Duhe ibitekerezo

Urashaka gutanga ibitekerezo?twandikire kuri iranzinone@yahoo.fr/iranzinejo@gmail.com



Murakoze

lundi 24 janvier 2011

Nubwo abakire atari abantu ariko nabo bafite ibibazo

Hanze aha heze imvugo ivuga ngo"abakire si abantu"aha umuntu yakwibaza ati "ese baba ari ibisimba ?"iyi ni imvugo y'abubu isa ni iy'abakuru ivuga ngo umukire akenera umutima akabaga inka yose agakuramo umutima gusa izindi nyama akaba yazihorera kuko atari azikeneye nawe se Kuki umukobwa w’ “umutunzi” atabona umugabo bimworoheye?

Mu minsi yashize naganiriye n’abakobwa mu mujyi wa Kigali kuri imwe mu myumvire ya kera ikigaragara muri iyi minsi, itakijyanye n’igihe tugezemo hamwe n’iterambera duharanira.

Nashakaga kumenya aho bageze mu iterambere ry’abakobwa rigeze, bambwira bishimye bati, imyumvire itangiye kugenda ihinduka gahoro gahoro, abokobwa/gore bo mu Rwanda nibo bambere benshi ku isi bari mu myanya y’ubuyobozi, abakobwa/gore benshi bajya mu mashuri bakaminuza, ubasanga mu mirimo inyuranye, kera yari ihariwe abagabo, nk’ubwubatsi n’ibindi....

Ariko hari utuntu duke na duke ugisanga mu bakobwa benshi bifuza kurushinga. Urugero bampaye ni uko igikunze kugaraga kenshi ari uko hari abakobwa/gore bake bigurira inzu cyangwa imodoka ku mafaranga yabo batararwubaka.

ubwo nari mbajije abo bagenzi banjye impamvu usanga muri iyi minsi, n’ubwo baba bafite ubushobozi, usanga ari bake bagura inzu cyangwa imodoka mbere y’uko bashaka abagabo.

Ku bwanjye nari naratekereje ko impamvu ari ubushobozi buke. Ariko maze kuvugana nabo nasanze ari ibindi. Benshi bahurije ku mpamvu imwe: bati : “ese umukobwa ugura inzu cyangwa imodoka atararongorwa yabona umugabo ate?” “ cyangwa se ni nde muhungu watinyuka kumurambagiza, amurusha amafaranga? “ Bati rero: “aho kugira ngo umukobwa ahure n’izo nzitizi zose mu kurushinga, yihitiramo kutagura iyo nzu cyangwa iyo modoka, ahubwo agategereza akaba yabigura aramutse arongowe?

Narumiwe cyane, nibaza aho kubaka urugo no kugira amafaranga bihuriye. Ese koko ibyo byari bikwiye kuba inzitizi mu kurushinga? Ese koko, umugore urusha umugabo we amafaranga, ntago arwubaka neza nk’utabimurusha? ? Ese kuki umuhungu we ukize, ufite amafaranga, we ashobora kurambagiza umukobwa utabifite? Ese urukundo rw’abashakanye ruhuriye he n’ibintu umuntu aba atunze? Ese ubwo ntiyaba ari imyumvire yari ikwiye guhinduka?

Njye mbona rero ibyo byose ari imyumvire itakijyanye n’igihe tugezemo hamwe n’iterambere rigezweho! Ahubwo njye mbona, kugira iyo mitungo ku mukobwa byari bikwiye kuba nk’ inkunga nziza ku muryango we.

Narangiza ngira inama abakobwa/gore bagenzi banjye, ko bari bakwiye kumva ko ntaho iyo myumvire ihuriye no kubaka urugo. Ahubwo ko icyangombwa ari urukundo ugirira mugenzi wawe, naho ibintu byo ni ibishakwa.

Ni byiza ko duhaguruka twese tukaba abakozi, tukarwanya ubunebwe kuko tubishoboye, bityo tukagera ku iterambere duharanira. Bagabo namwe mugifite imyumvire nk’iyo twavuze haruguru, mwari mukwiye kwishimira abakobwa/gore bafite ubutunzi aho gutinya kubarambagiza.

Hari ikifuzo cyangwa igitekerezo waba ufite kuri iyi nyandiko, twandire ahabigenewe kuri iyi website.

Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire