Ndabizi neza ko umukobwa tunganya imyaka atekereza ibintu jye nzatangira gutekereza mu myaka itari mike iri imbere (gushinga urugo, kubyara, etc)! Uwo rero aba ashaka umuntu mukuru bumva ibintu kimwe, ariko nukwibeshya cyane kuko sugar daddy siwe muba muzabana, keretse wenda ari umugabo mukuru udafite umugore.

Niba uri umukobwa ukaba ukundana n’umuntu ukurusha imyaka 8 kuzamura, nta kibazo kirimo ni n’uburenganzira bwawe. Ariko niba uwo muntu afite umugore ni ikibazo gikomeye cyane.

- Ufite umugabo agatwarwa n’agakumi wabyitwaramo ute?
- Uramutse ufite umubyeyi (papa wawe) akaba afite umukobwa ungana nawe bakundana wabyifatamo ute?

- Ni iyihe mpamvu (nzima kandi ifatika) yatuma ukundana n’umugabo ukuruta kure, cyane cyane iyo afite umugore n’abana?

- Ese niba ufite sugar daddy, utekereza ingaruka mbi zishobora kukubaho (kwandura SIDA, guterwa inda n’umugabo usanzwe afite abandi bana, kugirana ibibazo n’umugore we, kutizerwa muri sosiyete n’ibindi)?

- Hari abakobwa muri iki gihugu (cyane cyane muri iyi Kigali) bafatwa nka ba kazarusenya kubera uburyo birirwa batwara abagabo b’abandi. Ese urifuza kuba umwe muri bo?

- Ko abagabo bazwiho guhararukwa vuba, ujya utekereza ko ashobora kwigendera agasanga akandi gakumi igihe icyo aricyo cyose?

- Ko abagabo birirwa mu dukumi aribo banafuhira abana babo b'abakobwa cyane, utekereza ko biterwa n'iki? Suko baba bazi ko ari bibi?

Niba ubonye umusore wo mu nzozi zawe wakora iki ngo agukunde?

Njya nkunda kubaganiririra ku rukundo ariko burya ibyarwo ntiwabivuga ngo ubirangize. Ubu noneho ndashaka kubabwira ku kintu gikunze kugaragara rimwe na rimwe kikanagora mwebwe bashiki bange.

Umuhanzi yaravuze ati "Burya Urukundo uwo rushatse ruramusanga",nge nakongeraho ko rubasha no kumuganisha aho rushaka cyangwa aho atatekerezaga, ariko iby’imbaraga zarwo wenda tuzaba tubigarukaho.

Hari igihe ugira utya ukiyumviraaaa ukumva ikintu muri wowe kikubwira ko ugejeje igihe cyo gukundana niba bitarabaho, cyangwa se kikakubwira ko wari ukwiriye kongera kugerageza amahirwe niba warakundanye mbere ntibigende neza.

Gusa muri ibi byose ntubura gutekereza cyangwa ukishushanyiriza umusore wumva rwose wifuza, ukagena ibyo agomba kuba yujuje kugirango nawe umukunde gusa hari igihe tujya twibagirwa ko ibyo twifuza byose atariko twabibona 100% kandi ibyo nibyo biviramo bamwe kwisanga bagiye guhera iwabo ngo aha baracyategereje uwujuje ibyo bashaka.

Mbere na mbere mubanze mwibuke ko niyo wagira gute udashobora kureba mu mutima w’undi cyangwa ngo umenye ibyo atekereza, ni ukuvuga ngo byinshi mubyo umwifuzaho ni ibyo nawe ushobora kurebesha amaso yawe naho iby’imbere ujye ubiharira Uwiteka be ariwe ubigufasha cyangwa abikwereke kuko we yabishobora.

Niba rero hari umusore wabonye ukumva wifuza ko agushyira mu bitekerezo bye bya buri munsi hari inama wakurikiza igihe muri kumwe zikaba zakongera amahirwe yo kugera ku mugambi wawe.

Ujya wibaza uti "Ni gute nakora ngo umusore nifuza amanuke yiture mu buzima bwange nk’uko mbyifuza ?" "Nakora iki se ngo uwo musore yumve ko nange mukurura ?" ibyo abakobwa cyangwa abagore bo kw’isi yose barabyibaza kandi ntihakagire umugabo cyangwa umusore numwe ubifata nk’ubusazi cyangwa ubwenge buke kuko ibyo ntawe ubihamagara kandi uretse n’ibyo n’abagabo bibabaho ahubwo ni uko bo bagira imbagara zo guhita babibwira uwo bakunze .

Mwese muzi neza ko abasore cyangwa abagabo bakururwa cyane n’ibyo amaso yabo aberetse, bishatse kuvuga ko uko ugaragara neza bishoboka biri mu bintu bya mbere byatuma umusore atangira kugutekerezaho : Umubavu(parfum)uhumura neza , ikanzu nziza iguhesheje icyubahiro , utwo twose turi mu utuntu twashegesha nyamusore akumva yanagukurikira ngo akomeze yirebere uburyo ari byiza.

Aha ariko ukamenya ko ibyo gusa bidahagije ngo uvuge ko watsindiye isoko !

Hari n’izindi nama nkeya ukwiriye kutirengagiza :

1. Ba uwo usanzwe uri we

Kugerageza kwihindura igitangaza bitandukanye n’uwo usanzwe uri we nicyo gitekerezo cya mbere cyakwicira amahirwe niba ushaka kwemeza umusore wifuza.

Nubwo n’abakobwa batabikunda ariko abagabo nibo ba mbere badakunda umukobwa wiyerekana ukundi imbere yabo, bajya baca umugani ngo umusore utiraririye ntarongora inkumi, ariko ibyo ntiwabihingutsa ku bakobwa,Bitewe nyine n’umuco wacu Umusore akeneye kubona ko uri umukobwa w’umutima utagira amasura menshi atandukanye kuko ntiyazamenya uko agufata.

Igihe yaramuka akunze ishusho wamweretse cyangwa wifuzaga ko akubonaho kandi atariyo mu by’ukuri usanzwe ufite ndetse bikubitiyeho ko utazanabasha igihe cyose kugumana ishusho werekanye,ndahamye neza ko uyu musore mutagirana urukundo rwiza cyangwa ngo mumarane igihe kirekire.muri make nta rukundo rwubakira ku binyoma.

2. Niba hari ibyiza usanzwe wiyiziho , wibyihererana !

Wenda uri uwa mbere mu kumenya gusiga irange mu nzu, uri umuhanga se mu kumenya guteka indyo zitandukanye,wenda wiyiziho impano yo gusetsa cyane abantu bakishima, cyangwa se bagenzi bawe bajya bavuga ko bakwizera mu gufata ibyemezo byiza igihe bibaye ngombwa.

Ibyo byose igihe ubonye akanya ko kubikoresha muri kumwe ntugatindiganye kuko n’uwo musore ntakwiye gutinda kubona ibyiza bikurangwaho aho kubanza guta umwanya umubwira ukuntu abahungu mwiganaga bagutinyaga cyangwa nta wakurushaga kunywa inzoga n’itabi n’ubwo hashize igihe warabiretse.

Muri make kora ku buryo butuma ahora agushaka ngo muganire cyangwa muhure mutemberane(always let him in suspense)

3. Rimwe na rimwe reka ibintu byikore aho ubona ko bishoboka

Ni ukuvuga ko niba umaze iminsi witwara neza byanze bikunze ntihabura utumunyetso tubikwereka, niba hari utwo ubona rero ishyire mu mutuzo ntumere nk’uri mw’irushanwa ,haba hari ibintu bimwe na bimwe bishobora kujya byikora utarinze guhaguruka ngo ubigiremo uruhare hato atazanatekereza ko ushyanuka.

Hari igihe mwaba mwari mumaze igihe muvugana kuri telephone noneho mugahana gahunda yo guhura, icyo gihe si ngombwa ko ucuranga mpaka amenye ibyawe byose,si na ngombwa ko abimenya uwo munsi ahubwo mutere guhora afite icyo ashaka kumenya kuri wowe buri munsi, naho ubundi uba umwereka ko udafite icyizere cyo kuzongera kumubona kandi wibuke ko ugomba kwigirira icyizere imbere y’umuhungu, nabona rero ubifata nk’amahirwe ya nyuma kandi aribwo mubonanye uzaba ubisenye byose.

Ndatekereza ko izi nama uzikoresheje byakugirira akamaro mu kubasha gutsindira isoko ry’umugabo cyangwa umusore wo mu nzozi zawe.

Uramutse ufite ikibazo cyangwa igitekerezo wifuza kutugezaho wacyandika neza mu buryo busobanutse maze ukacyohereza kuri iyi e-mail ubona hasi.
Source:igihe.com

Wabigenza ute igihe wishimiye umusore?

Nyuma yo kwandika ku buryo umusore yakwitwara igihe umukobwa bahuriye ahantu, bibaye ngombwa ko tunavuga ku buryo umukobwa we yabigenza igihe yishimiye umusore.

Ubundi mu bintu by’urukundo hari abantu bumva ko byose bigomba gukorwa n’umuhungu, umukobwa we akiyicarira akaba mbonabihita, yabona ntacyo umutwaye akakwemera. Ibyo bishobora kuba ariko byari bimeze kera, ariko ubu abakobwa babaho ubuzima budatandukanye cyane n’ubw'abahungu, bigatuma basa nk’abitwara kimwe. Niyo mpamvu bidatangaje na gato kuba umukobwa yakwishimira umusore, akamuganiriza. Aha ariko hari abakobwa bagira impungenge bakumva ko kwitwara gutyo ari ibintu bidasanzwe. Mu baganiriye na igihe.com, bamwe batubwiye ko agiye akaba ariwe utangira kuganiriza umusore byatuma umuhungu yiyemera, akaza kubibwira na bagenzi be, bakagufata nk’umuntu woroshye kandi wa make.

Wabigenza ute rero?

Hari igihe abasore bajya baganira n’inkumi bakazibwira bati “mwebwe abakobwa shahu muba mwiyicariye mugategereza ko tuza kubatereta, mwabishaka mukatuvunagura, mukadutera indobo.” Ibi bituma byumvikana ko abakobwa bafite avantage ku bahungu, bakaba batavunika muri icyo gitendo cyo gushyikirana. Ibi ariko sibyo kuko niba uri umukobwa ukaba wanabyishimira, benshi bazi ko ushobora kuvugana n’abahungu 10 (ndavuga abo mutari muziranye) mu mugoroba umwe, bose ntibagire icyo bakungura, mu gihe hari uwo uba wishimiye ariko we ntakwegere. Mu gihe wizeye ko ari bukubone, ugasanga undi mukobwa batanaziranye agezeyo bahuje urugwiro, ugasigara uririra mu myotsi.

Aha niho ubonera ko abakobwa nabo bakeneye kwegera abahungu. Gusa ntibigomba gukorwa kimwe nk’uko abahungu babikora, ahubwo hari uburyo wakwitwara bigatuma ugera ku ntego. Nandika iyi nkuru nahise nibuka ko mugenzi wanjye Cyril yanditse ifite umutwe ugira uti (Niba ubonye umusore wo mu nzozi zawe wakora iki ngo agukunde? aho agira inama umukobwa ku buryo yakwitwara ku musore ashaka ko amukunda. Mugenzi wanjye rero akaba yaremeye ko navuga ku kuntu waganiriza bwa mbere uwo musore, mbere y’uko ujya gutekereza niba mukwiye gukundana.

Icya mbere nuko niba mutaziranye ariko ukabona aziranye n’umusore cyangwa indi nkumi musanzwe muri inshuti, wakora ku buryo agupresenta, cyangwa ku bw'amahirwe uwo musore ubwe akaza kukuvugisha. Icyo gihe iyo umusore azi kuvugisha inkumi niwe utangiza ikiganiro, wowe icyo ukora nk’umukobwa ni ukumwereka ko umwitayeho, yakubaza ikibazo ukaba wamusubiza igisubizo gufatika, kitari bya bindi bya ‘Yego' na ‘Oya’, ndetse nawe ukaba wamubaza ibibazo (hatarimo ikivuga ngo uhembwa amafaranga angahe, bagitinya kubi!). Niba ateye urwenya uraseka, ukaba nawe wamubwira ikintu gisekeje uzi, muri make ukagira uruhare n’ubushake bigaragara mu kiganiro. Ibi bimwereka ko uwitayeho, akaba yanakwaka nimero, mukazanabonana ubutaha, mukamenyana kurushaho. Mushobora no gukomeza kuganira, byose biterwa n’uko mwembi mubigena.

Ushobora no kumunyura imbere ukamusekera ukamubaza uti “bite ko uri wenyine?” ugasa nk’uwikomereza. Iyo yakwishimiye uba worosoye uwabyukaga, mukaba mwaganira. Aha ntugaragara nk’aho umushaka cyane, ni ubupfura busanzwe bwo kuganiriza umuntu ntacyo ugambiriye.

Ikindi ni uko n’ubwo bavuga ngo umuhungu uzi kuvuga neza agira amahirwe imbere y’inkumi, umukobwa ugaragara neza nawe agira amahirwe imbere y’abasore. Urugero nuko niba hari nk’ahantu habaye ubukwe, umukobwa wagaragaye abyina mu itorero ryasusurutsaga imisango aba afite amahirwe menshi imbere y’abasore kurusha uwari wicaye mu nguni isoni zamwishe. Uwo wari uri mu nguni ashobora kubatera amatsiko, ariko uwabyinaga naza akaramutsa umusore, uwo musore azabona ko ari ibisanzwe, n’ubundi ari umuntu uri cool, nta kindi akurikiye. Aha ntibivuze ko umukobwa wese agomba kujya mu matorero nk’Inyamibwa cyangwa Inganzo Ngari, ariko iyo umuntu yerekanye ko yishimye bituma yakirwa neza n’uwo yavugisha wese. Muri make niba uri umukobwa uri ahantu habereye ibirori cyangwa ahandi, ukerekana ko wishimiye ibyo urimo, ugaragara nk’umuntu uri positive bigatuma abahungu bakwegera, harimo wenda n’uwo wishimiye. Iyo atakwegereye aba yakubonye, iyo ugiye ukamuvugisha ntagufata nk’uwo atazi.

Kwishimira ibyo uri gukora, kuba ukeye mu maso muri rusange, no kutibaza ibibazo ngo "ese nimuvugisha ntambona nabi?” bifasha umukobwa kuvugisha umusore yishimiye, kuruta uko waguma aho uri, ukaza kurara ukubita umutwe ku nzu wicuza impamvu utamuvugishije.

Uwaba afite igitekerezo n'inama yo kugira bashiki bacu kuri iyingingo nawe yadufasha.

Kubona ibitotsi

vuba Abantu benshi bakunze gukanguka nijoro ugasanga kongera kubona ibitotsi n’ikibazo,abandi bagira ibibazo byo kubona ibitotsi. Turakugezaho ibintu 5 byagufasha kubona ibitotsi bitakugoye.

1 – Ubahiriza igihe cyo gusinzira/ibitotsi

Kubura ibitotsi kwawe gushobora kuba guterwa n’uko isaha yo kuryama utayubahiriza, wenda urashaka kurangiza film warebaga, kurangiza amapaji make y’igitabo wasomaga, cyangwa se kuko hari inshuti zagusuye zigatinda gutaha muri kuganira .

Ibitotsi burya bigira ukuntu biza hakajyenda hacamo igihe cyingana n’isaha n’igice, nkuko ujya gufata tagisi ikujyana ahantu kandi igendera ku masaha ,iyo igusuze utegereza indi ; n’ibitotsi nabyo nuko, aho usanga iyo watinze kuryama hari abihindukiza mu buriri babuze ibitotsi.

Ibi bikaba bivuze ko niba utangiye kumva ibitotsi bikurya mu maso, wayura n’ibindi ntutegereze uhite ujya mu buriri. !

Ikindi kandi ngo amasaha uryamiraho ndetse n’ayo ubyukiraho abe amwe ntukayahinduranye niba uryama saa tatu z’ijoro ukabyuka saa kumi n’ebyiri za mugitondo abe ariko bihora kuko mu gihe ubihinduranije n’ibitotsi byawe nabyo bizahagirira ibibazo.

2 – Wite ku bukonje n’ubushyuhe bw’umubiri wawe (température)

Hari aboga amazi ashyushye nijoro ngo bibafasha kuruhuka no kwitegura kuba babona ibitotsi, aba baribeshya! Umubiri w’umuntu iyo witegura gusinzira cyangwa kuryama ugabanya temperature y’umubiri imbere. Wakagombye ahubwo koga amazi y’akazuyazi.

Mu cyumba uraramo ngo byaba byiza temperature yaho itari munsi ya 20°C.Ikindi kandi ngo ukaryama ibirenge byawe bifubitse birumvikana ko ari kwambara amasogisi

3 – Ku ifunguro rya nijoro nturye cyane cyangwa ngo urye byinshi Ni byiza kwirinda kurya ibintu byinshi cyangwa se binakomeye kuko iyo igirirwa ry’ibiryo ( digestion) rigoranye n’ibitotsi nabyo biba uko.

Wirinde inyama zitukura nk’inyama z’inka, ibiryo byuzuye urusenda, inzoga, ikawa n’icyayi. Ushobora kurya nk’imboga, umugati, ibinyamafufu n’ibikomoka ku mata byose kuko bifasha mu kuruhuka no gusinzira.Mu byo ushobora kunywa, wafata nk’ikirahuri cy’amata byaba byiza akaba ari inshyushyu.

4 – Icyumba uraramo ugomba kucyitaho cyane

Icyumba cyawe n’icyo kuryamamo ntabwo ari aho wimurira ibiro byawe cyangwa ukorera ibindi byose bitajyanye no kuruhuka ! Byaba byiza televiziyo itari mu cyumba, icyumba cyawe ntikibe ibiro byawe bindi aho usanga amadocuments, ibitabo n’ibindi bijagaraye mu cyumba,…

Hanyuma ku bijyanye n’uburiri nyirizina ni ngombwa ko uba uryama kuri matelas nziza itarashaje cyangwa se usanga ari matelas isakuza (nk’izifite rasoro zishaje), ubundi ngo matelas iba igomba guhindurwa byibuze buri myaka 10, ese iyawe imaze igihe cyingana iki?

5 – Ugerageze kutigora cyane utekereza ibintu byinshi

Ibikorwa bimwe na bimwe by’ubwenge cyangwa se bikoresha ubwonko cyane bituma ibitotsi nabyo bihangirikira niba wari unasanzwe ntabyo ugira.Wirinde kureba Televiziyo cyangwa n’amafilime, imikino yo kuri computer, n’ibindi bibazo byose waba ufite ukirinda kubitekerezaho cyane.

Ku bashatse bafite ingo ni byiza nanone ko birinda intonganya mbere yo kuryama kuko byose bituma urara nabi utekereza witsa imitima.

Twababwira iki rero, mugerageze muryame neza kandi musinzire neza, ninaho muzagira umusaruro mwiza mu byo mukora byose. Iyi nkuru yanditswe hifashishijwe : www.doctissimo.fr