Duhe ibitekerezo

Urashaka gutanga ibitekerezo?twandikire kuri iranzinone@yahoo.fr/iranzinejo@gmail.com



Murakoze

samedi 9 avril 2011

Secheresse vaginale

Kutagira ububobere bw’ igitsina gore (Secheresse vaginale, Vaginal dryness) bishobora kuba ikibazo. Bitewe n’imico itandukanye hari aho bifatwa nka qualite hari n’aho bifatwa nk’inenge. Mu Rwanda rero akenshi bifatwa nk’inenge ndetse hari n’igihe bitera amakibirane hagati y’abashakanye.

Ni muri urwo rwego twegereye umuganga w’umu psychologue Magnus Gasana, akatuganiriza kuri iyo secheresse vaginale.

Ikibazo: Secheresse vaginale ni iki?

Magnus: Ni uburyo usanga igitsina gore kibura ububobere bwangombwa nk’abandi bakobwa cyangwa abagore basanzwe. secheresse vaginale iterwa n’iki? :

Biterwa n’Imiterere kamere y’umuntu aho imisemburo(hormones) idakora ubwo bubobere

Umuntu ntashobora kugira ikintu gituma agira secheresse vaginale kandi atariko yahoze?

Hari igihe umuntu ashobora kunyura mu bihe afite ibibazo (stress) bigatuma agira izo mpinduka ariko si kimwe n’uko ariko byaba ari karemano.

Hari n’imiti ishobora kubitera icyo gihe yakwegera abaganga bakamugira inama.

Niba akenshi ari karemano(naturel) hari ikintu umuntu agomba gukosora cyangwa wabyakira uko biri ?

Abantu benshi babifata nk’inenge cyangwa ubusembwa, bikaba intambara hagati yiumugabo n’umugore iyo umwe asanze undi atameze nk’uko abyifuza. Hakaba hari abicuza impavu batabimenye mbere yo gushaka. Iyo nenge rero iboneka nkaho atari nziza ishobora gusenyera bamwe mu bashakanye.

Bikemuka gute ?

Iyo ari ibibazo ufite mu mutwe biravurwa iyo wegereye abaganga

Iyo ari imisemburo ibura barayiguha mu miti bitewe n’uko muganga abisuzumye

Ni ryari umuntu yajya kwa muganga

Igihe cyose wumva ufite ikibazo gisa nk’icyo ntago watinda niyo cyaba kidakabije, akugira inama cyangwa akakwandikira imiti mu gihe ari ngombwa.

Ese abantu bakwifashisha lubrifiant sexuel?

Ni byiza kuyikoresha iyo muganga yayikwandikiye kuko benshi bayikoresha nabi bikaba byabatera ibindi bibazo.

Hari ikindi mwakongeraho ?

Hari ibyo abantu bashobora kwibeshyaho bakabyita secheresse vaginale kandi ari ukubera kutamenya imico itandukanye. Bishobora no guterwa no kutamenya gutegura umugore neza mbere y’imibonano mpuzabitsina, bikaba byakwitiranywa na secheresse vaginale kandi atari yo.

source:agasaro.com

Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire